Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki wo muri Congo imbere y’intumwa zivuye muri America yavuze Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki wo muri Congo imbere y’intumwa zivuye muri America yavuze Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe; ubwo yaganiraga n’Abashingamategeko bo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma iki Gihugu cye gishinja ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda.

Ni mu kiganiro Vital Kamerhe yagiranye na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America bari i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024.

Aba bashingamategeko ba Leta Zunze Ubumwe za America, bagiriye uruzinduko muri Congo, bagiye kureba uko ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bihagaze.

Mu kiganiro Kamerhe yagiranye n’aba Bashingamategeko ba America, yababwiye ko amahoro azagaruka mu Burasirazuba bwa Congo, ngo igihe ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda, zavuye ku butaka bw’iki Gihugu.

Kamerhe kandi yasabye Leta Zunze Ubumwe za America gusaba Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, gufataira ibihano u Rwanda na Uganda, ngo kuko hari raporo nyinshi zagaragaje ko ibi Bihugu bifite uruhare mu ntambara imaze igihe muri DRC.

Si ubwa mbere ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bushinje u Rwanda ibirego nk’ibi by’ibinyoma byo gufasha umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, gusa u Rwanda rukaba rwarabinyomoje kenshi.

Nanone kandi ubutegetsi bw’iki Gihugu bwakunze gusaba Imiryango mpuzamahanga gufatira ibihano iki Gihugu cy’Igituranyi, ariko ikakima amatwi.

Iri tsinda ry’abashingamategeko bo muri USA, ryari riyobowe na Brian Fitzpatrick, usanzwe ahagarariye Pennsylvanie mu Nteko Ishinga Amategeko, ndetse na Ambasaderi wa USA muri Congo Kinshasa, Lucy Tamlyn.

Brian Fitzpatrick, wari uyoboye izi ntumwa, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zizakomeza kuba hafi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Leta Zunze Ubumwe za America. Ni na yo mpamvu byari ingenzi ko Inteko Ishinga Amategeko yiyizira kureba ibikenewe mu bufatanye, mu rwego rwo kwagura imikoranire mu bikorw aby’ingenzi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twenty =

Previous Post

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

Related Posts

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje...

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y'amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.