Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Suedi Murekezi ufungiye muri Ukraine

Share on FacebookShare on Twitter

Suedi Murekezi wavukiye mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, wari umaze imyaka ibiri aba muri Ukraine, yafashwe n’abashyigikiye u Burusiya, ubu akaba afunganywe n’abarwanyi babiri b’Abanyamerika.

Byatangajwe n’abo mu muryango we ndetse n’itsinda ry’Abanyamerika b’abakorerabushake bashinzwe gutabara abafite ubwenegihugu bwa America,

The Guardian dukesha aya makuru, ivuga ko Suedi Murekezi w’imyaka 35, yafashwe mu kwezi gushize afatiwe mu Mujyi wa Kherson usanzwe uri mu maboko y’Abarusiya uherereye mu majyepfo ya Ukraine, akaba ahamaze imyaka ibiri ahatuye.

Umuvandimwe we witwa Sele Murekezi yavuze ko batewe impungenge n’ubuzima bw’uyu muvandimwe wabo, ati “Ikigaragara ari mu kaga.”

Uyu muvandimwe w’uyu wafashwe, avuga ko nyuma y’ukwezi batabasha kuvugana kuri Telefone, mu gitondo cya kare tariki 07 Nyakanga 2022, yamuhamagaye akamubwira ko afungiye ahitwa Donetsk mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Uyu Murekezi kandi yavuze ko afunganywe n’abandi banyamerika babiri ari bo Alexander Drueke na Andy Tai Ngoc Huynh, basanzwe ari abarwanyi bafashwe n’u Burusiya mu kwezi gushize.

Inshuti n’abo mu muryango wa Murekezi bavuga ko nta ruhare na ruto yigeze agira mu mirwano iri kubera muri Ukraine uretse kuba yari atuye nk’umuturage muri uyu mujyi wa Kherson yagezemo muri 2020.

Ubwo yahamagaraga umuvandimwe, Murekezi yamubwiye ko yafashwe ashinjwa ibirego by’ibihimbano ko yagize uruhare mu myigaragambyo y’abashyigikiye Ukraine mu gihe inshuti ze n’abo mu muryango we babyamaganira kure.

Umuvandimwe we Sele Murekezi yagize ati “Bari kumukoresha nk’umutego ku nyungu za propaganda yabo.”

Umuvugizi wa Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko bahangayikishiwe n’ifatwa rya Murengezi, gusa yirinze kugira byinshi abivugaho.

Murekezi yavukiye mu Rwanda mu 1985, aza guhungana n’umuryango we nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ubwo bajyaga muri Leta ya Minnesota, akaba yaratangiye kugirira ingendo muri Ukraine muri 2017 ku bw’impamvu z’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Next Post

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.