Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Suedi Murekezi ufungiye muri Ukraine

Share on FacebookShare on Twitter

Suedi Murekezi wavukiye mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, wari umaze imyaka ibiri aba muri Ukraine, yafashwe n’abashyigikiye u Burusiya, ubu akaba afunganywe n’abarwanyi babiri b’Abanyamerika.

Byatangajwe n’abo mu muryango we ndetse n’itsinda ry’Abanyamerika b’abakorerabushake bashinzwe gutabara abafite ubwenegihugu bwa America,

The Guardian dukesha aya makuru, ivuga ko Suedi Murekezi w’imyaka 35, yafashwe mu kwezi gushize afatiwe mu Mujyi wa Kherson usanzwe uri mu maboko y’Abarusiya uherereye mu majyepfo ya Ukraine, akaba ahamaze imyaka ibiri ahatuye.

Umuvandimwe we witwa Sele Murekezi yavuze ko batewe impungenge n’ubuzima bw’uyu muvandimwe wabo, ati “Ikigaragara ari mu kaga.”

Uyu muvandimwe w’uyu wafashwe, avuga ko nyuma y’ukwezi batabasha kuvugana kuri Telefone, mu gitondo cya kare tariki 07 Nyakanga 2022, yamuhamagaye akamubwira ko afungiye ahitwa Donetsk mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Uyu Murekezi kandi yavuze ko afunganywe n’abandi banyamerika babiri ari bo Alexander Drueke na Andy Tai Ngoc Huynh, basanzwe ari abarwanyi bafashwe n’u Burusiya mu kwezi gushize.

Inshuti n’abo mu muryango wa Murekezi bavuga ko nta ruhare na ruto yigeze agira mu mirwano iri kubera muri Ukraine uretse kuba yari atuye nk’umuturage muri uyu mujyi wa Kherson yagezemo muri 2020.

Ubwo yahamagaraga umuvandimwe, Murekezi yamubwiye ko yafashwe ashinjwa ibirego by’ibihimbano ko yagize uruhare mu myigaragambyo y’abashyigikiye Ukraine mu gihe inshuti ze n’abo mu muryango we babyamaganira kure.

Umuvandimwe we Sele Murekezi yagize ati “Bari kumukoresha nk’umutego ku nyungu za propaganda yabo.”

Umuvugizi wa Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko bahangayikishiwe n’ifatwa rya Murengezi, gusa yirinze kugira byinshi abivugaho.

Murekezi yavukiye mu Rwanda mu 1985, aza guhungana n’umuryango we nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ubwo bajyaga muri Leta ya Minnesota, akaba yaratangiye kugirira ingendo muri Ukraine muri 2017 ku bw’impamvu z’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Next Post

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.