Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Me Gatete aherutse muri DRC. Aha yari kumwe n'abarwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko Gatete Nyiringabo Ruhumuriza wari mu itsinda ryagiye muri Kishishe muri DRC ahahimbwe ikinyoma ko M23 yishe abaturage 131, yavuze ko ibyavuye mu bushashatsi n’icukumbura bakoze bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya kiriya Gihugu na MONUSCO, agaragaza umubare nyakuri w’abaturage baguye muri aka gace.

Uyu munyamategeko usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, mu kiganiro cyatambutse kuri RBA twifashishije mu kwandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, yavuze ko ubwo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na MONUSCO bagaragaza ko muri Kishishe hapfuye abaturage benshi bishwe na M23, yagerageje gushaka amakuru y’imvaho kuri ubu bwicanyi ariko akayabura.

Ibi byatumye yandikira Guverinoma ya Congo abaza amakuru arambuye kuri abo bantu biciwe Kishishe, ikamuha igisubizo gififitse ngo “Ngo urabona…”

Yanandikiye MONUSCO yo imusubiza ko nubwo yashyize hanze raporo ivuga ko muri Kishishe hiciwe abaturage 131 ariko yabikoze idafite inkuru y’impamo, ngo ibasubiza igira iti “Twebwe twabonye imibare ivugwa tuyigenderaho.”

Gatete uvuga ko atiyumvishaga uburyo umutwe wa M23 usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, wakwica bene wabo, akiyemeza we na bagenzi be kujya kwishakira amakuru mpamo kuri ubu bwicanyi.

Ubwo bajyaga kujya muri Kishishe, basabye M23 ko yabarindira umutekano kuko ari yo igenzura aka gace, ndetse ikanabibemerera.

Agaruka ku byagaragajwe n’ubushashatsi n’ikusanyamakuru byabo, yagize ati “Abantu bapfuye muri rusange ni abantu 19 barimo umunani (8) b’abasivile ariko na bo si abasivile kuko ni ho FDLR ituye, abagore bayo ni ho batuye…”

Yakomeje agira ati “Abandi 11 ni abarwanyi ba FARDC n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai. Abo umunani bagiye bashyingurwa imbere y’ingo zabo naho abarwanyi 11 bo bashyinguwe mu mva eshatu, imwe ishyingurwamo bane indi ishyingurwamo bane naho indi ishyingurwamo batatu.”

Mu makuru yari yatangajwe mbere, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo yavuga ko hapfuye abantu 300 mu gihe MONUSCO yo yavugaga ko hapfuye abantu 131, gusa izi mpande zombi nta na rumwe rwigeze rwigerera muri aka gace ka Kishishe nkuko byakozwe n’iri tsinda ririmo Umunyamategeko w’Umunyarwanda.

Me Gatete yavuze ko batunguwe n’ibyo babwiye n’abaturage ba Kishishe ko bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya DRC ndetse na MONUSCO bavugaga ko M23 yishe abana, abagore n’abagabo ngo irangije ishimuta abagore n’abana.

Ati “Mu byukuri nta mwana n’umwe wigeze upfa Kishishe, nta mugore n’umwe wapfuye Kishishe nta nzu n’imwe yigeze itwikwa, nta muntu wigeze ashimutwa, nta muntu wafashwe ku ngufu.”

Avuga ko hari n’ibibazo babazaga abaturage bakabahindura abasazi kuko bumva ari ubwa mbere bumvise ayo makuru mu matwi yabo, kandi ko ntawavuga ko ibyo bavuze baba barabitewe n’igitutu cyo kuba bararebaga abarwanyi ba M23 kuko uwabazwaga yajyanwaga ahantu hiherereye, agatanga amakuru yisanzuye.

Yavuze ko abaturage bose baganiriye bashimiraga umutwe wa M23 kuko kuva wacunga aka agace, babonye amahoro ndetse ko bavugaga ko bafite impungenge ko igihe uyu mutwe uzaba wahavuye bazagirirwa nabi n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai ndetse n’abasirikare ba FARDC.

Agaruka kuri ariya makuru anyuranye n’ukuri yatangajwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Me Gatete yavuze ko iki Gihugu cyayashyize hanze kigamije kuyobya uburari kubera ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yayahuje n’igitabo kiswe ‘Livre Blanc’ giherutse gusohorwa na Guverinoma y’iki Gihugu, avuga ko igitabo nk’iki cyanasohowe n’ubutegetsi bwariho butegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu rwego rwo kuyobobya uburari ku mahano bwateguraga ari na cyo cyatumye ubutegetsi bwa Kinshasa bugenda muri uwo mujyo.

Me Gatete mu minsi ishize yari muri Kishishe

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tumusiime Fred says:
    3 years ago

    Urumva wavugikyi ?
    Niko wavuga nyine gusa
    Uwakoherezayo utari kuruhande rwu Rwanda cg urwa
    Congo niwe wavuga ukuri..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Next Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.