Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Me Gatete aherutse muri DRC. Aha yari kumwe n'abarwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko Gatete Nyiringabo Ruhumuriza wari mu itsinda ryagiye muri Kishishe muri DRC ahahimbwe ikinyoma ko M23 yishe abaturage 131, yavuze ko ibyavuye mu bushashatsi n’icukumbura bakoze bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya kiriya Gihugu na MONUSCO, agaragaza umubare nyakuri w’abaturage baguye muri aka gace.

Uyu munyamategeko usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, mu kiganiro cyatambutse kuri RBA twifashishije mu kwandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, yavuze ko ubwo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na MONUSCO bagaragaza ko muri Kishishe hapfuye abaturage benshi bishwe na M23, yagerageje gushaka amakuru y’imvaho kuri ubu bwicanyi ariko akayabura.

Ibi byatumye yandikira Guverinoma ya Congo abaza amakuru arambuye kuri abo bantu biciwe Kishishe, ikamuha igisubizo gififitse ngo “Ngo urabona…”

Yanandikiye MONUSCO yo imusubiza ko nubwo yashyize hanze raporo ivuga ko muri Kishishe hiciwe abaturage 131 ariko yabikoze idafite inkuru y’impamo, ngo ibasubiza igira iti “Twebwe twabonye imibare ivugwa tuyigenderaho.”

Gatete uvuga ko atiyumvishaga uburyo umutwe wa M23 usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, wakwica bene wabo, akiyemeza we na bagenzi be kujya kwishakira amakuru mpamo kuri ubu bwicanyi.

Ubwo bajyaga kujya muri Kishishe, basabye M23 ko yabarindira umutekano kuko ari yo igenzura aka gace, ndetse ikanabibemerera.

Agaruka ku byagaragajwe n’ubushashatsi n’ikusanyamakuru byabo, yagize ati “Abantu bapfuye muri rusange ni abantu 19 barimo umunani (8) b’abasivile ariko na bo si abasivile kuko ni ho FDLR ituye, abagore bayo ni ho batuye…”

Yakomeje agira ati “Abandi 11 ni abarwanyi ba FARDC n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai. Abo umunani bagiye bashyingurwa imbere y’ingo zabo naho abarwanyi 11 bo bashyinguwe mu mva eshatu, imwe ishyingurwamo bane indi ishyingurwamo bane naho indi ishyingurwamo batatu.”

Mu makuru yari yatangajwe mbere, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo yavuga ko hapfuye abantu 300 mu gihe MONUSCO yo yavugaga ko hapfuye abantu 131, gusa izi mpande zombi nta na rumwe rwigeze rwigerera muri aka gace ka Kishishe nkuko byakozwe n’iri tsinda ririmo Umunyamategeko w’Umunyarwanda.

Me Gatete yavuze ko batunguwe n’ibyo babwiye n’abaturage ba Kishishe ko bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya DRC ndetse na MONUSCO bavugaga ko M23 yishe abana, abagore n’abagabo ngo irangije ishimuta abagore n’abana.

Ati “Mu byukuri nta mwana n’umwe wigeze upfa Kishishe, nta mugore n’umwe wapfuye Kishishe nta nzu n’imwe yigeze itwikwa, nta muntu wigeze ashimutwa, nta muntu wafashwe ku ngufu.”

Avuga ko hari n’ibibazo babazaga abaturage bakabahindura abasazi kuko bumva ari ubwa mbere bumvise ayo makuru mu matwi yabo, kandi ko ntawavuga ko ibyo bavuze baba barabitewe n’igitutu cyo kuba bararebaga abarwanyi ba M23 kuko uwabazwaga yajyanwaga ahantu hiherereye, agatanga amakuru yisanzuye.

Yavuze ko abaturage bose baganiriye bashimiraga umutwe wa M23 kuko kuva wacunga aka agace, babonye amahoro ndetse ko bavugaga ko bafite impungenge ko igihe uyu mutwe uzaba wahavuye bazagirirwa nabi n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai ndetse n’abasirikare ba FARDC.

Agaruka kuri ariya makuru anyuranye n’ukuri yatangajwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Me Gatete yavuze ko iki Gihugu cyayashyize hanze kigamije kuyobya uburari kubera ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yayahuje n’igitabo kiswe ‘Livre Blanc’ giherutse gusohorwa na Guverinoma y’iki Gihugu, avuga ko igitabo nk’iki cyanasohowe n’ubutegetsi bwariho butegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu rwego rwo kuyobobya uburari ku mahano bwateguraga ari na cyo cyatumye ubutegetsi bwa Kinshasa bugenda muri uwo mujyo.

Me Gatete mu minsi ishize yari muri Kishishe

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tumusiime Fred says:
    3 years ago

    Urumva wavugikyi ?
    Niko wavuga nyine gusa
    Uwakoherezayo utari kuruhande rwu Rwanda cg urwa
    Congo niwe wavuga ukuri..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Next Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.