Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Me Gatete aherutse muri DRC. Aha yari kumwe n'abarwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko Gatete Nyiringabo Ruhumuriza wari mu itsinda ryagiye muri Kishishe muri DRC ahahimbwe ikinyoma ko M23 yishe abaturage 131, yavuze ko ibyavuye mu bushashatsi n’icukumbura bakoze bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya kiriya Gihugu na MONUSCO, agaragaza umubare nyakuri w’abaturage baguye muri aka gace.

Uyu munyamategeko usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, mu kiganiro cyatambutse kuri RBA twifashishije mu kwandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, yavuze ko ubwo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na MONUSCO bagaragaza ko muri Kishishe hapfuye abaturage benshi bishwe na M23, yagerageje gushaka amakuru y’imvaho kuri ubu bwicanyi ariko akayabura.

Ibi byatumye yandikira Guverinoma ya Congo abaza amakuru arambuye kuri abo bantu biciwe Kishishe, ikamuha igisubizo gififitse ngo “Ngo urabona…”

Yanandikiye MONUSCO yo imusubiza ko nubwo yashyize hanze raporo ivuga ko muri Kishishe hiciwe abaturage 131 ariko yabikoze idafite inkuru y’impamo, ngo ibasubiza igira iti “Twebwe twabonye imibare ivugwa tuyigenderaho.”

Gatete uvuga ko atiyumvishaga uburyo umutwe wa M23 usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, wakwica bene wabo, akiyemeza we na bagenzi be kujya kwishakira amakuru mpamo kuri ubu bwicanyi.

Ubwo bajyaga kujya muri Kishishe, basabye M23 ko yabarindira umutekano kuko ari yo igenzura aka gace, ndetse ikanabibemerera.

Agaruka ku byagaragajwe n’ubushashatsi n’ikusanyamakuru byabo, yagize ati “Abantu bapfuye muri rusange ni abantu 19 barimo umunani (8) b’abasivile ariko na bo si abasivile kuko ni ho FDLR ituye, abagore bayo ni ho batuye…”

Yakomeje agira ati “Abandi 11 ni abarwanyi ba FARDC n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai. Abo umunani bagiye bashyingurwa imbere y’ingo zabo naho abarwanyi 11 bo bashyinguwe mu mva eshatu, imwe ishyingurwamo bane indi ishyingurwamo bane naho indi ishyingurwamo batatu.”

Mu makuru yari yatangajwe mbere, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo yavuga ko hapfuye abantu 300 mu gihe MONUSCO yo yavugaga ko hapfuye abantu 131, gusa izi mpande zombi nta na rumwe rwigeze rwigerera muri aka gace ka Kishishe nkuko byakozwe n’iri tsinda ririmo Umunyamategeko w’Umunyarwanda.

Me Gatete yavuze ko batunguwe n’ibyo babwiye n’abaturage ba Kishishe ko bihabanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya DRC ndetse na MONUSCO bavugaga ko M23 yishe abana, abagore n’abagabo ngo irangije ishimuta abagore n’abana.

Ati “Mu byukuri nta mwana n’umwe wigeze upfa Kishishe, nta mugore n’umwe wapfuye Kishishe nta nzu n’imwe yigeze itwikwa, nta muntu wigeze ashimutwa, nta muntu wafashwe ku ngufu.”

Avuga ko hari n’ibibazo babazaga abaturage bakabahindura abasazi kuko bumva ari ubwa mbere bumvise ayo makuru mu matwi yabo, kandi ko ntawavuga ko ibyo bavuze baba barabitewe n’igitutu cyo kuba bararebaga abarwanyi ba M23 kuko uwabazwaga yajyanwaga ahantu hiherereye, agatanga amakuru yisanzuye.

Yavuze ko abaturage bose baganiriye bashimiraga umutwe wa M23 kuko kuva wacunga aka agace, babonye amahoro ndetse ko bavugaga ko bafite impungenge ko igihe uyu mutwe uzaba wahavuye bazagirirwa nabi n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai ndetse n’abasirikare ba FARDC.

Agaruka kuri ariya makuru anyuranye n’ukuri yatangajwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Me Gatete yavuze ko iki Gihugu cyayashyize hanze kigamije kuyobya uburari kubera ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yayahuje n’igitabo kiswe ‘Livre Blanc’ giherutse gusohorwa na Guverinoma y’iki Gihugu, avuga ko igitabo nk’iki cyanasohowe n’ubutegetsi bwariho butegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu rwego rwo kuyobobya uburari ku mahano bwateguraga ari na cyo cyatumye ubutegetsi bwa Kinshasa bugenda muri uwo mujyo.

Me Gatete mu minsi ishize yari muri Kishishe

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tumusiime Fred says:
    2 years ago

    Urumva wavugikyi ?
    Niko wavuga nyine gusa
    Uwakoherezayo utari kuruhande rwu Rwanda cg urwa
    Congo niwe wavuga ukuri..

    Reply

Leave a Reply to Tumusiime Fred Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Next Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.