Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umusirikare afite ipeti rya Majoro mu ngabo za Leta yateguye ikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, ukekwaho kuyigiramo uruhare runini by’umwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi 30 bari kuri Paruwasi ya Mugina, yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buhorandi.

Byatangajwe n’Ubushinjacyaha bw’u Buholandi ko Pierre-Claver Karangwa w’imyaka 67 y’amavuko, yafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukwakira.

Yafashwe mu rwego rwo kugira ngo Abashinjacyaha bongere bakore iperereza ku ruhare akekwaho kugira muri Jenoside, nyuma y’uko muri Kamena umwaka ushize Urukiko rw’Ikirenga rw’u Buholandi rwari rwafashe icyemezo ko adashobora koherezwa mu Rwanda.

Karangwa akekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside, by’umwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi 30 biciwe kuri Paruwasi ya Mugina ahahoze ari muri Komini Mugina, ubu ni mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi.

U Rwanda rwakunze gusaba ko uyu Karangwa atabwa muri yombi ndetse akoherezwa, kuva muri 2012, ariko mu rubanza yaburanagamo ku koherezwa mu Rwanda, mu kwezi k’Ukuboza 2022, Karangwa yahakanye ibyaha ashinjwa.

Uyu Munyarwanda uba mu Buholandi kuva mu mwaka w’ 1998, yaje kwamburwa ubwenegihugu bw’u Buholandi kubera ibi birego bya Jenoside akekwaho, ndetse bikaba byarabonwaga nk’uburyo bwatuma yoherezwa mu Rwanda, mu gihe Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko atoherezwa.

Ubushinjacyaha bw’u Buholandi, butangaza ko Karangwa akekwaho kugira uruhare mu itwikwa ry’inzu yari irimo abantu benshi biganjemo abagore n’abana, ubwo hagabwaga igitero kuri Paruwasi ya Mugina.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2022, uyu Karangwa yari yafashwe n’ubundi na Polisi y’u Buholandi, yari yamufatiwe mu gace ka Ermelo, hagendewe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda.

U Buholandi ni kimwe mu Bihugu by’i Burayi bikomeje kugaragaza imbaraga mu gutuma Abanyarwanda bariyo bakekwaho Jenoside bagezwa imbere y’Ubutabera dore ko bumaze no kohereza bamwe.

Umwaka ushize, ubutabera bw’iki Gihugu bwohereje Venant Rutunga waje akurikira abandi barimo Jean Baptiste Mugimba na Jean Claude Iyamuremye boherejwe muri 2016.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane

Next Post

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.