Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umusirikare afite ipeti rya Majoro mu ngabo za Leta yateguye ikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, ukekwaho kuyigiramo uruhare runini by’umwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi 30 bari kuri Paruwasi ya Mugina, yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buhorandi.

Byatangajwe n’Ubushinjacyaha bw’u Buholandi ko Pierre-Claver Karangwa w’imyaka 67 y’amavuko, yafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukwakira.

Yafashwe mu rwego rwo kugira ngo Abashinjacyaha bongere bakore iperereza ku ruhare akekwaho kugira muri Jenoside, nyuma y’uko muri Kamena umwaka ushize Urukiko rw’Ikirenga rw’u Buholandi rwari rwafashe icyemezo ko adashobora koherezwa mu Rwanda.

Karangwa akekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside, by’umwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi 30 biciwe kuri Paruwasi ya Mugina ahahoze ari muri Komini Mugina, ubu ni mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi.

U Rwanda rwakunze gusaba ko uyu Karangwa atabwa muri yombi ndetse akoherezwa, kuva muri 2012, ariko mu rubanza yaburanagamo ku koherezwa mu Rwanda, mu kwezi k’Ukuboza 2022, Karangwa yahakanye ibyaha ashinjwa.

Uyu Munyarwanda uba mu Buholandi kuva mu mwaka w’ 1998, yaje kwamburwa ubwenegihugu bw’u Buholandi kubera ibi birego bya Jenoside akekwaho, ndetse bikaba byarabonwaga nk’uburyo bwatuma yoherezwa mu Rwanda, mu gihe Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko atoherezwa.

Ubushinjacyaha bw’u Buholandi, butangaza ko Karangwa akekwaho kugira uruhare mu itwikwa ry’inzu yari irimo abantu benshi biganjemo abagore n’abana, ubwo hagabwaga igitero kuri Paruwasi ya Mugina.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2022, uyu Karangwa yari yafashwe n’ubundi na Polisi y’u Buholandi, yari yamufatiwe mu gace ka Ermelo, hagendewe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda.

U Buholandi ni kimwe mu Bihugu by’i Burayi bikomeje kugaragaza imbaraga mu gutuma Abanyarwanda bariyo bakekwaho Jenoside bagezwa imbere y’Ubutabera dore ko bumaze no kohereza bamwe.

Umwaka ushize, ubutabera bw’iki Gihugu bwohereje Venant Rutunga waje akurikira abandi barimo Jean Baptiste Mugimba na Jean Claude Iyamuremye boherejwe muri 2016.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane

Next Post

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.