Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
7
Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Film Nsabimana Eric wamenyekanye nka Dogiteri Nsabi uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje uburyo impanuka aherutse kugira yamusize.

Dogiteri Nsabi na mugenzi we Bijiyobija basanzwe bakinana muri film zisekeje, mu mpera z’ukwezi gushize, mu ijoro ryo ku ya 21 Mata 2024, bakoreye impanuka ahitwa Kivuruga ubwo bari bavuye mu Karere ka Musanze bakomokamo, berecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’iyi mpanuka ikomeye yakozwe n’imodoka yari ibatwaye, bombi bahise bajyanwa mu Bitaro bya Nemba kugira ngo bitabweho dore ko bari bakomeretse bikabije.

Uyu munyarwenya Dogiteri Nsabi yari aherutse kugaragaza ko yapfutswe ku kaguru, akoresheje ifoto yari iherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Mana warakoze kundinda, ndagushimye, uri Imana ikomeye.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, yongeye kugaragaza uko iyi mpanuka yamusize, akoresheje ifoto igaragaza mu isura ye.

Ubutumwa buherekeje iyi foto igaragaza isura ya Dogiteri Nsabi ko yangiritse cyane ndetse afite igipfuko mu mutwe, no kuba yaragiye adodwa ibice bitandukanye nk’umunwa, yagize ati “Amashimwe abe ay’Iyera gusa.”

Nyuma y’iyi mpanuka, Dogiteri Nsabi, yari yatangaje ko yari ikomeye, ndetse ko bakomeretse bikabije, bakaza guhita bajyanwa mu Bitaro bya Nemba, ariko baza gusezererwa bucyeye.

Dogiteri Nsabi ni umwe mu banyarwenya bagezweho mu Rwanda
Yagaragaje uko isura ye yangiritse nyuma y’impanuka aherutse gukora

RADIOTV10

Comments 7

  1. Salumu kanakuze says:
    2 years ago

    Pole kabisa imana yarahabaye mukomeze kwihangana bavandimwe

    Reply
  2. Muhawenimana says:
    2 years ago

    Pole comedien,
    Bijiyobija sewe amerewe ate

    Reply
  3. Irakoze Olivier says:
    2 years ago

    Yooooo mwihangane ncuti,rwose turabakund kunda turabafana.gusa mubishatse mwazampuza nawe kuko nanjye mfite impano.kandi nkuko yazamutse,nawe yazamura abandi.0781049761.

    Reply
  4. Nyandwi Innocent says:
    2 years ago

    Ihangane nsabi wacu uraza kumera neza

    Reply
  5. Nshuti Alain says:
    2 years ago

    Yoooo mukomeze kwihangana ncuti zacu kdi muhumure muzacyira

    Reply
  6. Bernadette says:
    2 years ago

    Be patelient

    Reply
  7. Liliane says:
    2 years ago

    Yooooow nukuri Iman yakoze cyan kuba yabarinze kwer knd bakomere azakira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twelve =

Previous Post

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Next Post

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.