Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
7
Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Film Nsabimana Eric wamenyekanye nka Dogiteri Nsabi uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje uburyo impanuka aherutse kugira yamusize.

Dogiteri Nsabi na mugenzi we Bijiyobija basanzwe bakinana muri film zisekeje, mu mpera z’ukwezi gushize, mu ijoro ryo ku ya 21 Mata 2024, bakoreye impanuka ahitwa Kivuruga ubwo bari bavuye mu Karere ka Musanze bakomokamo, berecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’iyi mpanuka ikomeye yakozwe n’imodoka yari ibatwaye, bombi bahise bajyanwa mu Bitaro bya Nemba kugira ngo bitabweho dore ko bari bakomeretse bikabije.

Uyu munyarwenya Dogiteri Nsabi yari aherutse kugaragaza ko yapfutswe ku kaguru, akoresheje ifoto yari iherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Mana warakoze kundinda, ndagushimye, uri Imana ikomeye.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, yongeye kugaragaza uko iyi mpanuka yamusize, akoresheje ifoto igaragaza mu isura ye.

Ubutumwa buherekeje iyi foto igaragaza isura ya Dogiteri Nsabi ko yangiritse cyane ndetse afite igipfuko mu mutwe, no kuba yaragiye adodwa ibice bitandukanye nk’umunwa, yagize ati “Amashimwe abe ay’Iyera gusa.”

Nyuma y’iyi mpanuka, Dogiteri Nsabi, yari yatangaje ko yari ikomeye, ndetse ko bakomeretse bikabije, bakaza guhita bajyanwa mu Bitaro bya Nemba, ariko baza gusezererwa bucyeye.

Dogiteri Nsabi ni umwe mu banyarwenya bagezweho mu Rwanda
Yagaragaje uko isura ye yangiritse nyuma y’impanuka aherutse gukora

RADIOTV10

Comments 7

  1. Salumu kanakuze says:
    2 years ago

    Pole kabisa imana yarahabaye mukomeze kwihangana bavandimwe

    Reply
  2. Muhawenimana says:
    2 years ago

    Pole comedien,
    Bijiyobija sewe amerewe ate

    Reply
  3. Irakoze Olivier says:
    2 years ago

    Yooooo mwihangane ncuti,rwose turabakund kunda turabafana.gusa mubishatse mwazampuza nawe kuko nanjye mfite impano.kandi nkuko yazamutse,nawe yazamura abandi.0781049761.

    Reply
  4. Nyandwi Innocent says:
    2 years ago

    Ihangane nsabi wacu uraza kumera neza

    Reply
  5. Nshuti Alain says:
    2 years ago

    Yoooo mukomeze kwihangana ncuti zacu kdi muhumure muzacyira

    Reply
  6. Bernadette says:
    2 years ago

    Be patelient

    Reply
  7. Liliane says:
    2 years ago

    Yooooow nukuri Iman yakoze cyan kuba yabarinze kwer knd bakomere azakira

    Reply

Leave a Reply to Liliane Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Next Post

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Related Posts

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
17/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be baregwa mu rubanza ruregwamo abakurikiranyweho ibyaha birimo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi ‘Yampano’...

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

by radiotv10
17/02/2026
0

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uzwi nka ‘Oswakim’ n’umukinnyi wa Filimi Kalisa Ernest uzwi nka ‘Samusure’ bahuriye mu kiganiro nyuma yuko uyu...

Simple office wear that looks smart and elegant

Simple office wear that looks smart and elegant

by radiotv10
17/02/2026
0

Dressing for the office doesn’t have to mean sacrificing style. Modest outfits can make you look professional, confident, and comfortable...

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

by radiotv10
17/02/2026
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka...

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
16/02/2026
0

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire...

IZIHERUKA

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge
MU RWANDA

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

by radiotv10
18/02/2026
0

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

18/02/2026
Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

17/02/2026
Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

17/02/2026
AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

17/02/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

17/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.