Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwenya ukomeye muri Afurika wihebeye u Rwanda yasubije abamubaza Umukandida wo gutorera kuruyobora

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria Kingsley Ogbonna uzwi nka Doctall Kingsley uri mu bakomeye ku Mugabane wa Afurika ukunze kuvuga ko ari Umunyarwanda akaba yaranibatije izina ry’irinyarwanda, yavuze ko abari kumubaza umukandida wo gutorera kuyobora u Rwanda, nta gisubizo yabaha, ahubwo ko na bo ubwabo bagifite.

Uyu munyarwenya, ni umwe mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga, aho akunze kugaragara mu mashusho asekeje, akunze kuvuga ko yamaze kuba Umunyarwanda ndetse akaba yariyise ‘Ntakirutimana’.

Yigeze kugaragara mu mashusho na yo y’urwenya, aho yavugaga ko Perezida Paul Kagame ari umubyeyi we ndetse ko uyu munyarwenya ajya yurira rutemikirere aje kureba Umukuru w’u Rwanda, ndetse ko bakunze kuganira.

Nanone yagaragaye mu yandi mashusho, aho aba yibaza Perezida wa mbere w’intangarugero muri Afurika, aho yavuze ko ntawahiga Paul Kagame, kubera iterambere yagejeje ku Banyarwanda.

Mu mashusho y’urwenya yashyize hanze kuri uyu wa Mbere, Doctall Kingsley; yavuze ko amaze iminsi yakira ubutumwa bw’abamubaza ngo “Ntakirutimana, tubwire umukandida tuzatora mu matora agiye kuba.”

Ati “Nkavuga nti ‘ariko ubundi ndinde wo kubawira uwo muzatora?, mubona nsa n’umunyapolitiki? Ntabwo ndi umunyapolitili.”

View this post on Instagram

A post shared by Kingsley Ogbonna (@doctall_kingsley)

Muri aya mashusho, Doctall Kingsley aba ari kwambara ishati y’ubururu iriho ibirango by’Umuryango FPR-Inkotanyi yatanzemo Perezida Paul Kagame umukandida mu matora azaba muri uku kwezi twatangiye, ndetse n’ingofero yanditseho PK.

Ati “Byaba ari ikosa mbabwiye uwo muzatora, mwagakwiye kuba muzi uwo muzatora, nk’umuturage w’Umunyarwanda, kuko aha ni ahazaza hanyu, niba utazi uwo uzatora nk’Umunyarwanda, waba utazi ibyo turimo. Igihe amatora azaba ugomba gutora Umukandida mwiza utagereranywa.”

Muri aya mashusho, uyu munyarwenya, aho aba arangirije kwambara ishati ya FPR-Inkotanyi n’ingofero yanditse PK, asoza agira ati “Ntabwo mbabwiye uwo muzatora, ubwo se mwaba muyobowe uwo muzatora? Murebe mu gituza cyanjye [akomanga ku kirango cya FPR]…”

Doctall Kingsley wiyise Ntakirutimana, atangaje ibi habura ibyumweru bibiri ngo Abanyarwanda binjire mu gikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame amaze iminsi ajya mu bice bitandukanye by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza, abaturage bakamugaragariza imbamutima zabo z’ibyo yabagejejeho, bakanamwizeza ko bazamutora 100%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Next Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.