Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwenya ukomeye muri Afurika wihebeye u Rwanda yasubije abamubaza Umukandida wo gutorera kuruyobora

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria Kingsley Ogbonna uzwi nka Doctall Kingsley uri mu bakomeye ku Mugabane wa Afurika ukunze kuvuga ko ari Umunyarwanda akaba yaranibatije izina ry’irinyarwanda, yavuze ko abari kumubaza umukandida wo gutorera kuyobora u Rwanda, nta gisubizo yabaha, ahubwo ko na bo ubwabo bagifite.

Uyu munyarwenya, ni umwe mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga, aho akunze kugaragara mu mashusho asekeje, akunze kuvuga ko yamaze kuba Umunyarwanda ndetse akaba yariyise ‘Ntakirutimana’.

Yigeze kugaragara mu mashusho na yo y’urwenya, aho yavugaga ko Perezida Paul Kagame ari umubyeyi we ndetse ko uyu munyarwenya ajya yurira rutemikirere aje kureba Umukuru w’u Rwanda, ndetse ko bakunze kuganira.

Nanone yagaragaye mu yandi mashusho, aho aba yibaza Perezida wa mbere w’intangarugero muri Afurika, aho yavuze ko ntawahiga Paul Kagame, kubera iterambere yagejeje ku Banyarwanda.

Mu mashusho y’urwenya yashyize hanze kuri uyu wa Mbere, Doctall Kingsley; yavuze ko amaze iminsi yakira ubutumwa bw’abamubaza ngo “Ntakirutimana, tubwire umukandida tuzatora mu matora agiye kuba.”

Ati “Nkavuga nti ‘ariko ubundi ndinde wo kubawira uwo muzatora?, mubona nsa n’umunyapolitiki? Ntabwo ndi umunyapolitili.”

View this post on Instagram

A post shared by Kingsley Ogbonna (@doctall_kingsley)

Muri aya mashusho, Doctall Kingsley aba ari kwambara ishati y’ubururu iriho ibirango by’Umuryango FPR-Inkotanyi yatanzemo Perezida Paul Kagame umukandida mu matora azaba muri uku kwezi twatangiye, ndetse n’ingofero yanditseho PK.

Ati “Byaba ari ikosa mbabwiye uwo muzatora, mwagakwiye kuba muzi uwo muzatora, nk’umuturage w’Umunyarwanda, kuko aha ni ahazaza hanyu, niba utazi uwo uzatora nk’Umunyarwanda, waba utazi ibyo turimo. Igihe amatora azaba ugomba gutora Umukandida mwiza utagereranywa.”

Muri aya mashusho, uyu munyarwenya, aho aba arangirije kwambara ishati ya FPR-Inkotanyi n’ingofero yanditse PK, asoza agira ati “Ntabwo mbabwiye uwo muzatora, ubwo se mwaba muyobowe uwo muzatora? Murebe mu gituza cyanjye [akomanga ku kirango cya FPR]…”

Doctall Kingsley wiyise Ntakirutimana, atangaje ibi habura ibyumweru bibiri ngo Abanyarwanda binjire mu gikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame amaze iminsi ajya mu bice bitandukanye by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza, abaturage bakamugaragariza imbamutima zabo z’ibyo yabagejejeho, bakanamwizeza ko bazamutora 100%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Next Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.