Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwenya ukomeye muri Afurika wihebeye u Rwanda yasubije abamubaza Umukandida wo gutorera kuruyobora

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria Kingsley Ogbonna uzwi nka Doctall Kingsley uri mu bakomeye ku Mugabane wa Afurika ukunze kuvuga ko ari Umunyarwanda akaba yaranibatije izina ry’irinyarwanda, yavuze ko abari kumubaza umukandida wo gutorera kuyobora u Rwanda, nta gisubizo yabaha, ahubwo ko na bo ubwabo bagifite.

Uyu munyarwenya, ni umwe mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga, aho akunze kugaragara mu mashusho asekeje, akunze kuvuga ko yamaze kuba Umunyarwanda ndetse akaba yariyise ‘Ntakirutimana’.

Yigeze kugaragara mu mashusho na yo y’urwenya, aho yavugaga ko Perezida Paul Kagame ari umubyeyi we ndetse ko uyu munyarwenya ajya yurira rutemikirere aje kureba Umukuru w’u Rwanda, ndetse ko bakunze kuganira.

Nanone yagaragaye mu yandi mashusho, aho aba yibaza Perezida wa mbere w’intangarugero muri Afurika, aho yavuze ko ntawahiga Paul Kagame, kubera iterambere yagejeje ku Banyarwanda.

Mu mashusho y’urwenya yashyize hanze kuri uyu wa Mbere, Doctall Kingsley; yavuze ko amaze iminsi yakira ubutumwa bw’abamubaza ngo “Ntakirutimana, tubwire umukandida tuzatora mu matora agiye kuba.”

Ati “Nkavuga nti ‘ariko ubundi ndinde wo kubawira uwo muzatora?, mubona nsa n’umunyapolitiki? Ntabwo ndi umunyapolitili.”

View this post on Instagram

A post shared by Kingsley Ogbonna (@doctall_kingsley)

Muri aya mashusho, Doctall Kingsley aba ari kwambara ishati y’ubururu iriho ibirango by’Umuryango FPR-Inkotanyi yatanzemo Perezida Paul Kagame umukandida mu matora azaba muri uku kwezi twatangiye, ndetse n’ingofero yanditseho PK.

Ati “Byaba ari ikosa mbabwiye uwo muzatora, mwagakwiye kuba muzi uwo muzatora, nk’umuturage w’Umunyarwanda, kuko aha ni ahazaza hanyu, niba utazi uwo uzatora nk’Umunyarwanda, waba utazi ibyo turimo. Igihe amatora azaba ugomba gutora Umukandida mwiza utagereranywa.”

Muri aya mashusho, uyu munyarwenya, aho aba arangirije kwambara ishati ya FPR-Inkotanyi n’ingofero yanditse PK, asoza agira ati “Ntabwo mbabwiye uwo muzatora, ubwo se mwaba muyobowe uwo muzatora? Murebe mu gituza cyanjye [akomanga ku kirango cya FPR]…”

Doctall Kingsley wiyise Ntakirutimana, atangaje ibi habura ibyumweru bibiri ngo Abanyarwanda binjire mu gikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame amaze iminsi ajya mu bice bitandukanye by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza, abaturage bakamugaragariza imbamutima zabo z’ibyo yabagejejeho, bakanamwizeza ko bazamutora 100%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Next Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Related Posts

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.