• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in MU RWANDA
0
Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo na Perezida w’iki Gihugu, Abdel Fattah El-Sisi.

Aya mahugurwa yasojwe kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukwakira, yari yitabirwe n’Abapolisi b’u Rwanda barindwi bo ku rwego rwa ofisiye.

Ni ibyiciro bine by’amahugurwa yaberaga mu Ishuri rikuru rya Polisi ya Misiri riherereye mu murwa mukuru Cairo mu gihe cy’ibyumweru umunani.

Amahugurwa arebana n’Uburenganzira bwa Muntu n’imikoranire ya Polisi n’abaturage mu gukumira ibyaha yitabiriwe n’abapolisi babiri; Inspector of Police (IP) Emmanuel Gahigana na Assistant Inspector of Police (AIP) Jean de Dieu Tuyisenge, amahugurwa yo guhangana n’ibibazo by’umutekano yitabirwa na IP Jonathan Uwindamutsa.

Hari kandi amahugurwa ajyanye no guhangana n’iterabwoba ku rwego mpuzamahanga yitabiriwe n’abapolisi babiri aribo; Chief Inspector of Police (CIP) Eric Shyaka na AIP Enock Rukundo ndetse n’icyiciro cy’amahugurwa ajyanye no kuzamura urwego mu by’ubuyobozi n ayo yitabiriwe n’abapolisi babiri; CIP Enock Nkorerimana na CIP Byiringiro Mutijima.

Abahize abandi muri buri cyiciro cy’amahugurwa, bashyikirijwe ibihembo na Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi barimo n’umupolisi w’u Rwanda IP Emmanuel Gahigana, mu muhango wo gusoza amahugurwa y’abinjijwe muri Polisi ku rwego rwa ba ofisiye bato (Cadet Course) wabereye kuri iryo shuri mu cyumweru gishize.

Amahugurwa atandukanye akorwa n’abapolisi imbere mu gihugu no hanze yacyo, ni imwe muri gahunda z’ibanze Polisi y’u Rwanda ishyiramo imbaraga, mu rwego rwo kuzamura ubumenyi bw’abapolisi n’ubushobozi hagamijwe kurushaho gukora kinyamwuga no gushimangira umubano n’ubufatanye hagati ya Polisi n’izindi nzego z’umutekano ku rwego mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + twenty =

Previous Post

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Next Post

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.