Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

radiotv10by radiotv10
18/03/2022
in MU RWANDA
0
Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’abantu 8 w’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, uvuga ko ushaririwe n’imibereho kubera inzu babamo y’icyumba kimwe na yo idashinga. 

Uwamahoro Delphine ubana n’umugabo we n’abana batandatu, yabwiye RADIOTV10 ko baba mu nzu y’icyumba kimwe na yo idashinga kuko yenda kubagwaho ndetse ko iyo imvura iguye barimo banyagirwa.

Uyu mubyeyi uvuga ko iyi nzu babamo ari urwina, avuga ko muri ibi bihe imvura iri kugwa, arara asenga kuko iyo haje umuyaga baba bafite ubwoba ko ibagwaho.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze no mu nzu y’uyu muryango, yasanze harimo uburiri bwubakishije ibiti [buzwi nk’urutara] buraraho ababyeyi naho imbere yabwo hakaba ubundi bushashe hasi buraraho abana.

Uwamahoro Delphine avuga ko ubuzima bubashaririye

Uwamahoro Delphine ati “Nubatsemo agatara kugira ngo umugore n’umugabo n’abana babiri bajye hejuru abandi bakajya hasi, udukono nkaduherereza ku ruhande rumwe.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba mu biborohera gutera akabariro kubera kurarana n’abana, amusubiza agira ati “Iby’akabariro byo…yewe aho ho sinabyinjiramo cyane…tubikora nka saa sita z’ijoro cyangwa saa saba basinziriye.”

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye ndetse ko hari umuyobozi uherutse kumusura akaza agafata amafoto y’iyi nzu ubundi akigendera akaba amuheruka ubwo.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko na bo bawuhangayikiye kuko babona ubayeho nabi kandi nta bushobozi bafite bwo kuba bakwivana muri iyi mibereho.

Umwe yagize ati “Afite utwana, ntaho agira ngo afite akarima ahinga usibye guca incuro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jerome avuga ko ikibazo cy’uyu muryango bakizi ariko ko atari wo wonyine ukeneye ubufasha ahubwo ko ugisangiye n’indi miryango igera mu 160 kandi ko batangiye inzira yo kububakira.

Uyu muyobozi avuga ko hari inzu 30 ziri kubakirwa iyi miryango itishoboye kandi ko nizuzura hazubakwa izindi kandi ko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira zaruzuye.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwihaye intego ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022, hazubakwa inzu 1 200 zisimbura izimeze nka nyakatsi zisanzwe ziri muri aka Karere.

Aho barara ni na ho batekera ni na ho habitse ibikoresho byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

AMAFOTO: Ycee na Jaywillz twabakiriye bongera gukurira ingofero Kigali

Next Post

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.