Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

radiotv10by radiotv10
18/03/2022
in MU RWANDA
0
Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’abantu 8 w’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, uvuga ko ushaririwe n’imibereho kubera inzu babamo y’icyumba kimwe na yo idashinga. 

Uwamahoro Delphine ubana n’umugabo we n’abana batandatu, yabwiye RADIOTV10 ko baba mu nzu y’icyumba kimwe na yo idashinga kuko yenda kubagwaho ndetse ko iyo imvura iguye barimo banyagirwa.

Uyu mubyeyi uvuga ko iyi nzu babamo ari urwina, avuga ko muri ibi bihe imvura iri kugwa, arara asenga kuko iyo haje umuyaga baba bafite ubwoba ko ibagwaho.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze no mu nzu y’uyu muryango, yasanze harimo uburiri bwubakishije ibiti [buzwi nk’urutara] buraraho ababyeyi naho imbere yabwo hakaba ubundi bushashe hasi buraraho abana.

Uwamahoro Delphine avuga ko ubuzima bubashaririye

Uwamahoro Delphine ati “Nubatsemo agatara kugira ngo umugore n’umugabo n’abana babiri bajye hejuru abandi bakajya hasi, udukono nkaduherereza ku ruhande rumwe.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba mu biborohera gutera akabariro kubera kurarana n’abana, amusubiza agira ati “Iby’akabariro byo…yewe aho ho sinabyinjiramo cyane…tubikora nka saa sita z’ijoro cyangwa saa saba basinziriye.”

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye ndetse ko hari umuyobozi uherutse kumusura akaza agafata amafoto y’iyi nzu ubundi akigendera akaba amuheruka ubwo.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko na bo bawuhangayikiye kuko babona ubayeho nabi kandi nta bushobozi bafite bwo kuba bakwivana muri iyi mibereho.

Umwe yagize ati “Afite utwana, ntaho agira ngo afite akarima ahinga usibye guca incuro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jerome avuga ko ikibazo cy’uyu muryango bakizi ariko ko atari wo wonyine ukeneye ubufasha ahubwo ko ugisangiye n’indi miryango igera mu 160 kandi ko batangiye inzira yo kububakira.

Uyu muyobozi avuga ko hari inzu 30 ziri kubakirwa iyi miryango itishoboye kandi ko nizuzura hazubakwa izindi kandi ko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira zaruzuye.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwihaye intego ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022, hazubakwa inzu 1 200 zisimbura izimeze nka nyakatsi zisanzwe ziri muri aka Karere.

Aho barara ni na ho batekera ni na ho habitse ibikoresho byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − six =

Previous Post

AMAFOTO: Ycee na Jaywillz twabakiriye bongera gukurira ingofero Kigali

Next Post

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.