Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

radiotv10by radiotv10
18/03/2022
in MU RWANDA
0
Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’abantu 8 w’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, uvuga ko ushaririwe n’imibereho kubera inzu babamo y’icyumba kimwe na yo idashinga. 

Uwamahoro Delphine ubana n’umugabo we n’abana batandatu, yabwiye RADIOTV10 ko baba mu nzu y’icyumba kimwe na yo idashinga kuko yenda kubagwaho ndetse ko iyo imvura iguye barimo banyagirwa.

Uyu mubyeyi uvuga ko iyi nzu babamo ari urwina, avuga ko muri ibi bihe imvura iri kugwa, arara asenga kuko iyo haje umuyaga baba bafite ubwoba ko ibagwaho.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze no mu nzu y’uyu muryango, yasanze harimo uburiri bwubakishije ibiti [buzwi nk’urutara] buraraho ababyeyi naho imbere yabwo hakaba ubundi bushashe hasi buraraho abana.

Uwamahoro Delphine avuga ko ubuzima bubashaririye

Uwamahoro Delphine ati “Nubatsemo agatara kugira ngo umugore n’umugabo n’abana babiri bajye hejuru abandi bakajya hasi, udukono nkaduherereza ku ruhande rumwe.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba mu biborohera gutera akabariro kubera kurarana n’abana, amusubiza agira ati “Iby’akabariro byo…yewe aho ho sinabyinjiramo cyane…tubikora nka saa sita z’ijoro cyangwa saa saba basinziriye.”

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye ndetse ko hari umuyobozi uherutse kumusura akaza agafata amafoto y’iyi nzu ubundi akigendera akaba amuheruka ubwo.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko na bo bawuhangayikiye kuko babona ubayeho nabi kandi nta bushobozi bafite bwo kuba bakwivana muri iyi mibereho.

Umwe yagize ati “Afite utwana, ntaho agira ngo afite akarima ahinga usibye guca incuro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jerome avuga ko ikibazo cy’uyu muryango bakizi ariko ko atari wo wonyine ukeneye ubufasha ahubwo ko ugisangiye n’indi miryango igera mu 160 kandi ko batangiye inzira yo kububakira.

Uyu muyobozi avuga ko hari inzu 30 ziri kubakirwa iyi miryango itishoboye kandi ko nizuzura hazubakwa izindi kandi ko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira zaruzuye.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwihaye intego ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022, hazubakwa inzu 1 200 zisimbura izimeze nka nyakatsi zisanzwe ziri muri aka Karere.

Aho barara ni na ho batekera ni na ho habitse ibikoresho byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Ycee na Jaywillz twabakiriye bongera gukurira ingofero Kigali

Next Post

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Umunyamakuru yishimiye gukinana umupira na Brian Kagame, benshi bamukurira ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.