Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wavuze ko ufite impungenge ku mutekano wo muri Kivu ya Ruguru muri DRC, igihe ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zizaba zihavuye ndetse unavuga ko ubona abategetsi b’iki Gihugu badaha uburemere bukwiye ibibazo bimaze igihe mu Burasirazuba bwacyo.

Byatangajwe na Komisero w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ushinzwe kurengera abasivile n’imicungiro y’imvururu, Janez Lenarcic; ubwo yasozaga uruzinduko rwe i Goma.

Janez Lenarcic yagaragaje ko hari impungenge zikomeye ku ishusho y’umutekano n’ibikorwa by’ubutabazi muri aka gace kamaze igihe kagaragaramo ibibazo by’umutekano muri Congo.

Yagize ati “Niba MONUSCO igomba gutaha, bikwiye gukorwa mu nzira nziza. I Goma nahuye na Guverineri w’urwego rwa gisirikare wangaragarije uko umutekano wifashe mu Ntara ya Kivu ya Ruguru. Kandi uko bigaragara ntiwifashe neza, ahubwo ni bwo ukomeje kuba mubi cyane.”

Janez Lenarcic wari kumwe kandi na Guverineri w’iyi Ntara, ndetse n’abayobozi banyuranye muri MONUSCO n’abo mu Miryango itabara imbabare, yanasuye inkambi ya Bushagara icumbikiwemo abakuwe mu byabo n’ibibazo by’umutekano, iherereye muri Teritwari ya Nyirangongo.

Janez Lenarcic yavuze kandi ko abayobozi ba Congo, bagagaragaje imbara nke mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Igenda ry’ingabo za MONUSCO, ryakunze kugarukwaho n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bwagiye bunasaba abaturage b’iki Gihugu kwirara mu mihanda bagakora imyigaragambyo yo kwamagana izi ngabo bashinja kuba ntacyo zabamariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + two =

Previous Post

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Next Post

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

Related Posts

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw'amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.