• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 89 n’umugore we w’imyaka 70 bo mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, bamaze igihe barashakanye, umwe arashinja undi ubusambanyi, undi akamushinja ubusinzi bukabije, ku buryo hari abaturanyi babo babafitiye impungenge ko byazagera aho umwe yivugana undi.

Uyu muryango utuye mu Mudugudu wa Kayigi mu Kagari ka Murehe mu Murenge wa Muyumbu, umaze igihe ucyocyorana bya hato na hato.

Muzehe Kangabo w’imyaka 89 y’amavuko, ashinjwa n’umugore we Nyirakaberuka ingeso y’ubusinzi bukabije no kumuhoza ku nkeke, amushinja ibinyoma ko na we amuca inyuma akajya kuryamana n’abandi bagabo.

Uyu mukecuru w’imyaka 70 y’amavuko avuga ko ikintu gikomeye umugabo we akunze kumushinja ari ukujya mu bandi bagabo akamuca inyuma, nyamara ngo ntawundi mugabo arabonera ubwambure.

Ati “N’iyo ntarabutse, ndaza nkarara ijoro ngo mvuye mu bagabo. Ubu yanciye gusenga, iyo ngiye gusenga aravuga ngo ngiye mu bagabo.”

Uyu mukecuru avuga ko we n’umugabo we bahoze babana neza nta ntonganya zirangwa mu rugo rwabo, ariko ko aho uyu musaza atangiriye kunywa agacupa cyane, ibintu byahindutse.

Ati “Kera twabanaga neza ariko ntiyanwyaga inzoga cyane, none ubu ni mubi aranywa nk’igitega.”

Kangabo na we ashinja umugore we ko yijanditse mu ngeso z’ubusambanyi ndetse n’ubusinzi, akavuga ko hari igihe ajya kunywa inzoga agahita ajya no muri izo ngeso mbi z’ubushurashuzi.

Uyu musaza yasabye umugore we ko bajya kwipimisha kwa muganga ko nta ndwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina yaba yaramuzaniye, ariko umukecuru akavuga ko atari ngombwa kuko ntawundi mugabo barahurira mu buriri.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango, bagaragaza ko bafite impungenge ko amakimbirane yawo ashobora kuzavamo ingaruka zikomeye. Umwe yagize ati “Uyu musaza uko biri bitari rimwe cyangwa kabiri azica uyu mukecuru.”

Abana b’uyu musaza n’uyu mukecuru, na bo bemeza ko intanganya zabo zimaze igihe, ndetse ko bagerageje kubaganiriza bakabunga, ariko bikaba byaraniranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Next Post

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.