Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusesenguzi avuze ingingo ikomeye agendeye ku mpaka z’Abadepite ku itabi

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Umusesenguzi avuze ingingo ikomeye agendeye ku mpaka z’Abadepite ku itabi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko mu Nteko y’u Rwanda habaye impaka ku kuba u Rwanda rudaca itabi, umusesenguzi yavuze ko mu bibazo by’ingutu byugarije Abanyarwanda hatarimo icy’itabi, ati “Ibirayi bigeze kuri 700Frw ariko Abadepite baravuga iby’itabi! Nibave mu matabi si byo twabatoreye.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 20 Gashyantare mu 2023, ubwo Abadepite basuzumaga umushinga w’itegeko ryafasha u Rwanda kuza mu Bihugu byemeje amasezerano agamije guca ubucuruzi bw’ibikomoka ku itabi, intumwa za rubanda zagaragaje ko aya masezerano akwiye kwemezwa n’u Rwanda.

Ni amasezerano yaba aje mu murongo umwe n’ayemerejwe i Seoul tariki 12 Ugushyingo 2012, yitezweho kuba yafasha u Rwanda guca burundu ubuhinzi n’ubucuruzi bw’itabi.

Umusesenguzi akaba n’umunyamategeko wabyigiye, Robert Mugabe mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Ukwezi TV, yavuze ko izi mpaka zabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, atari zo zari zikwiye kuza mu gihe nk’iki.

Avuga ko itabi nubwo ari ribi ariko atari cyo kibazo gikwiye kuraza inshinga Leta y’u Rwanda kuko hari ibindi bibazo by’ingutu kandi bigira ingaruka ku buzima bw’abantu benshi.

Ati “Turebe impfu zituruka mu kunywa itabi, turebe n’impfu zituruka ku mpanuka, turebe n’impfu zituruka ku mirire mibi, turebe n’impfu zituruka babyeyi bapfa babyara, turebe no ku mpfu z’abana bapfa batarageza imyaka itanu. Ubundi tugereranye aho ikibazo kiri.”

Yakomeje agaruka ku ngaruka za bimwe mu bibazo byugarije Abanyarwanda, ati “Abaturage bafite agahinda gakabije, ikibitera ni isigareti se? oya oya oya, biriya ni ukuyobya uburari.”

Yagarutse ku kibazo cy’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa, avuga ko ubukana bw’iki kibazo ari bwo bwari bukwiye kuraza inshinga inzego zose za Leta zirimo n’aba Badepite aho kuganira ku itabi.

Ati “Ibiryo birahenze cyane, ikilo cy’ibirayi kigeze kuri maganarindwi ariko Umudepite ariho aravuga isigareti. Ubwo aravuga iki?”

Agaruka kuri umwe muri aba Badepite basabye Leta y’u Rwanda guca burundu itabi, Robert Mugabe yagize ati “Ubwo si umurokore? Mukurikirane neza urasanga ari umuyoboke wa ADEPR. Ndamwubaha ni umuyobozi ariko nabaze ibibazo bijyanye n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa.”

Yakomeje agira ati “Ubundi se Abadepite bari mu matabi bakoramo iki? Ni cyo twabatoreye.”

Uyu musesenguzi avuga ko nubwo atirengagije ko itabi rigira ingaruka ku buzima bw’abantu ariko izi ntumwa za rubanza zisaba ko ubucuruzi bwaryo buhagarara burundu bari bakwiye kubanza kwibuka ko bwinjiza imisoro igirira Igihugu akamaro.

Abadepite barasaba Leta guca itabi
Mugabe ati “Nibave mu matabi si byo twabatoreye”

RADIOTV10

Comments 3

  1. MANIRAGABA CELESTIN says:
    3 years ago

    Erega iyo umuntu Arya agasigaza ndetse hakaboneka nibyo amena mukimoteri ntabwo yamenyako hari uwaburaye

    None c bavuge iki ko reta ibaha byose
    Hari essence bagura
    Hari ifatabuguzi rya tv cyangwa internet
    Ntibahembwa agatubutse

    Kuribo ntacyo bitwaye kuba ibiciro byibiribwa byazamuka kuko uzarebe ubwo bucuruzi buhenze butyo nibyo babukora
    Kandi barabeshyera ubusa ntabwo itabi rya cibwa ahubwo bashaka kugabanya abacuruzi baryo muburyo bwo gukuza ababo .urugero gato ntanga ko ishshi zaciwe ubu ntanganda zizikora dufite murwanda?!
    Nihitiraga da .

    Reply
  2. Karamutsa Gerard says:
    3 years ago

    Ubwo aho bukera barajya no ku nzoga. Kuko nazo zifite uruhare ku buzima bw’abantu. Uwagendera kuri ibi byo bakwiga no ku biryo byose bituruka mu nganda. Tugasubira ku mutsima ibishyimbo amateke n’ibijumba.
    Ubu u Rwanda ruzagendera ku mategeko y’uburokore?

    Reply
  3. Yves says:
    3 years ago

    Arega nubundi iryo zamuka ryibiciro bo ntabwo barizi kuko bahahirwa na leta. Ark ubundi nigute wabuhaze ukumvako harabashonje ? Ubundi munama nkizi hakajyiye hatumirwamo narubanda rugufi kuko nibo baba bazi ibibazo abaturage dufite kurusha abo badepite bafite burikimwe, abatuge turashonje,turashonje,turashonje,turashonje . Ark ikibabaje nuko abobadepite batabibona kuko bo arabakire. Arega nabanywa itabi barinyweshwa nokwiheba kubera inzara nokurya intinca ntikize.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

TourDuRwanda2023: Amakuru atari meza ku Munyarwanda watangiye ahanzwe amaso na benshi

Next Post

TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.