Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, wazamuweho 88% naho uw’abarezi bafite impamyabumenyi za A1 na A0 ukaba wongereweho 40%.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite na Sena, ibimaze kugerwaho mu burezi bw’amashuri abanza n’ayisumbuye muri gahunda y’imyaka irindwi.

Dr Ngirente yagarutse kuri gahunda zigamije kuzamura imibereho y’abarimu aho Guverinoma yagiye izamura umushahara w’abarimu mu buryo butandukanye.

Kuri iyi ngingo, ni ho Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yahamirije Inteko Ishinga Amategeko ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, kuva muri uyu kwezi uzazamurwa kuri iki kigero cya 88%.

Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Goverinoma y’u Rwanda ikomeje ibikorwa bigamije kuzamura imibareho y’abarimu.

Yavuze ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/2023, hakozwe amavugurura mu kongera umushahara wa mwarimu, avuga ko kuva muri uyu mwaka abarimu batazongera kongererwa 10% gusa nkuko byari bimaze igihe bikorwa.

Yavuze ko Leta yashyize mu byiciro abarimu ku buryo abigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bazongererwa umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bazongererwa ku kigero rwa 40%.

Minisiteri y’Uburezi yahise ishyira hanze itangazo risobanura ibyo kuzamura umushahara wa mwarimu, rigaragaza ko abarimu bigisha bafite impamyabumenyi ya A2 ari 68 207 aho umwarimu yongerewe 50 849 Frw angana na 88% hagendewe ku mushahara wajyaga uhabwa umwarimu w’umutangizi.

Naho abarimu bigisha bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) ni 12 214 aho umushahara w’umwarimu muri iki cyiciro wongerewe 54 916 Frw angana na 40% hagendewe ku mushahara wacyurwaga n’umwari w’umutangizi.

Abarimu bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) bo ni 17 547,  umushahara w’umwarimu wo muri iki cyiciro we akaba yongereweho 70 195 Frw.

Muri Mutarama 2019, Guverinoma y’u Rwanda yari yazamuye umushahara w’abarimu nkuko byari byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 28 Mutarama.

Iyi nama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame,  yari yemeje politike, gahunda n’ingamba birimo Inyongera y’icumi ku ijana (10%) ku mushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta n’afashwa na Leta.

Kuba icyo abarimu bo mu Rwanda bagiye bongererwa 10% ku mushahara wabo buri mwaka, ibintu byakorwaga mu rwego rwo kuzamura imibereho ya mwarimu nk’imwe mu nkingi zikomeye zo kuzamura ireme ry’uburezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

Abasirikare ba MONUSCO baguye mu myigaragambyo bunamiwe hanatangwa ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.