Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, wazamuweho 88% naho uw’abarezi bafite impamyabumenyi za A1 na A0 ukaba wongereweho 40%.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite na Sena, ibimaze kugerwaho mu burezi bw’amashuri abanza n’ayisumbuye muri gahunda y’imyaka irindwi.

Dr Ngirente yagarutse kuri gahunda zigamije kuzamura imibereho y’abarimu aho Guverinoma yagiye izamura umushahara w’abarimu mu buryo butandukanye.

Kuri iyi ngingo, ni ho Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yahamirije Inteko Ishinga Amategeko ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, kuva muri uyu kwezi uzazamurwa kuri iki kigero cya 88%.

Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Goverinoma y’u Rwanda ikomeje ibikorwa bigamije kuzamura imibareho y’abarimu.

Yavuze ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/2023, hakozwe amavugurura mu kongera umushahara wa mwarimu, avuga ko kuva muri uyu mwaka abarimu batazongera kongererwa 10% gusa nkuko byari bimaze igihe bikorwa.

Yavuze ko Leta yashyize mu byiciro abarimu ku buryo abigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bazongererwa umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bazongererwa ku kigero rwa 40%.

Minisiteri y’Uburezi yahise ishyira hanze itangazo risobanura ibyo kuzamura umushahara wa mwarimu, rigaragaza ko abarimu bigisha bafite impamyabumenyi ya A2 ari 68 207 aho umwarimu yongerewe 50 849 Frw angana na 88% hagendewe ku mushahara wajyaga uhabwa umwarimu w’umutangizi.

Naho abarimu bigisha bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) ni 12 214 aho umushahara w’umwarimu muri iki cyiciro wongerewe 54 916 Frw angana na 40% hagendewe ku mushahara wacyurwaga n’umwari w’umutangizi.

Abarimu bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) bo ni 17 547,  umushahara w’umwarimu wo muri iki cyiciro we akaba yongereweho 70 195 Frw.

Muri Mutarama 2019, Guverinoma y’u Rwanda yari yazamuye umushahara w’abarimu nkuko byari byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 28 Mutarama.

Iyi nama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame,  yari yemeje politike, gahunda n’ingamba birimo Inyongera y’icumi ku ijana (10%) ku mushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta n’afashwa na Leta.

Kuba icyo abarimu bo mu Rwanda bagiye bongererwa 10% ku mushahara wabo buri mwaka, ibintu byakorwaga mu rwego rwo kuzamura imibereho ya mwarimu nk’imwe mu nkingi zikomeye zo kuzamura ireme ry’uburezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Abasirikare ba MONUSCO baguye mu myigaragambyo bunamiwe hanatangwa ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.