Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, wari utegerejwe mu Rwanda, yahageze ndetse anakirwa na Perezida Paul Kagame, baza no kugirana ibiganiro bigamije gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Umukuru w’Igihugu cya Kenya, William Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 04 Mata 2023.

Ku isaha ya saa sita na mirongo ine n’ibiri (12:42’), Perezida William Ruto yari ageze muri Village Urugwiro, ari kumwe na Perezida Paul Kagame, bakirwa n’akarasisi, karirimbye indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi.

Perezida William Ruto, yahise ajya kuramutsa akarasisi k’ingabo z’u Rwanda, kamuhaye ikaze mu Rwanda.

Nyuma y’iki gikorwa, Perezida Paul Kagame yahise yerecyeza umushyitsi William Ruto ahari abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, agenda abaramutsa ari na ko abamubwira.

Ni na ko byahise bigenda kuri Perezida William Ruto na we wahise amwerecyeza ahari abayobozi mu nzego nkuru za Kenya bazanye muri uru ruzinduko.

Uru ruzinduko rwa Perezida William Ruto, rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, runemezwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, byashyize hanze itangazo rivuga ikizanye Ruto mu Rwanda.

Perezida Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, araganira na Perezida Paul Kagame ku gukomeza guha ingufu imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo ubucuruzi, uburezi, kwihaza mu biribwa ndetse no guhanga udushya n’ikoranabuhanga.

Igihugu cy’u Rwanda na Kenya bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bikaba kandi byombi bihuriye ku kuba ari Ibihugu bishyize imbere ishoramari no kuzamura ubucuruzi, aho binateganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu byombi banaganira ku Isoko rihuriweho muri EAC ndetse n’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika rimaze iminsi riri mu igeragezwa.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, Perezida William Ruto azahura n’Abanyakenya baba mu Rwanda, bakagirana ibiganiro bizagaruka ku mirongo migari y’iki Gihugu cya Kenya.

Ubwo William Ruto yageraga mu Rwanda
Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Next Post

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda
IMYIDAGADURO

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.