Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, wari utegerejwe mu Rwanda, yahageze ndetse anakirwa na Perezida Paul Kagame, baza no kugirana ibiganiro bigamije gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Umukuru w’Igihugu cya Kenya, William Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 04 Mata 2023.

Ku isaha ya saa sita na mirongo ine n’ibiri (12:42’), Perezida William Ruto yari ageze muri Village Urugwiro, ari kumwe na Perezida Paul Kagame, bakirwa n’akarasisi, karirimbye indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi.

Perezida William Ruto, yahise ajya kuramutsa akarasisi k’ingabo z’u Rwanda, kamuhaye ikaze mu Rwanda.

Nyuma y’iki gikorwa, Perezida Paul Kagame yahise yerecyeza umushyitsi William Ruto ahari abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, agenda abaramutsa ari na ko abamubwira.

Ni na ko byahise bigenda kuri Perezida William Ruto na we wahise amwerecyeza ahari abayobozi mu nzego nkuru za Kenya bazanye muri uru ruzinduko.

Uru ruzinduko rwa Perezida William Ruto, rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, runemezwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, byashyize hanze itangazo rivuga ikizanye Ruto mu Rwanda.

Perezida Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, araganira na Perezida Paul Kagame ku gukomeza guha ingufu imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo ubucuruzi, uburezi, kwihaza mu biribwa ndetse no guhanga udushya n’ikoranabuhanga.

Igihugu cy’u Rwanda na Kenya bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bikaba kandi byombi bihuriye ku kuba ari Ibihugu bishyize imbere ishoramari no kuzamura ubucuruzi, aho binateganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu byombi banaganira ku Isoko rihuriweho muri EAC ndetse n’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika rimaze iminsi riri mu igeragezwa.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, Perezida William Ruto azahura n’Abanyakenya baba mu Rwanda, bakagirana ibiganiro bizagaruka ku mirongo migari y’iki Gihugu cya Kenya.

Ubwo William Ruto yageraga mu Rwanda
Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + ten =

Previous Post

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Next Post

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.