Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, wari utegerejwe mu Rwanda, yahageze ndetse anakirwa na Perezida Paul Kagame, baza no kugirana ibiganiro bigamije gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Umukuru w’Igihugu cya Kenya, William Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 04 Mata 2023.

Ku isaha ya saa sita na mirongo ine n’ibiri (12:42’), Perezida William Ruto yari ageze muri Village Urugwiro, ari kumwe na Perezida Paul Kagame, bakirwa n’akarasisi, karirimbye indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi.

Perezida William Ruto, yahise ajya kuramutsa akarasisi k’ingabo z’u Rwanda, kamuhaye ikaze mu Rwanda.

Nyuma y’iki gikorwa, Perezida Paul Kagame yahise yerecyeza umushyitsi William Ruto ahari abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, agenda abaramutsa ari na ko abamubwira.

Ni na ko byahise bigenda kuri Perezida William Ruto na we wahise amwerecyeza ahari abayobozi mu nzego nkuru za Kenya bazanye muri uru ruzinduko.

Uru ruzinduko rwa Perezida William Ruto, rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, runemezwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, byashyize hanze itangazo rivuga ikizanye Ruto mu Rwanda.

Perezida Ruto uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, araganira na Perezida Paul Kagame ku gukomeza guha ingufu imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo ubucuruzi, uburezi, kwihaza mu biribwa ndetse no guhanga udushya n’ikoranabuhanga.

Igihugu cy’u Rwanda na Kenya bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bikaba kandi byombi bihuriye ku kuba ari Ibihugu bishyize imbere ishoramari no kuzamura ubucuruzi, aho binateganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu byombi banaganira ku Isoko rihuriweho muri EAC ndetse n’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika rimaze iminsi riri mu igeragezwa.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, Perezida William Ruto azahura n’Abanyakenya baba mu Rwanda, bakagirana ibiganiro bizagaruka ku mirongo migari y’iki Gihugu cya Kenya.

Ubwo William Ruto yageraga mu Rwanda
Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fourteen =

Previous Post

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

Next Post

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.