Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant uherutse kwica abaturage batanu abarasiye mu kabari ko mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, yagiye kuburanishirizwa mu ruhame imbere y’abaturage baje kumva urubanza ari benshi, abanza kuvuga ko atiteguye kuburana kubera impamvu y’uburwayi.

Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, imbere y’imbaga y’abaturage bo muri uyu Murenge, bari baje kumva imiburanishirize yarwo ari benshi, aho rwabereye mu Mudugudu wa Rubyiruko mu Kagari ka Rusharara.

Uretse abaturage bo muri aka gace bari baje kumva iby’uru rubanza, rwanakurikiwe n’abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda, bari baje kumva iby’ibi byaha biregwa mugenzi wabo.

Ni urubanza Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buregamo Sgt Minani Gervais w’imyaka 39 akekwaho kurasa abantu batanu aho iki cyaha cyabaye tariki 13 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2024.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, bwabwiye Inteko y’Urukiko rwa gisirikare iburanisha uru rubanza ko  Sgt Minani aregwa ibyaha birimo icy’ubwicanyi burutse ku bushake, kwica bidategetswe n’Umukuru, ndetse n’icyaha cyo guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake.

Ubwo uru rubanza rwari ruri gutangira, uruhande rw’uregwa, rwatanze inzitizi, rusaba ko rusubikwa, kuko uyu musirikare afite ikibazo cy’uburwayi.

Ni icyifuzo cyazamuye impaka, aho Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, bwavugaga ko iyi mpamvu itatanzwe mbere, bityo ko ntacyabuza iburanisha gukomeza.

Nyuma yuko Urukiko rwumvise impaka z’impande ziri kuburana, Inteko iburanisha yafashe umwanya wo kwiherera kugira ngo isuzume iki cyifuzo cy’uregwa.

Nyuma yo kwiherera, Umucamanza yatangaje icyemezo, avuga ko urubanza rugomba gukomeza, hasobanurwa imikorere y’icyaha kiregwa uyu musirikare.

Umunyamategeko wunganira uregwa, akimara kumva iki cyemezo, yavuze ko atiteguye kuburanira uregwa, kuko batabonye umwanya uhagije wo kugira ngo baganire ku bimenyetso biri muri dosiye y’ikirego cye, kugira ngo bazabone uko babyireguraho.

Ubwo ibi byago byari bikamara kuba by’abaturage batanu bishwe n’uyu musirikare, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko “Bwafashe ingamba zikwiye zo kumukurikirana mu nzira z’amategeko.”

Uyu musirikare yaburanishirijwe imbere y’imbaga y’abaturage
Abaturage bari baje ari benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Next Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.