Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA
0
Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye
Share on FacebookShare on Twitter

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha ashinjwa cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, bitewe n’amashusho ye yakwirakwiye agaragaza asomana n’umukunzi we, yambaye impuzankano ya gisirikare.

Amashusho n’amafoto by’uyu musirikare, byafatiwe muri studio, byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu mu Adjudante muri FARDC yifotoje n’umukunzi we yambaye impuzankano ya gisirikare.

Ni amafoto bivugwa ko yafashwe bitegura gukora ubukwe, nk’ayo guteguza inshuti n’imiryango yabo, ku gikorwa cy’ingenzi bafite, akaza gusakara ku mbuga nkoranyambaga.

Iki gihano cy’igifungo cy’imyaka 10, cyasabwe n’Ubushinjacyaha nyuma yuko Yannick Kayembe, gafotozi wo muri studio yifotorejwemo n’uyu musirikare n’umukunzi iherereye muri Komini ya Kalamu, we na we abanje gukorerwa ibazwa.

Uyu gafotozi yiyemereye ko ari we washyize hanze ariya mashusho agaragaza uyu musirikare ari gusomana n’umukunzi we agasamirwa hejuru ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko yabikoze atabiherewe uburenganzira n’uyu musirikare.

Abanyamategeko bunganira uregwa, basabye ko umukiliya wabo agirwa umwere kuko nta ruhare yagize mu gutuma ariya mafoto n’amashusho bijya hanze, kandi ko atari abizi ko byagiye hanze.

Uruhande rw’abanyamategeko bunganira uyu musirikare, bavuga ko ibyakozwe n’umukiliya wabo, ari ubuzima bwe bwite, atari inshingano za gisirikare.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari buhagarariwe na Sous-Lieutenant Lisalama, yavuze ko atari rimwe cyangwa kabiri uyu musirikare Adjudante Ebabi ashyize hanze amafoto yambaye impuzankano ya gisirikare, byumwihariko ko yakunze kubikora kuri konti zinyuranye z’urubuga nkoranyambaga rwa TikTok, kandi ko zari ize.

Uyu Mushinjacyaha yavuze ko uregwa yasibye amashusho menshi yari yarashyize hanze, ubwo yatabwaga muri yombi tariki 19 Ukwkaira 2025.

Ubushinjacyaha kandi bwamaganye ibyatangajwe n’uriya gafotozi, buvuga ko bigamije gushinjura uregwa kugira ngo adahamwa n’icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare.

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara araregwa ibifitanye isano n’amafoto ye n’umukunzi
Yasabiwe gufungwa imyaka 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 8 =

Previous Post

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

Next Post

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko...

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

by radiotv10
13/04/2026
0

For the first time on the European continent, in Switzerland, delegates from the AFC/M23 coalition and those from the Government...

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

by radiotv10
13/04/2026
0

Ku nshuro ya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu Busuwisi, intumwa z’Ihuriro AFC/M23 n’iza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

IZIHERUKA

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.