Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in MU RWANDA
0
Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 19 yafatanywe udupfunyika 6 000 tw’urumogi yacururizaga aho atuye Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, yemerera Polisi ko ari urwe, ariko ko atamaze igihe kinini muri ubu bucuruzi, anavuga uko yabukoraga.

Uyu musore watawe muri yombi mu cyumweru gishize, yafashwe nyuma yuko Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), rihawe amakuru n’abaturage bo mu Mudugudu wa Cyumba mu Kagari ka Nsherima muri uyu Murenge wa Bugeshi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko abaturage bahaye uru rwego amakuru, bavugaga ko uyu musore ajya yambuka akajya muri Congo kuzanayo urumogi, ubundi yarugeza mu Rwanda akaruranguza abandi.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yagize ati “Hagendewe kuri ayo makuru, abapolisi bagiye kumufata bamusangana udupfunyika tw’urumogi 6,000.”

Uyu musore akimara gufatwa yiyemereye ko urwo rumogi asanzwe arucuruza, ariko ko atari abimazemo igihe kinini kandi ko yambukaga akajya mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agahura n’umugabo wo muri icyo Gihugu arumuzaniye, na we yarugeza mu rugo akaruranguza n’abaturukaga mu Karere ka Musanze n’undi wo mu Mujyi wa Kigali.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yaboneyeho gushimira abaturage batanze amakuru yatumye uyu musore afarwa ndetse n’urumogi yacuruzaga rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage.

Uwafashwe n’ibiyobyabwenge yafatanywe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo akorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha, mu gihe hagishakishwa n’abo barumuguriraga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eight =

Previous Post

Mu magambo amuvuga ibigwi Gen.Muhoozi yifurije isabukuru umubyeyi we ugiye kuzuza imyaka 80

Next Post

Kenya: Hatangajwe amakuru mashya ku nkongi idasanzwe yibasiye ishuri

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatangajwe amakuru mashya ku nkongi idasanzwe yibasiye ishuri

Kenya: Hatangajwe amakuru mashya ku nkongi idasanzwe yibasiye ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.