Uwari umukozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu waherukaga kugaragara mu cyumweru gishize, yasanzwe mu nzu yabagamo mu Murenge wa Nyamyumba yarapfuye.
Nyakwigendera Nshimiyimana Syldio uri mu kigera cy’imyaka 38 yasanzwe mu nzu yabagamo iherereye mu Mudugudu wa Buharara, Akagari ka Rubona, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu.
Yari asanzwe ari umukozi wa Sosiyete y’Igihugu ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC, wakoraga akazi ko gufata ibipimo by’amazi, abazwi nka releveur.
Amakuru avuga ko yagerukaga kuboneka mbere yo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, akaba yaje gusangwa mu nzu yarapfiriyemo ndetse umubiri we waratangiye kwangirika.
Urupfu rwe rwamenyekanye nyuma yuko abaturage bo muri aka gace, bumvise umunuko waturukaga muri iyi nzu yapfiriyemo, bajya kureba bagasanga yarapfuye.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bumaze kumenyeshwa amakuru y’uwo munuko waturukaga muri iyi nzu yabagamo nyakwigendera, bwagiye kuyitobora, busanga yaritabye Imana.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, yabwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera yari yabuze mu kazi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, bakamuhamagara kuri telefone igacamo ariko ntayitabe.
Kuva kuri uwo munsi wo ku wa Gatanu kugeza ku wa Mbere, nyakwigendera, nta muntu wari wakamuca iryera, kugeza uyu munsi ku wa Gatatu tariki 22 Mata 2026 ubwo yasangwaga mu nzu yabagamo yapfuye.
Bamwe mu baturage bo muri aka gace bavuga ko nyakwigendera yari akiri ingaragu, yanibanaga, bagakeka ko yaba yarapfuye kiriya gihe yatangiye kuburiraho.


RADIOTV10









