Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in MU RWANDA
0
Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza wari umaze iminsi ine akubitiwe mu kabari na nyirako akamugira intere, yitabye Imana, bikaba bikekwa ko yazize inkoni yakubiswe.

Nyakwigendera yashizemo umwuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, aguye mu rugo mu Mudugudu wa Rukari mu Kagari ka Rwesero, ahagana saa kumi n’ebyiri.

Amakuru atangwa n’abaturage, avuga ko uyu nyakwigendera witwa Nsabimana yari aherutse kujya kunywera mu kabari k’uwitwa Nepomuscene, akagakubitirwamo.

Bivugwa ko uyu nyiri aka kabari yari yabanje guherecyeza abantu bari baje kuhanywera, yagaruka agasangamo uyu musore, akamwitiranya n’igisambo, ubundi akamukubita.

Umwe mu bazi amakuru y’uru rugomo rwakorewe uyu musore, aganira n’ikinyamakuru Umuseke, yagize ati “Yamukubise ivi mu nda, anamukubita inkoni ebyiri mu mugongo.”

Amakuru yo gukubitwa k’uyu musore witabye Imana, anemezwa na Bizimana Egide uyobora Umurenge wa Busasamana, uvuga ko nyakwigendera yari yabanje gukubitwa na nyiri kariya kabari tariki 18 Ukwakira 2024.

Yagize ati “Uyu muntu yakubiswe n’umuntu ufite akabari n’uwitwa Msengesho Nepomuscene, nyuma yo kumukubita yarababaye cyane ariko amujyana kwa muganga, baramuvura arataha, uyu munsi ni bwo byatangajwe ko uyu muntu yapfuye.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise ruta muri yombi uyu muntu ukekwaho gukubita nyakwigendera bikamuviramo urupfu, kugira ngo hakorwe iperereza, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo y’uru Rwego ya Busasamana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi

Next Post

America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas

America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.