• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu basore b’ibigango bacungira umutekano ibyamamare mu Rwanda, yahuye n’uruva gusenya ubwo yatahaga avuye mu kazi, yagera iwe agasanga inzu abamo iri gukongoka.

Uyu mucungamutekano [Bouncer] witwa James Itangishaka usanzwe arindira umutekano abo muri Label ya The Mane, yahuye n’iri sanganya kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023 ubwo yatahaga ananiwe azi ko agiye kuruhuka agasanga inzu ye iri gushya.

Ni inyubako iherere mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yahiye irakongoka ndetse yangirikiramo ibyari biyirimo byose.

James avuga ko kuri iki Cyumweru yari yabyutse mu cya kare yerecyeza mu Karere ka Muhanga mu kazi gasanzwe, ubwo yahinduraga atashye agasanga iwe byadogereye.

Yagize ati “Nageze mu rugo ntungurwa no kuhasanga abantu benshi bashungereye bareba inzu mbamo iri gushya.”

Ibyari mu iyi nzu byose yaba ibikoresho byo mu nzu nk’intebe ndetse n’ibindi byose byahiye bigakongoka, dore ko iyi nzu yari iri mu gipangu cyayo cyonyine.

Itangishaka ni umwe mu bacungira umutekano abo muri The Mane
Inzu ye yahiye irakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 13 =

Previous Post

DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi

Next Post

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.