Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’ibigango Izere Laurien uzwi nka The Trainer wabanje kumenyekana mu gufasha abantu kubaka umubiri no kuringaniza ibilo by’umubiri, akanavugwa mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky, yagaragaje ko afite indi mpano idasanzwe mu guteka.

Uyu The Trainer, umaze iminsi agaragara mu byo kwambika abagabo, amasuti agezweho aho afite inzu idoda imyenda y’abagabo, yavuzwe cyane ubwo yari mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky yigeze no kwambika impeta amusaba kumubera umugore, ariko bakaza gutandukana.

Itandukana ryabo, ryanagarutsweho cyane, dore ko byavuzwe ko batandukanye umukobwa atwite inda y’uyu musore, ndetse ubu bakaba baramaze kwibaruka.

The Trainer amaze iminsi agaragaza ku mbuga nkoranyambaga, ubuzima abayemo mu nzu y’akataraboneka, irimo ibikoresho bigezweho, by’umwihariko aho aba agaragaza uburyo yiyitaho n’uburyo ategura amafunguro.

YouTube Channel yitwa Isimbi TV yasuye uyu musore aho atuye, mu nzu igeretse, aho yagaragaje uburyo ateguramo amafunguro, yambaye imyambaro myiza nk’ugiye ahantu hiyubashye ndetse yanigirije na Cravate.

Avuga ko kugaragaza atetse yambaye neza gutya, aba ashaka kwereka abagabo uko bagomba kugaragara mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Muri iki kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yagikoze atetse indyo izwi nka Chicken Wrap, aho aba aganiriza umunyamakuru mu magomba yuzuye urwenya, avuga ko iyi nzu abamo ari White House, akagenda avuga ko muri iyi nzu adashobora kugira ubushyuhe cyangwa ubukonje kuko afite ibyuma yifashisha mu guhindura ubushyuhe cyangwa ubukonje.

Anyuzamo akanatanga inama ku rubyiruko, avuga ko ibyo bifuza bashobora kubigeraho mu gihe bakoresheje imbaraga zabo zose.

Avuga ko ikibazo cy’urubyiruko muri iki gihe ari ukuba ubwarwo rwica intege, ati “Kuko muri wowe niwishyiramo ko ikintu kidashoboka, nta n’ubwo kizigera gishoboka.”

The Trainer avuga ko urubyiruko rw’iki gihe rwifuza guhora ruri mu birori mu tubari no mu tubyiniro, ariko rutifuza gukora, mu gihe we bitandukanye, kuko igihe kinini akimara ashaka amafaranga, ubundi akajya kuruhuka ari uko yabonye umusaruro.

Ati “Njye niba nakoze aka deal [gahunda yinjiza amafaranga] kanjye nkikubitira nk’utumiliyoni twanjye dutanu, nkakenera kurya ibihumbi maganatanu, nkabaza itsinda ry’abakobwa n’abasore bifuza kwishima, tugasohoka, niyo nakwishyura mba nzi ko ndi kwishimira aka deal njye naturikije.”

Inzu The Trainer abamo
Mu kiganiro yatetse live

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

Next Post

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.