Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Izere Laurien uzwi nka The Trainer ufasha abantu mu myitozo yo kubaka umubiri no kugabanya ibinure, yavuze amakuru mashya ku nda y’umunyamideri Keza Trisky bakundanaga, bakaza gutandukana, uherutse kugaragara atwite nkuru.

Aba bombi bari bazwi cyane kuri YouTube mu dukino tw’urukundo tuzwi nka Prank bakundaga kugararamo, bagiye batandukana bagasubirana ndetse bari baranambikanye impeta y’urukundo bemeranya kuzashyingirana nk’umugore n’umugabo.

Bari baherutse kongera gutangaza ko batandukanye, nyuma Keza yaje kugaragara atwite inda nkuru, bamwe mu bakurikirana iby’imyidagaduro batangira kwibaza niba atari inda y’uyu musore The Trainer cyangwa ari iy’undi ari na byo bishobora kuba byaratumye batandukana.

Mu kiganiro The Trainer yagiranye na Isimbi TV, yavuze ko na we yagiye yumva amagambo yagiye amuvugwaho, ati “Najyaga kumva nkumva umuntu araje arambwiye ati ‘Trainer wanze umwana, Trainer wataye umugore…’ ntabwo nabarenganya kuko ibyo bavugaga byarumvikanaga.”

Muri iki kiganiro yavuze ko yifuza kuvugiramo ukuri kwe, yakomeje agira ati “Ntabwo nigeze nanga umwana. Umwana ni uwanjye.”

Gusa hari abanyuraga ku ruhande bakavuga ko iby’itandukana ry’aba bombi na byo byaba ari agakino kagamije kwamamaza ibikorwa byabo, ariko The Trainer yabiteye utwatsi agira ati “Keza ntabwo tukiri kumwe, twaratandukanye burundu.”

Uyu musore avuga ko we na Keza bari bamaze umwaka urenga babana mu nzu imwe nubwo batari basezeranye, bakaza kugira ibyo batumvikanaho.

Ati “Amabanga y’urugo ntabwo aba agomba kujya hanze…Rwari rwabaye urugo kuko urumva twari tumuranye umwaka n’igice mu rugo kandi arantwitiye.”

Abajijwe ku bivugwa ko Keza yaba yaratewe inda n’undi mugabo ari na byo byabaye intandaro yo gutandukana kwabo, Trainer yagize ati “Ibyo ni ibitekerezo by’abantu kuko iyo ubonye ikintu, ugitekereza mu buryo bwawe, kuko niba runaka yatandukanye n’umuntu, ejo ukabona aratwite kandi amezi watekerezaga ajya kumera nk’aho ajya guhura, ntakindi wowe watekereza ariko ntabwo ari byo.”

Uyu musore avuga ko yifuje gushyira ukuri hanze mbere yuko Keza yibaruka kugira ngo umwana atazavukira muri izo mpaka bikaba byazanamugiraho ingaruka. Ati “Birasobanutse noneho, ntawantereye inda narayitereye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. VLphotographer says:
    3 years ago

    Ubwo yemera inda azatanga indezo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seventeen =

Previous Post

Muhoozi yavuze ibirori agiye gukorera i Kigali n’icyatumye ahahitamo

Next Post

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.