Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Izere Laurien uzwi nka The Trainer ufasha abantu mu myitozo yo kubaka umubiri no kugabanya ibinure, yavuze amakuru mashya ku nda y’umunyamideri Keza Trisky bakundanaga, bakaza gutandukana, uherutse kugaragara atwite nkuru.

Aba bombi bari bazwi cyane kuri YouTube mu dukino tw’urukundo tuzwi nka Prank bakundaga kugararamo, bagiye batandukana bagasubirana ndetse bari baranambikanye impeta y’urukundo bemeranya kuzashyingirana nk’umugore n’umugabo.

Bari baherutse kongera gutangaza ko batandukanye, nyuma Keza yaje kugaragara atwite inda nkuru, bamwe mu bakurikirana iby’imyidagaduro batangira kwibaza niba atari inda y’uyu musore The Trainer cyangwa ari iy’undi ari na byo bishobora kuba byaratumye batandukana.

Mu kiganiro The Trainer yagiranye na Isimbi TV, yavuze ko na we yagiye yumva amagambo yagiye amuvugwaho, ati “Najyaga kumva nkumva umuntu araje arambwiye ati ‘Trainer wanze umwana, Trainer wataye umugore…’ ntabwo nabarenganya kuko ibyo bavugaga byarumvikanaga.”

Muri iki kiganiro yavuze ko yifuza kuvugiramo ukuri kwe, yakomeje agira ati “Ntabwo nigeze nanga umwana. Umwana ni uwanjye.”

Gusa hari abanyuraga ku ruhande bakavuga ko iby’itandukana ry’aba bombi na byo byaba ari agakino kagamije kwamamaza ibikorwa byabo, ariko The Trainer yabiteye utwatsi agira ati “Keza ntabwo tukiri kumwe, twaratandukanye burundu.”

Uyu musore avuga ko we na Keza bari bamaze umwaka urenga babana mu nzu imwe nubwo batari basezeranye, bakaza kugira ibyo batumvikanaho.

Ati “Amabanga y’urugo ntabwo aba agomba kujya hanze…Rwari rwabaye urugo kuko urumva twari tumuranye umwaka n’igice mu rugo kandi arantwitiye.”

Abajijwe ku bivugwa ko Keza yaba yaratewe inda n’undi mugabo ari na byo byabaye intandaro yo gutandukana kwabo, Trainer yagize ati “Ibyo ni ibitekerezo by’abantu kuko iyo ubonye ikintu, ugitekereza mu buryo bwawe, kuko niba runaka yatandukanye n’umuntu, ejo ukabona aratwite kandi amezi watekerezaga ajya kumera nk’aho ajya guhura, ntakindi wowe watekereza ariko ntabwo ari byo.”

Uyu musore avuga ko yifuje gushyira ukuri hanze mbere yuko Keza yibaruka kugira ngo umwana atazavukira muri izo mpaka bikaba byazanamugiraho ingaruka. Ati “Birasobanutse noneho, ntawantereye inda narayitereye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. VLphotographer says:
    3 years ago

    Ubwo yemera inda azatanga indezo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

Muhoozi yavuze ibirori agiye gukorera i Kigali n’icyatumye ahahitamo

Next Post

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.