Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Umusore w’ibigango watandukanye n’uherutse kugaragara atwite yavuze ibyari bitegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Izere Laurien uzwi nka The Trainer ufasha abantu mu myitozo yo kubaka umubiri no kugabanya ibinure, yavuze amakuru mashya ku nda y’umunyamideri Keza Trisky bakundanaga, bakaza gutandukana, uherutse kugaragara atwite nkuru.

Aba bombi bari bazwi cyane kuri YouTube mu dukino tw’urukundo tuzwi nka Prank bakundaga kugararamo, bagiye batandukana bagasubirana ndetse bari baranambikanye impeta y’urukundo bemeranya kuzashyingirana nk’umugore n’umugabo.

Bari baherutse kongera gutangaza ko batandukanye, nyuma Keza yaje kugaragara atwite inda nkuru, bamwe mu bakurikirana iby’imyidagaduro batangira kwibaza niba atari inda y’uyu musore The Trainer cyangwa ari iy’undi ari na byo bishobora kuba byaratumye batandukana.

Mu kiganiro The Trainer yagiranye na Isimbi TV, yavuze ko na we yagiye yumva amagambo yagiye amuvugwaho, ati “Najyaga kumva nkumva umuntu araje arambwiye ati ‘Trainer wanze umwana, Trainer wataye umugore…’ ntabwo nabarenganya kuko ibyo bavugaga byarumvikanaga.”

Muri iki kiganiro yavuze ko yifuza kuvugiramo ukuri kwe, yakomeje agira ati “Ntabwo nigeze nanga umwana. Umwana ni uwanjye.”

Gusa hari abanyuraga ku ruhande bakavuga ko iby’itandukana ry’aba bombi na byo byaba ari agakino kagamije kwamamaza ibikorwa byabo, ariko The Trainer yabiteye utwatsi agira ati “Keza ntabwo tukiri kumwe, twaratandukanye burundu.”

Uyu musore avuga ko we na Keza bari bamaze umwaka urenga babana mu nzu imwe nubwo batari basezeranye, bakaza kugira ibyo batumvikanaho.

Ati “Amabanga y’urugo ntabwo aba agomba kujya hanze…Rwari rwabaye urugo kuko urumva twari tumuranye umwaka n’igice mu rugo kandi arantwitiye.”

Abajijwe ku bivugwa ko Keza yaba yaratewe inda n’undi mugabo ari na byo byabaye intandaro yo gutandukana kwabo, Trainer yagize ati “Ibyo ni ibitekerezo by’abantu kuko iyo ubonye ikintu, ugitekereza mu buryo bwawe, kuko niba runaka yatandukanye n’umuntu, ejo ukabona aratwite kandi amezi watekerezaga ajya kumera nk’aho ajya guhura, ntakindi wowe watekereza ariko ntabwo ari byo.”

Uyu musore avuga ko yifuje gushyira ukuri hanze mbere yuko Keza yibaruka kugira ngo umwana atazavukira muri izo mpaka bikaba byazanamugiraho ingaruka. Ati “Birasobanutse noneho, ntawantereye inda narayitereye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. VLphotographer says:
    3 years ago

    Ubwo yemera inda azatanga indezo

    Reply

Leave a Reply to VLphotographer Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Muhoozi yavuze ibirori agiye gukorera i Kigali n’icyatumye ahahitamo

Next Post

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Related Posts

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

by radiotv10
24/02/2026
0

Korali Disciples of Jesus ibarizwa mu Itorero rya EAR Remera yashyize hanze indirimbo nshya yise 'Genda Ubabwire', igamije kwibutsa abakristo...

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

by radiotv10
23/02/2026
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, wahatanaga muri Miss Belgium wanageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, ntiyabashije kwegukana...

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

by radiotv10
22/02/2026
0

Mu kiganiro yagiranye na Netflix mbere yuko yitaba Imana, umukinnyi wa filimi wamamaye ku Isi, Eric Dane, yageneye ubutumwa abakobwa...

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

by radiotv10
21/02/2026
0

Good hygiene is not just about smelling good. It is about health, confidence, and self-respect. A man who takes care...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

25/02/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

25/02/2026
Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

25/02/2026
Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.