Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Munyankindi Abraham wo mu Karere ka Gisagara uherutse kubwira Igihugu cyose ko yifuza kuba mu bakire 10 ba mbere, aracyabishimigangira ko azabigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kunyura mu buzima bugoye ariko akaza kugera aho aba muri Guverinoma.

Munyankindi Abraham avuga ko yahereye ku bihumbi 200 Frw yaguzemo inkoko 50 zo korora zaje kumuhira, ndetse agaterwa inkunga na Leta y’ibihumbi 300 byatumye yagura ubworozi bwe bugera ku nkoko 300.

Ibi ni na byo yagarutseho mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye mu cyumweru gishize, aho yagaragaje ko izi nkoko zaje kumuzamura akaza kubifatanya n’ubucuruzi bwo kugura imyaka akayisubiza.

Ubwo yagaragarizaga Perezida wa Repubulika, Paul Kagame intambwe yiteje, yavuze ko yaje guha akazi urubyiruko icyenda kandi ko bose bateye imbere.

Icyo gihe agaragariza Perezida Kagame iterambere rye, yagize ati “Ubu nanjye ntunze imodoka imfasha kuzenguruka nkora akazi kanjye. Si ibyo gusa kandi; narakomeje ubu mfite n’abana batatu nakuye ku muhanda mbafasha mu mibereho ya buri munsi, basubiye mu ishuri ubu bariga neza.”

Yakomeje agira ati “Si ibyo gusa nyakubahwa Perezida wa Repubulika; ubu ndifuza ko mu myaka icumi iri imbere ngomba kuzaba ndi mu bakire icumi iki Gihugu kizaba gifite.”

Abraham ubu afite imodoka agendamo

Uyu musore yongeye kubishimangira mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya One on One, yanagarutse ku bamuteye amabuye nyuma y’ibyo yatangaje bavuga ko yishongoye, kandi ko ibyo ahiga atazabigeraho.

Ati “Ubutumwa nabagenera rwose sinjya kure y’ubutumwa nyakubahwa Perezida wa Repubulika ahora aduha, ati ‘wowe kora abakavuga bareke wijya gusubizanya na bo, wowe kora ibyo ukora ubikuremo inyungu, ubwo bazagaruka baza ari abandi bantu’.”

Uyu musore akomeza avuga kuba yaba umwe mu bakire 10 ba mbere mu Gihugu, bishoboka nubwo bitoroshye.

Ati “Ni intego itoroshye ariko irashoboka kuko ababibaye babibaye nta koranabuhanga riraza, nta mashuri aha amahirwe bose, bakora n’ibintu ari ugushakisha wenda bataranabibonyeho ubumenyi bw’ibanze. Icyo rero ni igishoro kuba dufite ubumenyi tukagira n’imyitwarire itari mibi, ibindi byose bigenda bishoboka.”

Kuri we yemeza ko nubwo atari aza mu bakire 10 ba mbere mu Rwanda ariko “Ndi umukire kandi nzakomeza kuba umukire.”

Avuga ko inzira yo gukira igoye ariko iyo umuntu abiharaniye abigeraho, agatanga urugero kuri Bamporiki Edouard wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko n’umuco, ariko yaranyuze mu buzima bugoye na we ubwe yakunze kwivugira burimo kuba yaracukuye imisarani.

Inzu abamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + twenty =

Previous Post

Burundi: Habaye ibidasanzwe byakangaranyije ababibonye

Next Post

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi
AMAHANGA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.