Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore wigaga muri Kaminuza y’u Rwanda arakekwaho kwiyahura abitewe no kwimwa urukundo

radiotv10by radiotv10
19/02/2022
in MU RWANDA
0
Umusore wigaga muri Kaminuza y’u Rwanda arakekwaho kwiyahura abitewe no kwimwa urukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ryayo rya Huye, bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye aho yari atuye i Tumba mu Karere ka Huye, aho bikekwa ko yiyahuye abitewe no kuba hari umukobwa yakundaga ariko we ntamukunde.

Amakuru dukesha abo muri iyi Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko uyu munyeshuri witwa Pacifique, yigaga mu mwaka wa mbere mu ishami ry’ibarurishamibare, akaba yigaga ku nguzanyo ya Leta.

Umurambo w’uyu musore wari ufite imyaka 21 y’amavuko, bawubonye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 18 Gashyantare 2022, ahagana saa yine mu Mudugudu wa Agasengasenge, Akagari ka Cyarwa mu Murenge wa Tumba.

Umurambo we bawubonye mu gihe hari hashize akanya ari kumwe na bagenzi be kuko yabasize mu cyumba aho baganiriraga agasohoka nk’ugiye ku bwiherero mu kanya gato basohotse bamusanga amanitse mu mugozi yapfuye.

Birakekwa ko yaba yiyambuye ubuzima abitewe no kuba hari umukobwa yakundaga ariko we akamutera umugongo ndetse ko ubwo ibi byabaga bashobora kuba bari bamaze kuvugana.

Umwe mu baba mu gipangu nyakwigendera yabagamo, yagize ati “Hari umukobwa yakundaga ariko we ngo atamukunda amubeshyabeshya, yikundira abandi.”

Uyu munyeshuri avuga ko RIB yajyanye telefone ya nyakwigendera kuko hari hashize akanya ari kuvugana n’uwo mukobwa ndetse bari no kwandikirana ubutumwa kugira ngo bizifashishwe mu iperereza.

Migabo Vital uyobora Umurenge wa Tumba, yemeje aya makuru, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza mu gihe umurambo wa nyakwigendera na wo wahise ujyanwa mu bitari Bikuru bya Kaminuza bya CHUB.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Abafatanyije na Gitwaza gushinga Zion Temple bamweguje, RGB ibitera utwatsi

Next Post

Umunyarwandakazi Sherrie Silver yashyiriweho ikibumbano mu Bwongereza giteze mu mbyino Nyarwanda

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi Sherrie Silver yashyiriweho ikibumbano mu Bwongereza giteze mu mbyino Nyarwanda

Umunyarwandakazi Sherrie Silver yashyiriweho ikibumbano mu Bwongereza giteze mu mbyino Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.