Umutoza Seninga Innocent wigeze guhagarikwa n’ikipe ya Etincelles FC, akanerecyeza muri Zambia ariko akabura ikipe, yongeye kugirirwa icyizere n’iyi kipe yigeze kumuhagarika, ahita anatangira akazi.
Seninga yavuzwe mu makipe yo muri Zambia, ariko ubu nyuma y’ibiganiro yemeye gukomezanya na Etincelles FC, ahita atangiza imyitozo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2025.
Mu mwaka ushize w’imikino wa 2024- 2025, Seninga yahagaritswe na Etincelles FC imushinja gusohoka mu mwiherero, ariko iza kumugarura, asozanya na yo shampiyona.
Uyu mutoza wari watangaje ko azashakira akazi n’ahandi, muri Kamena yerecyeje muri Zambia ariko aza kugaruka mu Rwanda atabonye ikipe yo gutoza.
Ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yasinyishije Seninga Innocent amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza mukuru.
Mu myitozo ya mbere yayoboye kuri uyu wa Kabiri, yakoranye n’abandi batoza bose basozanyije shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2024-2025.
Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10