• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho ipoto y’umuyoboro mugari w’amashanyarazi, ariko amaze iyo myaka yose yarabuze uwamukemurira iki kibazo.

Nyirahategekimana Speciose utuye mu Mudugudu wa Kabigabiro, Akagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu, avuga ko ababazwa no kubona ipoto y’umuyoboro mugari w’amashanyarazi yashinzwe mu mbuga ye none imyaka ikaba ibaye 14 asiragira ku ngurane y’amafaranga ibihumbi 400 yemerewe.

Yagize ati “Abarundi baje kubaka batubwiye ko bazatwishyura. Igihe amafaranga bavuze ngo yasohotse nagiye ku murenge bambwira ko uwayubatse ngo yatorotse. Nkibaza ngo kuki ari njye bimye amafaranga! Narakurikiranye ariko kugeza n’ubu sindayabona nyamara aba nyuma yanjye barayishyuye. Nta hantu ntagejeje ikibazo cyanjye nyamara ntacyo bansubiza.”

Uyu muturage akomeza agaragaza ingaruka uku gusiragira byamuteye, ari na ko atakamba asaba ko yahabwa ayo mafaranga y’ingurane y’ubutaka bwe.

Nyirahategekimana Speciose ati “Amafaranga narayabuze, n’ubutaka ndabubura. Nk’ubu umuhungu wanjye agize imyaka 22 yabuze aho yasiza ikibanza cyo kubaka none yarangaye. Nabuze byose, bampejeje inyuma y’amateka.”

Ni mu gihe ubwo umunyamakuru yavuganaga n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG), ishami rya Rutsiro, Bahoranimana Barnabé, yamwizeje ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo gikemurwe.

Ibibazo by’itinda ry’ingurane z’ubutaka bw’abaturage bwubakwaho ibikorwa by’inyungu rusange biri mu bikunda kugaragara cyane mu bihangayikishije abaturage, mu gihe Itegeko rigenga ingurane ku bikorwa by’inyungu rusange ryo mu mwaka wa 2015 riteganya ko nta muntu wemerewe kubuza ko hari igikorwa cy’inyungu rusange kinyuzwa mu butaka bwe, ariko kandi rikavuga ko icyo gikorwa gitangira ari uko nyir’ubutaka abanje kwishyurwa ingurane ikwiye.

Nyirahategekimana asaba kurenganurwa

Ipoto iteretse mu marembo y’iwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 16 =

Previous Post

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Next Post

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.