Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe ufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23, biravugwa ko wamaze kugera muri Ituri guhangana n’abarwanyi ba ADF irwanya Uganda.

Biravugwa ko abarwnayi ba Wazalendo bamaze gushinga ibirindiro ahitwa Mungamba mu bilometero 100 uvuye mu Mujyi wa Bunia muri Teritwari ya Irumu muri Ituri.

Amakuru ava mu gace aba barwanyi bakambitsemo, avuga ko baje gutata muri aka gace kugira ngo bahashinge ibirindiro mu rwego rwo gukozanyaho n’abarwanyi ba ADF.

Aba barwanyi baravugwa muri aka gace kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, biravugwa ko bahagiye boherejwe n’ubuyobozi, kugira ngo bakomeze gufasha FARDC mu rugamba irimo rwo guhashya umutwe wa ADF.

Gusa Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace, ivuga ko kuba aba barwanyi baje muri aka gace, bishobora kongera ibibazo by’umutekano mucye muri aka gace gasanzwe kabamo imitwe myinshi yitwaje intwaro.

Pascal Kisezo, umwe mu bayobozi muri aka gace, yagize ati “Hano muri Irumu, hari imiryango myinshi yitwaje intwaro. Niba rero baje kongeraho indi mitwe, bakaba bazanye n’intwaro. Baravuga ko Wazalendo ari abantu bakunda Igihugu, baje kurwana ku baturage cyangwa kurandura ADF. Ejo bazaba ari abanzi b’abaturage.”

Umuyobozi wa Teritwari ya Irumu, Colonel Jean Siro Simba yemeje ko hoherejwe itsinda rya mbere rya Wazalendo, barimo n’abayobozi kugira ngo bajye gukurikirana uko ibibazo by’umutekano bihari.

Yavuze ko kandi ko kuba aba barwanyi bageze hariya, bitigeze bimenyeshwa inzego zabo. Ati “Icy’ingenzi ni uko bazagaruka aho bari bari.”

Uku kohereza abarwanyi ba Wazalendo, ibaye nyuma yuko habaye urugamba ruhuriweho na FARDC n’igisirikare cya Uganda mu guhashya umutwe wa ADF, byanemejwe ko rwasize hishwe abayobozi babiri b’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

Next Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

IZIHERUKA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko
MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.