Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe ufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23, biravugwa ko wamaze kugera muri Ituri guhangana n’abarwanyi ba ADF irwanya Uganda.

Biravugwa ko abarwnayi ba Wazalendo bamaze gushinga ibirindiro ahitwa Mungamba mu bilometero 100 uvuye mu Mujyi wa Bunia muri Teritwari ya Irumu muri Ituri.

Amakuru ava mu gace aba barwanyi bakambitsemo, avuga ko baje gutata muri aka gace kugira ngo bahashinge ibirindiro mu rwego rwo gukozanyaho n’abarwanyi ba ADF.

Aba barwanyi baravugwa muri aka gace kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, biravugwa ko bahagiye boherejwe n’ubuyobozi, kugira ngo bakomeze gufasha FARDC mu rugamba irimo rwo guhashya umutwe wa ADF.

Gusa Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace, ivuga ko kuba aba barwanyi baje muri aka gace, bishobora kongera ibibazo by’umutekano mucye muri aka gace gasanzwe kabamo imitwe myinshi yitwaje intwaro.

Pascal Kisezo, umwe mu bayobozi muri aka gace, yagize ati “Hano muri Irumu, hari imiryango myinshi yitwaje intwaro. Niba rero baje kongeraho indi mitwe, bakaba bazanye n’intwaro. Baravuga ko Wazalendo ari abantu bakunda Igihugu, baje kurwana ku baturage cyangwa kurandura ADF. Ejo bazaba ari abanzi b’abaturage.”

Umuyobozi wa Teritwari ya Irumu, Colonel Jean Siro Simba yemeje ko hoherejwe itsinda rya mbere rya Wazalendo, barimo n’abayobozi kugira ngo bajye gukurikirana uko ibibazo by’umutekano bihari.

Yavuze ko kandi ko kuba aba barwanyi bageze hariya, bitigeze bimenyeshwa inzego zabo. Ati “Icy’ingenzi ni uko bazagaruka aho bari bari.”

Uku kohereza abarwanyi ba Wazalendo, ibaye nyuma yuko habaye urugamba ruhuriweho na FARDC n’igisirikare cya Uganda mu guhashya umutwe wa ADF, byanemejwe ko rwasize hishwe abayobozi babiri b’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

Next Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.