Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe ufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23, biravugwa ko wamaze kugera muri Ituri guhangana n’abarwanyi ba ADF irwanya Uganda.

Biravugwa ko abarwnayi ba Wazalendo bamaze gushinga ibirindiro ahitwa Mungamba mu bilometero 100 uvuye mu Mujyi wa Bunia muri Teritwari ya Irumu muri Ituri.

Amakuru ava mu gace aba barwanyi bakambitsemo, avuga ko baje gutata muri aka gace kugira ngo bahashinge ibirindiro mu rwego rwo gukozanyaho n’abarwanyi ba ADF.

Aba barwanyi baravugwa muri aka gace kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, biravugwa ko bahagiye boherejwe n’ubuyobozi, kugira ngo bakomeze gufasha FARDC mu rugamba irimo rwo guhashya umutwe wa ADF.

Gusa Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace, ivuga ko kuba aba barwanyi baje muri aka gace, bishobora kongera ibibazo by’umutekano mucye muri aka gace gasanzwe kabamo imitwe myinshi yitwaje intwaro.

Pascal Kisezo, umwe mu bayobozi muri aka gace, yagize ati “Hano muri Irumu, hari imiryango myinshi yitwaje intwaro. Niba rero baje kongeraho indi mitwe, bakaba bazanye n’intwaro. Baravuga ko Wazalendo ari abantu bakunda Igihugu, baje kurwana ku baturage cyangwa kurandura ADF. Ejo bazaba ari abanzi b’abaturage.”

Umuyobozi wa Teritwari ya Irumu, Colonel Jean Siro Simba yemeje ko hoherejwe itsinda rya mbere rya Wazalendo, barimo n’abayobozi kugira ngo bajye gukurikirana uko ibibazo by’umutekano bihari.

Yavuze ko kandi ko kuba aba barwanyi bageze hariya, bitigeze bimenyeshwa inzego zabo. Ati “Icy’ingenzi ni uko bazagaruka aho bari bari.”

Uku kohereza abarwanyi ba Wazalendo, ibaye nyuma yuko habaye urugamba ruhuriweho na FARDC n’igisirikare cya Uganda mu guhashya umutwe wa ADF, byanemejwe ko rwasize hishwe abayobozi babiri b’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + five =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

Next Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.