Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bavandimwe b’Umuhanzi Yvan Buravan yanyomoje amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko yitabye Imana, avuga ko akiri muzima ndetse ko ari koroherwa.

Kuri uyu Gatatu bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bari bakwirakwije amakuru ko umuhanzi Yvan Buravan umaze iminsi arwaye, yitabye Imana.

Gusa aya makuru yahakanywe n’umuvandimwe wa Buravan witwa Martial, wavuze ko ayo makuru atari impamo.

Allegations that I have not managed to independently verify indicates that @yvanburavan is no more. Following up and will get back soon.

— Samuel Baker BYANSI (@SamuelBaker_B) August 3, 2022

Uyu muvandimwe wa Buravan mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, yavuze ko murumuna we atavuye mu mwuka w’abazima nkuko byatangajwe.

Yagize ati “Oya, ameze neza ni amahoro, ni amahoro cyane […] ibyo ku mbuga nkoranyambaga ntubizi se!?”

Buravan wabitswe akiri muzima, amaze iminsi yivuriza mu Kenya, gusa ubu akaba ari mu Rwanda aho biteganyijwe ko agomba kujya kwivuriza mu Buhindi.

Umuvandimwe we Martial yavuze ko Buravan ubu ameze neza agereranyije n’uko yagiye ameze ndetse ko hari icyizere gihagije ko azakira na we ubwe akaba afite imbaraga n’icyizere.

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bakomeje gushyiraho ubutumwa bukomeza uyu muhanzi ndetse bamwereka ko bari kumwe banamwifuriza gukira.

Ndabinginze tugerageze kuba abanyabuntu kuko ari 1 mundangagaciro zacu.

Tumusengere tumuture gihanga maze atsinde uburwayi byaba byiza kuko nacyo twacyita igitego cyiza,
Imana ibarinde mwese

— Jules Sentore 🎶 (@julesentore) August 3, 2022

Buravan unaherutse gushyira hanze indirimbo Big Time iri mu ndirimbo nziza zikunzwe muri iyi minsi, yari yagiye kwivuriza muri Kenya mu kwezi gushize nyuma yuko abanje kwivuriza mu Rwanda akaza no kujya mu Bitaro ariko agasezererwa nyuma akonera kuremba.

Umuhanzi Yvan Buravan ararembye ariko ngo ari koroherwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

Next Post

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Related Posts

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.