Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bavandimwe b’Umuhanzi Yvan Buravan yanyomoje amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko yitabye Imana, avuga ko akiri muzima ndetse ko ari koroherwa.

Kuri uyu Gatatu bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bari bakwirakwije amakuru ko umuhanzi Yvan Buravan umaze iminsi arwaye, yitabye Imana.

Gusa aya makuru yahakanywe n’umuvandimwe wa Buravan witwa Martial, wavuze ko ayo makuru atari impamo.

Allegations that I have not managed to independently verify indicates that @yvanburavan is no more. Following up and will get back soon.

— Samuel Baker BYANSI (@SamuelBaker_B) August 3, 2022

Uyu muvandimwe wa Buravan mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, yavuze ko murumuna we atavuye mu mwuka w’abazima nkuko byatangajwe.

Yagize ati “Oya, ameze neza ni amahoro, ni amahoro cyane […] ibyo ku mbuga nkoranyambaga ntubizi se!?”

Buravan wabitswe akiri muzima, amaze iminsi yivuriza mu Kenya, gusa ubu akaba ari mu Rwanda aho biteganyijwe ko agomba kujya kwivuriza mu Buhindi.

Umuvandimwe we Martial yavuze ko Buravan ubu ameze neza agereranyije n’uko yagiye ameze ndetse ko hari icyizere gihagije ko azakira na we ubwe akaba afite imbaraga n’icyizere.

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bakomeje gushyiraho ubutumwa bukomeza uyu muhanzi ndetse bamwereka ko bari kumwe banamwifuriza gukira.

Ndabinginze tugerageze kuba abanyabuntu kuko ari 1 mundangagaciro zacu.

Tumusengere tumuture gihanga maze atsinde uburwayi byaba byiza kuko nacyo twacyita igitego cyiza,
Imana ibarinde mwese

— Jules Sentore 🎶 (@julesentore) August 3, 2022

Buravan unaherutse gushyira hanze indirimbo Big Time iri mu ndirimbo nziza zikunzwe muri iyi minsi, yari yagiye kwivuriza muri Kenya mu kwezi gushize nyuma yuko abanje kwivuriza mu Rwanda akaza no kujya mu Bitaro ariko agasezererwa nyuma akonera kuremba.

Umuhanzi Yvan Buravan ararembye ariko ngo ari koroherwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

Next Post

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Related Posts

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

IZIHERUKA

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri
MU RWANDA

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.