Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

radiotv10by radiotv10
06/08/2022
in MU RWANDA
0
Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

M23 yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko idateze kuva mu Mujyi wa Bunagana ahubwo ko niba bwifuza ko baganira bwayihasanga bakagirana ibiganiro kandi ko byaba byiza bikozwe vuba.

Byatangajwe n’Umuvugizi mushya wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu kiganiro yagiranye na Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, cyagarutse ku ku cyo uyu mutwe uvuga kuri Raporo y’inzobere za Loni ivuga ko ufashwa n’u Rwanda.

Lawrence Kanyuka yavuze ko ibyatangajwe na ziriya mpuguke za UN ari ibinyoma kuko raporo yasohotse mbere yo ku ya 14 Kamena 2022 yavugaga ko nta bimenyetso na bimwe byagaragaye bigaragaza ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Ati “None ni gute nyuma y’iminsi cyangwa ibyumweru bicye bakongeramo ibinyoma kugira ngo base nk’abahahuma amaso Guverinoma ya Congo kugira ngo bacubye uburakari bw’abigaragambya ndetse n’amahano yakozwe i Kasindi aho abaturage bagenzi bacu bakomeretse abandi bakitaba Imana kubera amasasu ya UN.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba bamagana iyi raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, asubiza agira ati “Yego, turabyamagana twivuye inyuma, ni ikintu cyacuzwe kubera umugambi nyuma yuko bamwe mu bagize MONUSCO batangiye kwirukanwa mu Gihugu.”

Bamwe mu basesenguzi bagize icyo bavuga kuri iriya raporo yatajweho ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 04 Kanama 2022, bavuga ko yakoranywe umugambi ugamije kugira igitambo u Rwanda kubera igitutu kiri kuri uyu muryango w’Abibumbye mu butumwa bwawo muri Congo [MONUSCO].

Lawrence Kanyuka yavuze ko M23 idashobora kuva mu Mujyi wa Bunagana mu gihe cyose Guverinoma ya Congo itarubahiriza ibikubiye mu masezerano bagiranye.

Yavuze ko tariki 01 Mata uyu mwaka habayeho amasezerano yo guhagarika intambara ariko ko “Guverinoma ya Congo ntisiba kutugabaho ibitero, rero tugomba kwirwanaho, rero niba Guverinoma idukeneye izadusange i Bunagana tuganire.”

Yakomeje avuga ko badashobora kuva muri uyu mujyi kuko ari uwa Congo kandi na bo bakaba ari Abanye-Congo, ati “Bamwe muri twe ni ho bavukiye, ababyeyi bacu ni ho bari, mu byukuri ntitwiteguye kuharekura, tuharekure hanyuma tujye he? Ni umujyi wa Congo, niba Guverinoma ya Congo ikeneye ko tuganira, bazadusange i Bunagana.”

Yavuze kandi ko niba ubutegetsi bwa Congo bwifuza ko baganira, bugomba kubikora vuba kuko amatora yegereje kandi ko uko bakomeza gutinda na bo bazakora akantu ariko ikibazo na byo bizashyirwa ku mutwe w’u Rwanda kandi rurengana.

Imirwano ihanganishije Umutwe wa M23 na FARDC, yongeye kubura muri iki cyumweru aho uyu mutwe wongeye gukubita inshuro igisirikare cya Leta, ugafata utundi duce dutatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 5 =

Previous Post

Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…

Next Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Related Posts

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

IZIHERUKA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza
MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.