Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

radiotv10by radiotv10
06/08/2022
in MU RWANDA
0
Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

M23 yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko idateze kuva mu Mujyi wa Bunagana ahubwo ko niba bwifuza ko baganira bwayihasanga bakagirana ibiganiro kandi ko byaba byiza bikozwe vuba.

Byatangajwe n’Umuvugizi mushya wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu kiganiro yagiranye na Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, cyagarutse ku ku cyo uyu mutwe uvuga kuri Raporo y’inzobere za Loni ivuga ko ufashwa n’u Rwanda.

Lawrence Kanyuka yavuze ko ibyatangajwe na ziriya mpuguke za UN ari ibinyoma kuko raporo yasohotse mbere yo ku ya 14 Kamena 2022 yavugaga ko nta bimenyetso na bimwe byagaragaye bigaragaza ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Ati “None ni gute nyuma y’iminsi cyangwa ibyumweru bicye bakongeramo ibinyoma kugira ngo base nk’abahahuma amaso Guverinoma ya Congo kugira ngo bacubye uburakari bw’abigaragambya ndetse n’amahano yakozwe i Kasindi aho abaturage bagenzi bacu bakomeretse abandi bakitaba Imana kubera amasasu ya UN.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba bamagana iyi raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, asubiza agira ati “Yego, turabyamagana twivuye inyuma, ni ikintu cyacuzwe kubera umugambi nyuma yuko bamwe mu bagize MONUSCO batangiye kwirukanwa mu Gihugu.”

Bamwe mu basesenguzi bagize icyo bavuga kuri iriya raporo yatajweho ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 04 Kanama 2022, bavuga ko yakoranywe umugambi ugamije kugira igitambo u Rwanda kubera igitutu kiri kuri uyu muryango w’Abibumbye mu butumwa bwawo muri Congo [MONUSCO].

Lawrence Kanyuka yavuze ko M23 idashobora kuva mu Mujyi wa Bunagana mu gihe cyose Guverinoma ya Congo itarubahiriza ibikubiye mu masezerano bagiranye.

Yavuze ko tariki 01 Mata uyu mwaka habayeho amasezerano yo guhagarika intambara ariko ko “Guverinoma ya Congo ntisiba kutugabaho ibitero, rero tugomba kwirwanaho, rero niba Guverinoma idukeneye izadusange i Bunagana tuganire.”

Yakomeje avuga ko badashobora kuva muri uyu mujyi kuko ari uwa Congo kandi na bo bakaba ari Abanye-Congo, ati “Bamwe muri twe ni ho bavukiye, ababyeyi bacu ni ho bari, mu byukuri ntitwiteguye kuharekura, tuharekure hanyuma tujye he? Ni umujyi wa Congo, niba Guverinoma ya Congo ikeneye ko tuganira, bazadusange i Bunagana.”

Yavuze kandi ko niba ubutegetsi bwa Congo bwifuza ko baganira, bugomba kubikora vuba kuko amatora yegereje kandi ko uko bakomeza gutinda na bo bazakora akantu ariko ikibazo na byo bizashyirwa ku mutwe w’u Rwanda kandi rurengana.

Imirwano ihanganishije Umutwe wa M23 na FARDC, yongeye kubura muri iki cyumweru aho uyu mutwe wongeye gukubita inshuro igisirikare cya Leta, ugafata utundi duce dutatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 9 =

Previous Post

Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…

Next Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.