Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

radiotv10by radiotv10
06/08/2022
in MU RWANDA
0
Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

M23 yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko idateze kuva mu Mujyi wa Bunagana ahubwo ko niba bwifuza ko baganira bwayihasanga bakagirana ibiganiro kandi ko byaba byiza bikozwe vuba.

Byatangajwe n’Umuvugizi mushya wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu kiganiro yagiranye na Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, cyagarutse ku ku cyo uyu mutwe uvuga kuri Raporo y’inzobere za Loni ivuga ko ufashwa n’u Rwanda.

Lawrence Kanyuka yavuze ko ibyatangajwe na ziriya mpuguke za UN ari ibinyoma kuko raporo yasohotse mbere yo ku ya 14 Kamena 2022 yavugaga ko nta bimenyetso na bimwe byagaragaye bigaragaza ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Ati “None ni gute nyuma y’iminsi cyangwa ibyumweru bicye bakongeramo ibinyoma kugira ngo base nk’abahahuma amaso Guverinoma ya Congo kugira ngo bacubye uburakari bw’abigaragambya ndetse n’amahano yakozwe i Kasindi aho abaturage bagenzi bacu bakomeretse abandi bakitaba Imana kubera amasasu ya UN.”

Umunyamakuru yahise amubaza niba bamagana iyi raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, asubiza agira ati “Yego, turabyamagana twivuye inyuma, ni ikintu cyacuzwe kubera umugambi nyuma yuko bamwe mu bagize MONUSCO batangiye kwirukanwa mu Gihugu.”

Bamwe mu basesenguzi bagize icyo bavuga kuri iriya raporo yatajweho ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 04 Kanama 2022, bavuga ko yakoranywe umugambi ugamije kugira igitambo u Rwanda kubera igitutu kiri kuri uyu muryango w’Abibumbye mu butumwa bwawo muri Congo [MONUSCO].

Lawrence Kanyuka yavuze ko M23 idashobora kuva mu Mujyi wa Bunagana mu gihe cyose Guverinoma ya Congo itarubahiriza ibikubiye mu masezerano bagiranye.

Yavuze ko tariki 01 Mata uyu mwaka habayeho amasezerano yo guhagarika intambara ariko ko “Guverinoma ya Congo ntisiba kutugabaho ibitero, rero tugomba kwirwanaho, rero niba Guverinoma idukeneye izadusange i Bunagana tuganire.”

Yakomeje avuga ko badashobora kuva muri uyu mujyi kuko ari uwa Congo kandi na bo bakaba ari Abanye-Congo, ati “Bamwe muri twe ni ho bavukiye, ababyeyi bacu ni ho bari, mu byukuri ntitwiteguye kuharekura, tuharekure hanyuma tujye he? Ni umujyi wa Congo, niba Guverinoma ya Congo ikeneye ko tuganira, bazadusange i Bunagana.”

Yavuze kandi ko niba ubutegetsi bwa Congo bwifuza ko baganira, bugomba kubikora vuba kuko amatora yegereje kandi ko uko bakomeza gutinda na bo bazakora akantu ariko ikibazo na byo bizashyirwa ku mutwe w’u Rwanda kandi rurengana.

Imirwano ihanganishije Umutwe wa M23 na FARDC, yongeye kubura muri iki cyumweru aho uyu mutwe wongeye gukubita inshuro igisirikare cya Leta, ugafata utundi duce dutatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…

Next Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa
AMAHANGA

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

by radiotv10
11/11/2025
0

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.