• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

radiotv10by radiotv10
29/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe na Perezida Felix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, nyuma yo gutangaza amagambo yuzuye ingengabitekerezo.

Ni amakuru yaramutse avugwa n’Ibitangazamakuru binyuranye byo muri DRC mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ukuboza, nyuma y’iminsi ibiri gusa uyu Mujenerali wavugiraga FARDC avuze ko ngo “gushaka umugore w’Umututsikazi muri iki gihe, bisaba kwitonda.”

Itangazamakuru ryo muri Congo, rivuga ko “Major General Sylvain Ekenge, umuvugizi wa FARDC (Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo), yahagaritswe n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo.”

Itangazamakuru rivuga ko iki cyemezo kije nyuma y’amagambo yatangajwe ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, aho uyu Mujenerani atangarije kuri Radio na Televiziyo by’Igihugu (RTNC) ariya magambo.

Ibiro Ntaramakuru byo muri Congo ACP.Cd bivuga ko “Umuvugizi w’Ingabo yahagaritswe kubera amagambo agamije kuvangura ubwoko bw’Abatutsi.”

Umwe mu basirikare bakuru muri FARDC, mu masaha yo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yemereye ACP ko Maj Gen Sylvain Ekenge yahagaritswe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Ariya magambo yatangajwe na Maj Gen Sylvain Ekenge, yari yamaganiwe kure n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, wavuze ko uyu Mujenerali yagaruye amategeko 10 y’Abahutu ari mu bikoresho byifashishijwe n’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Minisitiri Ndungirehe yari yavuze ko ibintu nk’ibi bidakwiye mu gihe nk’iki abantu bari kwizihiza iminsi mikuru irimo na Noheli, ubundi yagombye kuba igihe cyo kubiba amahoro n’urukundo, ariko uriya musirikare akaba yagikoresheje abiba urwango.

Ariya magambo kandi yamaganywe na Maxime Prevot, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi buzi amateka yaranze aka karere dore ko bwakoronije Congo, aho yavuze ko yababajwe cyane na biriya byatangajwe na Maj Gen Ekenge .

Maxime Prevot yagize ati “Ibi ntibikwiye na gato gukorwa n’uhagarariye inzego. Mbyamaganye nivuye inyuma, imvugo zose zibiba urwango zikwiye kwamaganirwa kure.”

Guverineri Wungirije wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy na we yamaganye iriya mvugo, avuga ko bidakwiye kuba umuntu nk’uriya uri mu mwanya nk’uwe, asaba Abanyekongo kudashakana n’Abatutsi, avuga ko ari ibintu bishobora kugira ingaruka zikomeye cyane.

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 ryashinzwe rigamije kurwanya akarengane n’ivangura bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, na we yamaganye iriya mvugo, avuga ko ishimangira umugambi w’ubutegetsi bwa Congo wo kuva cyera ugamije gukorera Jenoside Abanyekongo bo muri buriya bwoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 7 =

Previous Post

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Next Post

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.