Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Umuryango Mpuzamahanga HRW (Human Rights Watch) uharanira Uburenganzira bwa Muntu kubera ibyo watangaje ku Rwanda, avuga ko ntaho bihuriye n’inshingano zawo, ahubwo ko ibyo wakabaye utangaza by’ibibera muri DRC ubitera umugongo.

Ni nyuma yuko uyu Muryango ‘Human Rights Watch’ (HRW) uvuze ko imva zo mu irimbi rya Gisirikare rya Kanombe, zabaye nyinshi ngo kuva muri Mutarama uyu mwaka.

Uyu Muryango wakunze gushinja u Rwanda ibinyoma mu bihe bitandukanye, uzamura n’ubundi amakuru anyuranye n’ukuri, ushaka kugaragaza ko hari abasirikare b’u Rwanda baguye ku rugamba rwo gufasha AFC/M23 ubwo iri huriro ryafataga umujyi wa Goma na Bukavu.

Ni ibirego by’ibinyoma u Rwanda rutahwemye kwamaganira kure, ruvuga ko nta musirikare warwo wageze ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha ririya huriro rigizwe n’Abanyekongo bahagurukiye kurwanya akarengane kakunze gukorerwa bene wabo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kwicwa umunsi ku wundi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe na HRW, yagaragaje ko uyu Muryango uharanira uburenganzira bwa muntu watandukiriye.

Yagize ati “Ni mu buhe buryo kugaragaza amarimbi yo mu Rwanda nk’uku, byabaye ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu?”

Yolande Makolo yakomeje agaragaza uyu muryango urangwa no gutangaza amakuru y’Ibinyoma atarimo n’icyubahiro, ugamije gushitura abantu.

Uyu Muryango kandi washyize hanze ifoto uvuga ko yafashwe n’icyogajuru cyawo muri Mutarama 2022, igaragaza ngo irimbi rya Gisirikare rya Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

Yolande Makolo yakomeje agira ati “Kuki iri koranabuhanga mutarikoresha mugaragaza ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge bikorwa na FARDC, no kwerekana abasirikare ibihumbi n’ibihumbi b’u Burundi bambukiranya umupaka bajya muri Kivu y’Epfo gufasha FARDC n’inyeshyamba zikora amarorerwa za Wazalendo, bari kwica abasivile? Cyangwa ni HRW iri guhishira ibi bitero bikomeje kugabwa, witwikiriye umutaka wo gukomeza gusubiramo ibinyoma byegekwa ku Rwanda?”

Uyu Muryango wakunze gutangaza amakuru y’ibinyoma ku Rwanda, byumwihariko aho wigeze kugaragaza ibyo uvuga ko ari akarengane kakorerwaga Abanyarwanda, ariko benshi bakawunyomoza, bagaragaza ko ubuyobozi bw’u Rwanda bushyira imbere inyungu z’abaturage, kandi ko ntacyo bashinja Leta itabakorera mu bushobozi ifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 11 =

Previous Post

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Next Post

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.