Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yamaganye ubutumwa bw’ubucurano yitiriwe, bwavugaga ko yatangaje ko u Rwanda rugiye gukorana n’Ihuriro AFC ribarizwamo imitwe irimo na M23.

Ni ubutumwa bwasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, bwanditswe hanifashishijwe ifoto y’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, buvuga ko mu gihe Leta ya Congo Kinshasa ikomeje gukorana na FDLR, iy’u Rwanda na yo yiyemeje gukorana na AFC.

Ubu butumwa, buvuga ko ibi byatangajwe na Yolande Makolo mu nyandiko ya Telegramme, ko “Niba DRC ikomeje gushyigikira no kuba inyuma ya FLDR Hutu, igihe kirageze ko u Rwanda” ngo u Rwanda na rwo rugiye gufatanya na Alliance Fleuve Congo, mu guha Corneille Naanga indege na Drones, ndetse n’intwaro zihariye.

Ubu butumwa bw’ubuhimbano, bwakomezaga buvuga ko “muri iki cyumweru tuzahuriza hamwe imbaraga n’Umugaba Mukuru wa Corneille Naanga hasinywa amasezerano y’ubwumvikane.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yifashishije ubu butumwa aragaza ko ari ubucurano, yabwamaganye, agira ati “Ni ikinyoma cyambaye ubusa. Njye sinjya nanakoresha Telegram.”

Very fake news. I don’t even use Telegram. pic.twitter.com/2hSEplv2VP

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) April 28, 2024

Ubutumwa bw’ubucurano nk’ubu bwakunze kujya buhimbwa n’Abanyekongo, bagamije kuyobya uburari ku bw’amakosa n’ibinyoma byakunze guhimbwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri Nyakanga umwaka ushize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye ubutumwa bwari bwitiriwe Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwavugaga ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame azohereza ingabo i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Icyo gihe ubuyobozi bwa RDF bwashyize hanze itangazo bunyomoza iby’ubu butumwa, bwari bwabwitiriwe, busaba abantu kutabuha agaciro kuko ari ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Next Post

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Related Posts

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3
MU RWANDA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b'abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.