Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yagaragaje ibikwiye gutera ipfunwe ubutegetsi bwa Congo n’ababushyigikiye

radiotv10by radiotv10
03/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire; yavuze ko biteye isoni kubona ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwiyambaza abacancuro, umutwe w’abajenosideri n’ingabo z’Ibihugu bine kugira ngo bwiyicire abaturage b’iki Gihugu, ariko amahanga agakomeza kubyirengagiza.

Mu karere u Rwanda ruherereyemo, inkuru igezweho ni ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biherutse gufata indi ntera nyuma yuko umutwe wa M23 ubohoje Umujyi wa Goma, umaze gukubita incuro igisirikare cy’iki Gihugu FARDC gikorana n’abarimo FDLR, abacancuro n’ingabo z’u Burundi.

Nyuma yuko uyu mutwe ufashe umujyi wa Goma, ibirego by’ibinyoma byegekwa ku Rwanda byongeye kuba byinshi, aho nk’umuryango wa SADC washyize hanze itangazo rishinja u Rwanda gufatanya na M23 mu bitero bigabwa ku ngabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango.

U Rwanda rwakunze guhakana ibi birego by’ibinyomwa, ni kenshi rwagaragaje ko ntaho ruhuriye n’umutwe wa M23 ahubwo rukagaragaza impungenge rutewe n’ibyakunze gutangazwa na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi ko afite umugabi wo kurutera afatanyije n’umutwe FDLR usanzwe ukorana na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo.

Ibi byatumye u Rwanda rukaza ingamba z’ubwirinzi, nyuma yo kubona ko hari ibimenyetso by’uko Congo ifite umugambi wo gutera iki Gihugu cy’igituranyi, ndetse nyuma yuko hafashwe umujyi wa Goma, hakaba haragaragaye ibimenyetso simusiga ko uyu mugambi wari wegereje gushyirwa mu bikorwa.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire, mu butumwa yatambukije kuri X kuri iki Cyumweru tariki 02 Gashyantare 2025, yavuze ko kimwe mu byo u Rwanda ruzemera gutukirwa n’iyo cyakwitwa icyaha, ari ukurinda ubusugire bwarwo n’umutekano n’ituze by’abarutuye.

Yavuze ko u Rwanda rutazigera rugira uwo rusabira uruhushya rwo kwirindira umutekano kuko ntawundi bireba uretse rwo ubwarwo nk’uko rwakunze kwigira kuva mu mateka yarwo.

Yaboneyeho kunenga ahubwo ubutegetsi bw’Igihugu cy’igituranyi cyo kinyuranyije n’uyu murongo w’u Rwanda, aho kurinda abaturage bacyo, ahubwo kikaba gishyize imbere kurimbura bumwe mu bwoko bwabo.

Yavuze ko kandi aho kugira ngo ubutegetsi bw’icyo Gihugu bushake umuti w’ibibazo by’abaturage bacyo, ahubwo bushyize imbere gukora ibikorwa bisa nko kugurisha ubusugire bwacyo ku bindi Bihugu.

Yagaragaje bimwe mu bikorwa by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje kureberwa, aho kugira ngo bibazwe ubuyobozi bw’iki Gihugu, ahubwo amahanga akajya kwegeka ibirego by’ibinyoma ku Rwanda.

Ati “Igisirikare kidahembwa, abacancuro babarirwa mu Magana, abajenosideri n’abasirikare bo mu Bihugu bine bari kwica abaturage ba DRC, Perezida wivugiye ku karubanda ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, Abaminisitiri bahamagarira abaturage kurimbura bagenzi babo babaziza ubwoko bwabo, gusahura umutungo w’Igihugu ku kigero kitigeze kibaho,…ariko ibyo byose bikirengagizwa, ntihagire ugaragaza ko ubuyobozi bwa DRC bukwiye kubazwa inshingano.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rushinjwa kubera kunanirwa inshingano kwa Guverinoma ya DRC, mu gihe ari Igihugu cya kabiri mu bunini ku Mugabane, atari uko ibivugwa ari ukuri, ahubwo kuko ibyo rusaba bishingiye ku kwishakamo ibisubizo, byanzwe.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragariza umuryango mpuzamahanga ko ntahandi hazava umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, atari uko ubutegetsi bw’iki Gihugu buzemera kwicarana ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23, aho kuba imbaraga za gisirikare ziri gukoreshwa ubu.

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eleven =

Previous Post

Menya imyanya amakipe y’u Rwanda ariho mu irushanwa ry’imitwe y’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Next Post

U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba

U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.