Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ibikorwa bya Perezida Paul Kagame byivugira ari na byo bituma Abanyafurika benshi bamushima, aboneraho kugira inama abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumwigiraho.

Yolande Makolo yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 03 Werurwa 2024 mu butumwa yanyujije kuri X, atanga ikigitekerezo ku nkuru yakozwe n’igitangazamakuru African Stream.

Mu butumwa buherekeje inkuru y’amashusho y’iki gitangazamakuru, gitangira kibaza abantu impamvu Perezida Kagame akwiye gufatwa nk’Intwari ya Afurika.

Kigira kiti “Perezida Paul Kagame yabaye ikirangirire mu Banyafurika b’Umugabane wose, akunze gutanga ibitekerezo by’ubuhanga avuga ku bwibone bw’Ibihugu by’Uburengerazuba.”

Iki gitangazamakuru gikomeza kibaza niba Perezida Kagame akwiye kuba intwari y’Umugabane wa Afurika, nubwo hari bamwe mu Banyafurika bacye batamwibonamo, nk’Abanyekongo bakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo atanga igitekerezo kuri iyi nkuru no kuri iki kibazo, yavuze ko ibyagezwego na Perezida Kagame, bikwiye kumugira igihangange n’Intwari y’u Rwanda na Afurika.

Ati “Ibyagezweho na Perezida Kagame nk’Intwari y’Umunyarwanda n’Umunyafurika, birivugira kandi ntabwo bishobora gukurwaho. Hamwe na RPF ni Umuyobozi w’Umunyafuruka wabohoye, akongera kubaka ndetse akanarinda u Rwanda, kandi ibi ni byo akomeje gukora.”

Yolande Makolo yakomeje avuga ko Abanyarwanda babyiruka bakomeje gufatira urugero rwiza kuri Perezida Kagame kandi bakaba baterwa imbaraga n’imiyoborere ye myiza.

Ati “Iyi ni yo mpamvu Abanyafurika bamwibonamo. Twese turi Abanyafurika. Abayobozi ba DRC bakwiye kubigenzerera Igihugu cyabo nk’uko yabikoze [mu gihe baba babikeneye].”

Yolande Makolo wabaye nk’uca akarongo kuri bamwe mu bayobozi bo muri Congo, batibonamo Perezida Kagame, yavuze ko ahubwo bari bakwiye kumwigiraho, aho guhora bashyize imbere ibikorwa bibi bibangamira imibereho y’abaturage b’Igihugu cyabo.

Mu bihe bitandukanye, Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kumvikana avuga ko yifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, mu gihe bizwi ko imiyoborere y’u Rwanda ikomeje kuba intangarugero ku Isi yose.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya DRC kandi yakunze kuvuga ko ibyo azabigeraho akoresheje uburyo bw’intambara, ndetse ko afite ubushobozi bwo kuba yarasa mu Rwanda atiriwe ava mu Gihugu cye.

Perezida Paul Kagame utarakunze gusubiza ibyatangazwaga na mugenzi we Tshisekedi, yavuze ko ibyo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda byo ari inzozi zidashobora kuzigera zigerwaho, ariko anavuga ko uwakunze kuvuga iby’intambara, ko impamvu abivuga ari uko atayizi, anavuga ko we afite icyo ayizeho, bityo ko uwaba yifuza intambara ashobora kubimugiraho inama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

Next Post

AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y’u Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y’u Rwanda

AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.