Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ibikorwa bya Perezida Paul Kagame byivugira ari na byo bituma Abanyafurika benshi bamushima, aboneraho kugira inama abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumwigiraho.

Yolande Makolo yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 03 Werurwa 2024 mu butumwa yanyujije kuri X, atanga ikigitekerezo ku nkuru yakozwe n’igitangazamakuru African Stream.

Mu butumwa buherekeje inkuru y’amashusho y’iki gitangazamakuru, gitangira kibaza abantu impamvu Perezida Kagame akwiye gufatwa nk’Intwari ya Afurika.

Kigira kiti “Perezida Paul Kagame yabaye ikirangirire mu Banyafurika b’Umugabane wose, akunze gutanga ibitekerezo by’ubuhanga avuga ku bwibone bw’Ibihugu by’Uburengerazuba.”

Iki gitangazamakuru gikomeza kibaza niba Perezida Kagame akwiye kuba intwari y’Umugabane wa Afurika, nubwo hari bamwe mu Banyafurika bacye batamwibonamo, nk’Abanyekongo bakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo atanga igitekerezo kuri iyi nkuru no kuri iki kibazo, yavuze ko ibyagezwego na Perezida Kagame, bikwiye kumugira igihangange n’Intwari y’u Rwanda na Afurika.

Ati “Ibyagezweho na Perezida Kagame nk’Intwari y’Umunyarwanda n’Umunyafurika, birivugira kandi ntabwo bishobora gukurwaho. Hamwe na RPF ni Umuyobozi w’Umunyafuruka wabohoye, akongera kubaka ndetse akanarinda u Rwanda, kandi ibi ni byo akomeje gukora.”

Yolande Makolo yakomeje avuga ko Abanyarwanda babyiruka bakomeje gufatira urugero rwiza kuri Perezida Kagame kandi bakaba baterwa imbaraga n’imiyoborere ye myiza.

Ati “Iyi ni yo mpamvu Abanyafurika bamwibonamo. Twese turi Abanyafurika. Abayobozi ba DRC bakwiye kubigenzerera Igihugu cyabo nk’uko yabikoze [mu gihe baba babikeneye].”

Yolande Makolo wabaye nk’uca akarongo kuri bamwe mu bayobozi bo muri Congo, batibonamo Perezida Kagame, yavuze ko ahubwo bari bakwiye kumwigiraho, aho guhora bashyize imbere ibikorwa bibi bibangamira imibereho y’abaturage b’Igihugu cyabo.

Mu bihe bitandukanye, Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kumvikana avuga ko yifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, mu gihe bizwi ko imiyoborere y’u Rwanda ikomeje kuba intangarugero ku Isi yose.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya DRC kandi yakunze kuvuga ko ibyo azabigeraho akoresheje uburyo bw’intambara, ndetse ko afite ubushobozi bwo kuba yarasa mu Rwanda atiriwe ava mu Gihugu cye.

Perezida Paul Kagame utarakunze gusubiza ibyatangazwaga na mugenzi we Tshisekedi, yavuze ko ibyo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda byo ari inzozi zidashobora kuzigera zigerwaho, ariko anavuga ko uwakunze kuvuga iby’intambara, ko impamvu abivuga ari uko atayizi, anavuga ko we afite icyo ayizeho, bityo ko uwaba yifuza intambara ashobora kubimugiraho inama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 9 =

Previous Post

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

Next Post

AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y’u Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y’u Rwanda

AMAFOTO: Dutere ijisho mu kindi gikorwa remezo mpamyabigwi muri Siporo y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.