Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat; wagiriye uruzinduko mu Rwanda avuye mu Burundi, akagera i Kigali anyuze inzira y’ubutaka, yashimye uburyo urujya n’uruza hagati y’ibi Bihugu rukomeje gusagamba, agaragaza ko bikwiye kubera urugero ibindi Bihugu bya Afurika.

Moussa Faki Mahamat yakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, tariki 19 Werurwe 2023, nyuma y’umunsi umwe anakiriwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kuri iki Cyumweru, byatangaje ko Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Muri iri tangazo ryo kuri uyu wa 19 Werurwe 2023, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame na Moussa Faki Mahamat baganiriye ku bibazo byugarije akarere ndetse n’Umugabane wa Afurika.

Moussa Faki Mahamat na we wagarutse ku byo yaganiriye na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, mbere yuko yakirwa n’Umukuru w’u Rwanda, yari yatangaje ko yishimiye kuva i Bujumbura mu Burundi atwaye imodoka akagenda areba ibyiza bitatse iki Gihugu, kugeza ageze ku mupaka ugihuza n’u Rwanda ndetse kurinda ashyitse i Kigali.

Ubwo yagaragazaga akamaro ko kuba hakurwaho inkomyi z’imipaka hagati y’Ibihugu, yagaragaje ko uru rugendo rwe kuva i Burundi kugera mu Rwanda, rwamweretse ibyiza byo kureka abatuye Ibihugu bakanderana.

Yagize ati “Ibi bigaragaza akamaro k’urujya n’uruza binyuze mu ntego dusangiye nk’akarere zirimo amahoro, kwihuza ndetse no guturana neza, nkuko biri mu ntego ya Africa we Want [Afurika twifuza].”

Moussa Faki Mahamat yaboneyeho gushimira Albert Hatungimana, Guverineri w’Intara ya Kirundo mu Burundi ndetse n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, Umutoni Shakilla uburyo bamwakiriye ku mupaka wa Nemba.

Kuri iki Cyumweru yakiriwe na Perezida Kagame
Umunsi wabanje yari yakiriwe na Perezida Ndayishimiye w’u Burundi

Yavuye i Burundi aza mu Rwanda aciye inzira y’ubutaka
Yakiriwe n’Umuyobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda
Yavuze ko yishimiye kuza areba ibyiza bitatse ibi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Next Post

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.