Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Gereza ushinjwa guherana imfungwa yarangije ibihano ntiyitabye urukiko

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Gereza ushinjwa guherana imfungwa yarangije ibihano ntiyitabye urukiko

Photo/J.P Nkundineza

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge warezwe n’umunyemari uzwi nka Majyambere uvuga ko yarangije ibihano ariko ntarekurwe, ntiyitabye urukiko bituma urubanza rusubikwa.

Uyu muyobozi wa Gereza ya Nyarugenge witwa SP Uwayezu Augustin, yamenyesheje Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko atari buboneke mu rubanza rwagombaga kuba kuri uyu wa Mbere kubera inama yari afite.

Ni urubanza rw’umunyemari Hategikimana Martin uzwi nka Majyambere wareze uyu muyobozi wa Gereza kumuheza muri Gereza kandi yararangije ibihano.

Umucamanza winjiye mu cyumba cy’iburanisha, yahise amenyesha Ubushinjacyaha na Majyambere ko iburanisha ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere ritabaye kuko uyu muyobozi wa Gereza atabonetse kandi akaba yarabimenyesheje urukiko.

Majyambere wo mu Karere ka Nyamagabe, yari yarekuwe mu kwezi k’Ugushyingo 2021 ariko nyuma y’amezi atatu yongeye gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Majyambere yareze Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge afungiyemo kuba afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS), rwo ruherutse gutangaza ko uyu Hategekimana Martin alias Majyambere yasubijwe muri Gereza kugira ngo arangiza igihano cy’imyaka 25 yari yasohotse atarangije.

Umuvugizi w’uru rwego, SSP Uwera Pelly Gakwaya yavuze ko Hategekimana Martin yari yafunguwe habayeho kwibeshya.

  • Icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 5 Obama avuye muri White House agiye kongera kuyikandagiramo

Next Post

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.