• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

radiotv10by radiotv10
07/11/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze amasomo yakuyemo arimo impungenge yasigaranye, yahereyeho aha ubutumwa abandi banyonzi.

CGP Namuhoranye yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Ugushyingo ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwiswe “Turindane Tugereyo Amahoro” bugamije gukomeza guhangana no gukumira n’impanuka zo mu muhanda.

Yavuze ko zimwe mu mpanuka zo mu muhanda ziterwa n’abanyonzi bagenda nabi mu muhanda, ku buryo iyo bari ahantu hamanuka, baba bagendera ku muvuduko wo hejuru, ku buryo baba bameze nk’abiyahura, kandi ubuzima bwabo buba bukenewe.

IGP Felix Namuhoranye avuga ko abanyonzi ari Abanyarwanda baba bari gushaka imibereho nk’abandi, kandi ko baba bafite imiryango batunze, ariko ko muri uko gukora ako kazi agomba kuzirikana ko amagara ari yo ya mbere kandi ko aseseka ntayorwe. Ati “Ari ku kazi, none ubwo arashaka gupfa?”

Yavuze ko ikibabaje ari uko abakora aka kazi baba bagenda mu muhanda nk’abiyahura, ku buryo n’abapolisi baba bari mu muhanda, bagira ubwoba bwo kubahagarika kubera ukuntu baba bagenda, ku buryo hari bamwe bafata icyemezo cyo kubahigamira kugira ngo batabahitana, kandi ko na we yabyiboneye.

Yaboneyeho kugaruka ku kiganiro aherutse kugirana n’uwamuhamagaye mu gicuku, amubwira ko ari umunyonzi, akamubaza niba ari we ukuriye Polisi, akanamusaba gushimira umugore we ko ari imfura.

Ati “Byatumye nibuka umunyonzi uherutse kumpamagara saa cyenda z’ijoro, arambwira ati ‘ni wowe ukuriye Abapolisi?’ nti ‘yego’ ati ‘nagira ngo nkubwire umishimire uyu mugore…[yari kumwe n’umugore we]… nti ‘none se ko numva wanyoye akantu ubwo utwaye igare wanyonze n’ako kantu, ati ‘yewe nshimira umugore niba ukuriye Abapolisi’, nti ‘ndamushimira’ ati ‘ni umugore w’imfura’, nti ‘ni imfura pe’.”

IGP Namuhoranye, yavuze ko muri iki kiganiro yagiranye n’uyu munyonzi, atabuze kumubwira impungenge afite zo kuba yaramuhamagaye muri icyo gicuku yasinze, kandi agomba kuzindukira n’ubundi mu kazi.

Ati “Ndamubwira nti ‘ubwoba mfite, ni uko ako kantu wanyoye niba uri bugatwarane igare mu gitondo dore buracyeye, ejo ntabwo uzabasha kuntelefona’.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri nakuyemo ubutumwa bubiri, nakuyemo urugo rubayeho neza, rukundana rudafite ibibazo ariko nongeraho n’impungenge nk’umunyonzi saa cyenda z’ijoro ushobora kuba yanyoye akantu, kandi ari buzinduke, uzi ko bazinduka saa kumi n’imwe. Ubwo ejo azagaruka?”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko na we yahise afata nimero y’uyu munyonzi, kugira ngo azajye amuhamagara amenyo ko akiri muzima kuko ikiganiro bagiranye n’uburyo yavugaga, byamusigiye impungenge.

Yasabye Abakora aka kazi ko gutwara abantu n’imizigo ku magare, kuzirikana ko na bo ari bamwe mu bakoresha umuhanda, bityo ko bakwiye kubahiriza amategeko yawo, kandi bakagenda neza banirinda gutwara banyoye ibisindisha.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Next Post

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.