Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

radiotv10by radiotv10
07/11/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze amasomo yakuyemo arimo impungenge yasigaranye, yahereyeho aha ubutumwa abandi banyonzi.

CGP Namuhoranye yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Ugushyingo ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwiswe “Turindane Tugereyo Amahoro” bugamije gukomeza guhangana no gukumira n’impanuka zo mu muhanda.

Yavuze ko zimwe mu mpanuka zo mu muhanda ziterwa n’abanyonzi bagenda nabi mu muhanda, ku buryo iyo bari ahantu hamanuka, baba bagendera ku muvuduko wo hejuru, ku buryo baba bameze nk’abiyahura, kandi ubuzima bwabo buba bukenewe.

IGP Felix Namuhoranye avuga ko abanyonzi ari Abanyarwanda baba bari gushaka imibereho nk’abandi, kandi ko baba bafite imiryango batunze, ariko ko muri uko gukora ako kazi agomba kuzirikana ko amagara ari yo ya mbere kandi ko aseseka ntayorwe. Ati “Ari ku kazi, none ubwo arashaka gupfa?”

Yavuze ko ikibabaje ari uko abakora aka kazi baba bagenda mu muhanda nk’abiyahura, ku buryo n’abapolisi baba bari mu muhanda, bagira ubwoba bwo kubahagarika kubera ukuntu baba bagenda, ku buryo hari bamwe bafata icyemezo cyo kubahigamira kugira ngo batabahitana, kandi ko na we yabyiboneye.

Yaboneyeho kugaruka ku kiganiro aherutse kugirana n’uwamuhamagaye mu gicuku, amubwira ko ari umunyonzi, akamubaza niba ari we ukuriye Polisi, akanamusaba gushimira umugore we ko ari imfura.

Ati “Byatumye nibuka umunyonzi uherutse kumpamagara saa cyenda z’ijoro, arambwira ati ‘ni wowe ukuriye Abapolisi?’ nti ‘yego’ ati ‘nagira ngo nkubwire umishimire uyu mugore…[yari kumwe n’umugore we]… nti ‘none se ko numva wanyoye akantu ubwo utwaye igare wanyonze n’ako kantu, ati ‘yewe nshimira umugore niba ukuriye Abapolisi’, nti ‘ndamushimira’ ati ‘ni umugore w’imfura’, nti ‘ni imfura pe’.”

IGP Namuhoranye, yavuze ko muri iki kiganiro yagiranye n’uyu munyonzi, atabuze kumubwira impungenge afite zo kuba yaramuhamagaye muri icyo gicuku yasinze, kandi agomba kuzindukira n’ubundi mu kazi.

Ati “Ndamubwira nti ‘ubwoba mfite, ni uko ako kantu wanyoye niba uri bugatwarane igare mu gitondo dore buracyeye, ejo ntabwo uzabasha kuntelefona’.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri nakuyemo ubutumwa bubiri, nakuyemo urugo rubayeho neza, rukundana rudafite ibibazo ariko nongeraho n’impungenge nk’umunyonzi saa cyenda z’ijoro ushobora kuba yanyoye akantu, kandi ari buzinduke, uzi ko bazinduka saa kumi n’imwe. Ubwo ejo azagaruka?”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko na we yahise afata nimero y’uyu munyonzi, kugira ngo azajye amuhamagara amenyo ko akiri muzima kuko ikiganiro bagiranye n’uburyo yavugaga, byamusigiye impungenge.

Yasabye Abakora aka kazi ko gutwara abantu n’imizigo ku magare, kuzirikana ko na bo ari bamwe mu bakoresha umuhanda, bityo ko bakwiye kubahiriza amategeko yawo, kandi bakagenda neza banirinda gutwara banyoye ibisindisha.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Next Post

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.