Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye n’uw’Urwego rwa Polisi y’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gutabara ahari ibibazo by’umutekano kuko ruzi ububabare bwo kudatabarwa kuko rwatereranywe mu 1994 ubwo hakorwaga Jenoside yakorewe Abatutsi.

IGP Felix Namuhoranye yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umuyobozi w’Urwego rwa Polisi y’Umuryango w’Abibumbye, Police Commissioner Faisal Shahkar, wakiriwe ku cyicaro Gikuru cya Polisi kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata 2024.

U Rwanda rwatangiye gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu mwaka wa 2005, ubu rukaba ruri mu Bihugu byohereza abapolisi benshi mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kubungabunga amahoro, aho rufite muri ibyo bikorwa abapolisi 1 133, rukaza no ku isonga mu kugira umubare munini w’Abapolisikazi mu butumwa bw’amahoro.

Kuri ubu Abapolisi b’u Rwanda boherezwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu Bihugu bitandukanye birimo; Sudani y’Epfo, Abyei, Haiti no muri Repubulika ya Centrafrique, hakaba n’abari mu myanya y’Ubuyobozi muri Centrafrique (Umuyobozi w’Ishami rya Polisi muri MINUSCA) na New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

IGP Namuhoranye, yashimiye Commissioner of Police Shahkar ku ruzinduko agirira mu Rwanda rutanga amahirwe yo kungurana ibitekerezo no gusangira ubunararibonye ku bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Yagize ati “Uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ni icyemezo cyaturutse ku kuba Umuryango Mpuzamahanga warananiwe gutabara no kurokora ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu myaka 30 ishize.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwiyemeje gukomeza gutanga umusanzu warwo mu kurinda abasivili bari mu kaga, aho ari ho hose n’igihe cyose byaba ngombwa, haba ku busabe bw’Umuryango w’Abibumbye cyangwa hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye bw’Ibihugu nko mu gace ka Cabo Delgado muri Mozambique; aho inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba.

Ati “Bimwe mu by’ibanze Polisi y’u Rwanda yihatiye gushyiramo imbaraga harimo; amahugurwa, gukurikirana imyitwarire y’abapolisi, gushaka ibikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano bigezweho ndetse no kuzamura ubushobozi bukenewe kugira ngo bifashe mu kuzuza inshingano bigendanye n’amahame y’Umuryango w’Abibumbye.”

Police Commissioner Shahkar, yashimye uburyo u Rwanda rwikuye mu kaga ka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rukabasha kwiyubaka, anarushimira umusanzu warwo wo guharanira amahoro ku rwego mpuzamahanga cyane cyane no kuba rwohereza umubare munini w’abagore bari mu butumwa.

Yagize ati “Ahenshi ku Isi, inzego za Polisi z’Ibihugu zikunze guhura n’imbogamizi aho usanga bigoye kubona abapolisi beza kandi bakora kinyamwuga mu nshingano zo ku rwego mpuzamahanga mu bindi bihugu.

Uruhare rw’u Rwanda rugaragaza uburyo rwiyemeje gushyira imbaraga mu gushyigikira amahoro mpuzamahanga.”

Yagaragaje kandi ko imiterere y’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye igenda ihinduka cyane mu bijyanye n’amahoro, umutekano n’ituze rusange, bityo ko bigomba gushingirwaho mu mahugurwa ahabwa aboherezwa mu butumwa.

IGP Namuhoranye yavuze ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga amahoro

Police Commissioner Shahkar yashimiye Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga ‘abajura’ yahise agira icyo abivugaho

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wafatanywe umutwe w’inka yari yabuze nyuma yo kwibwa, yisobanuye avuga...

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

20/10/2025
Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga ‘abajura’ yahise agira icyo abivugaho

Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga 'abajura' yahise agira icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.