Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nyandiko ndende, umwe mu bayobozi bo muri Nigeria, baherutse mu Rwanda kuhakorera umwiherero-shuri, yavuze amasomo yahakuye bifuza gutangira gushyira mu bikorwa kugira ngo Leta yabo na yo ikataze mu byiza nk’ibyo babonye i Kigali.

Mu cyumweru gishize, ba Guverineri 19 ba Leta zo muri Nigeria, bari i Kigali mu mwiherero wateguwe n’Ihuriro rya ba Guverineri muri Nigeria rizwi nka NGF rifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP)

Aba bayobozi kandi banaboneyeho kuganirizwa na Perezida Paul Kagame wabagaragarije ko Afurika ifite byose byatuma itera imbere, ntikomeze kuba Umugabane usigara inyuma.

Mu nyandiko ndende ya Bamikole Omishore, Umujyanama wa Guverineri wa Leta Osun, ifite umutwe ugira uti “Lessons from Kigali: Transforming Osun for a sustainable future”. Tugenekereje mu Kinyarwanda ni “Amasomo nakuye i Kigali: Guhindura Osun ikaba ah’ejo harambye.”

Bamikole Omishore akomeza avuga ko yiboneye ko imiyoborere myiza yagaragaje ko ari bwo buryo bukenewe muri iki gihe, akurikije ibyo yiboneye i Kigali mu Rwanda, akavuga ko ibigerwaho byose bishingira ku miyoborere myiza.

Avuga ko ibyiza byo muri uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda, yatangiye kubibona acyururuka mu ndege yamugejeje ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, akagenda yirebera ibyiza kuva ku kibuga cy’indege kugera aho yari acumbitse.

Ibintu byose yabonye biri ku murongo. Akavuga ko iryo ari isomo rya mbere yahise afata, bagomba kuzashyira mu bikorwa nko muri Leta ya Osun.

Ati “Ikiranga iterambere rya Kigali ntabwo ari Ibikorwa remezo byayo bihanitse, ahubwo ni imyumvire y’imiyoborere yateye imbere. Abayobozi bo mu Rwanda, biyemeje gutekereza mu buryo bwagutse, bashyira imbere ubumwe kandi biyemeza gukorera hamwe ku ntego z’iterambere.”

Akomeza avuga ko ibi kandi byanateye inyota Guverineri wa Leta y’iwabo Ademola Adeleke, wiyemeje kuzamura urwego rw’ubuvuzi, agashyira imbaraga mu kuzamura uburezi.

Iri ryari isomo rya mbere, ariko nanone uko bagendaga bahamara igihe, barushijeho kwiga byinshi, birimo uburyo umujyi wa Kigali usukuye kandi ukaba uteyemo ibiti.

Ati “Ingamba zashyizweho mu kugira umujyi ubungabunga ikirere, ni gihamya y’intego z’imiyoborere myiza. Byari bishimishije kumva ko mu minsi micye Guverineri yiyemeza kuzatera ibiti 100 000 muri Leta ya Osun. Ibi kandi ntizarimbisha Leta gusa, ahubwo bizanatuma duhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.”

Ikindi kandi bize, ni uguhanga udushya mu bikorwa bitanga imirimo mishya, aho biyemeje guteza imbere ubucuruzi, no gushyigikira imishinga mishya.

Guverineri Adeleke na we yagize ati “Namaze kubona intambwe eshanu dukwiye gushyira mu bikorwa mu koroshya ubucuruzi. Izo ntambwe zirimo korohereza abifuza kwandikisha ubucuruzi muri Leta ya Osun, korohereza abantu kubona igishoro, bahabwa amahugurwa ndetse no gushishikariza ba rwiyemezamirimo gutangiza imishinga, no gushishikariza abacuruzi gukorana na Guverinoma.”

Guverineri kandi yiyemeje ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage bo muri Leta ya Osun babashe kugerwaho n’amazi meza. Ati “Ibi bizadufasha kugira ubuzima bwiza kandi tunarwanye indwara ziterwa n’umwanda w’amazi mabi.”

Ikindi kandi ati “Tuzashyira imbere gushishikariza abantu ibijyanye n’uburinganire n’bwuzuzanye, no guha ubushobozi abagore n’abakobwa bo muri Leta ya Osun. Ibi bizadufasha kugabanya ubukene, tunazamura imibereho myiza muri Leta yacu.”

Guverineri Adeleke avuga ko uru rugendo yagiriye i Kigali, rwamubereye amasomo ahanitse by’umwihariko mu miyoborere n’itemerambere, kandi ko yiyemeje kuzayashyira mu bikorwa mu gutuma Leta ayoboye na yo igera ku rwego rushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi

Next Post

Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.