Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nyandiko ndende, umwe mu bayobozi bo muri Nigeria, baherutse mu Rwanda kuhakorera umwiherero-shuri, yavuze amasomo yahakuye bifuza gutangira gushyira mu bikorwa kugira ngo Leta yabo na yo ikataze mu byiza nk’ibyo babonye i Kigali.

Mu cyumweru gishize, ba Guverineri 19 ba Leta zo muri Nigeria, bari i Kigali mu mwiherero wateguwe n’Ihuriro rya ba Guverineri muri Nigeria rizwi nka NGF rifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP)

Aba bayobozi kandi banaboneyeho kuganirizwa na Perezida Paul Kagame wabagaragarije ko Afurika ifite byose byatuma itera imbere, ntikomeze kuba Umugabane usigara inyuma.

Mu nyandiko ndende ya Bamikole Omishore, Umujyanama wa Guverineri wa Leta Osun, ifite umutwe ugira uti “Lessons from Kigali: Transforming Osun for a sustainable future”. Tugenekereje mu Kinyarwanda ni “Amasomo nakuye i Kigali: Guhindura Osun ikaba ah’ejo harambye.”

Bamikole Omishore akomeza avuga ko yiboneye ko imiyoborere myiza yagaragaje ko ari bwo buryo bukenewe muri iki gihe, akurikije ibyo yiboneye i Kigali mu Rwanda, akavuga ko ibigerwaho byose bishingira ku miyoborere myiza.

Avuga ko ibyiza byo muri uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda, yatangiye kubibona acyururuka mu ndege yamugejeje ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, akagenda yirebera ibyiza kuva ku kibuga cy’indege kugera aho yari acumbitse.

Ibintu byose yabonye biri ku murongo. Akavuga ko iryo ari isomo rya mbere yahise afata, bagomba kuzashyira mu bikorwa nko muri Leta ya Osun.

Ati “Ikiranga iterambere rya Kigali ntabwo ari Ibikorwa remezo byayo bihanitse, ahubwo ni imyumvire y’imiyoborere yateye imbere. Abayobozi bo mu Rwanda, biyemeje gutekereza mu buryo bwagutse, bashyira imbere ubumwe kandi biyemeza gukorera hamwe ku ntego z’iterambere.”

Akomeza avuga ko ibi kandi byanateye inyota Guverineri wa Leta y’iwabo Ademola Adeleke, wiyemeje kuzamura urwego rw’ubuvuzi, agashyira imbaraga mu kuzamura uburezi.

Iri ryari isomo rya mbere, ariko nanone uko bagendaga bahamara igihe, barushijeho kwiga byinshi, birimo uburyo umujyi wa Kigali usukuye kandi ukaba uteyemo ibiti.

Ati “Ingamba zashyizweho mu kugira umujyi ubungabunga ikirere, ni gihamya y’intego z’imiyoborere myiza. Byari bishimishije kumva ko mu minsi micye Guverineri yiyemeza kuzatera ibiti 100 000 muri Leta ya Osun. Ibi kandi ntizarimbisha Leta gusa, ahubwo bizanatuma duhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.”

Ikindi kandi bize, ni uguhanga udushya mu bikorwa bitanga imirimo mishya, aho biyemeje guteza imbere ubucuruzi, no gushyigikira imishinga mishya.

Guverineri Adeleke na we yagize ati “Namaze kubona intambwe eshanu dukwiye gushyira mu bikorwa mu koroshya ubucuruzi. Izo ntambwe zirimo korohereza abifuza kwandikisha ubucuruzi muri Leta ya Osun, korohereza abantu kubona igishoro, bahabwa amahugurwa ndetse no gushishikariza ba rwiyemezamirimo gutangiza imishinga, no gushishikariza abacuruzi gukorana na Guverinoma.”

Guverineri kandi yiyemeje ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage bo muri Leta ya Osun babashe kugerwaho n’amazi meza. Ati “Ibi bizadufasha kugira ubuzima bwiza kandi tunarwanye indwara ziterwa n’umwanda w’amazi mabi.”

Ikindi kandi ati “Tuzashyira imbere gushishikariza abantu ibijyanye n’uburinganire n’bwuzuzanye, no guha ubushobozi abagore n’abakobwa bo muri Leta ya Osun. Ibi bizadufasha kugabanya ubukene, tunazamura imibereho myiza muri Leta yacu.”

Guverineri Adeleke avuga ko uru rugendo yagiriye i Kigali, rwamubereye amasomo ahanitse by’umwihariko mu miyoborere n’itemerambere, kandi ko yiyemeje kuzayashyira mu bikorwa mu gutuma Leta ayoboye na yo igera ku rwego rushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − fourteen =

Previous Post

Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi

Next Post

Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.