Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze urutonde rw’uko pasiporo z’Ibihugu zikomeye, ruriho n’iy’u Rwanda iri mu myanya 100 ya mbere, mu gihe uru rutonde ruyobowe n’u Buyapani.

Uru rutonde ruzwi nka Henley Passport Index rwa 2013, rwakozwe hashingiwe ku byerecyezo umuntu ufite iyo pasiporo runaka ashobora kwerecyezamo.

Kwerecyeza mu cyerekezo kimwe nta viza, Igihugu gihita kibona inota rimwe kuri pasiporo, hakaba kandi n’uburyo ahabwa Visa ayiherewe ku kibuga cy’Indege cyangwa ahandi ashyikiye muri icyo cyerekezo yerekejemo.

Iyo umuntu asabwa Visa mbere yuko yerecyeza mu cyerekezo runaka, iyo pasiporo ituma Igihugu cyayo kibona 0.

U Buyapandi buza ku mwanya wa mbere kuri uru rutone aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu byerekezo 192, bugakurikirwa na Korea y’Epfo na Singapore, byombi biri ku mwanya wa kabiri.

Ku mwanya wa gatatu haza Ibihugu nk’u Budage na Espagne, aho abafite pasiporo zabyo bashobora kwerekeza mu bice 190. Ku mwanya wa kane hari Finland, u Butaliyani na Luxambourd; bifite amanota 189.

U Bwongereza bwo buza ku mwanya wa gatandatu n’amanota 187 mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yo iza ku mwanya wa karindwi n’amanota 186.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 83, aho ufite pasiporo yarwo ashobora kwerecyeza mu byerecyezo 61, birimo 27 umuntu ashobora kujyayo adakeneye Visa ndtese na 34 bashobora kwakira Visa ku bibuga by’indege cyangwa aho binjiriye muri icyo cyerezo.

Mu isesengura twakoze kuri iyi raporo, ku Mugabane wa Afurika, u Rwanda ruza ku mwanya wa 18 aho ruri kumwe na Benin na yo iri ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange.

Ku Mugabane wa Afurika, Ibirwa bya Seychelles biza ku mwanya wa hafi, aho biri ku wa 29 ndetse umuntu ufite pasiporo y’ibi Birwa ashobora kujya mu byerecyezo 153.

Ibirwa bya Mauritius biza ku mwanya wa kabiri ku Mugabane wa Afurika, biri ku wa 34 ku rutonde rusange, ufite Pasiporo yayo abasha kujya mu byerecyezo 146, naho Afurika y’Epfo ikaza ku mwanya wa 53 ku rutonde rusange n’ibyerecyezo 106.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ruri ku mwanya wa kane, kuko biyobowe na Kenya iri ku mwanya wa 73 ku rutonde rusange igakurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 74 ku rutonde rusange, hagakurikiraho Uganda iri ku mwanya wa 78 ku rutonde rusange.

Mu myanya ya nyuma, ku rutonde rusange hari Afghanistan iri ku mwanya wa nyuma w’ 109, aho pasiporo yayo yerecyeza mu byerecyezo 27, ikabanzirizwa na Iraq iri ku mwanya w’ 108 aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu Bihugu 29, mu gihe Syria iri ku mwanya w’ 106 aho ufite pasiporo yayo yajya mu Bihugu 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

Next Post

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.