Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze urutonde rw’uko pasiporo z’Ibihugu zikomeye, ruriho n’iy’u Rwanda iri mu myanya 100 ya mbere, mu gihe uru rutonde ruyobowe n’u Buyapani.

Uru rutonde ruzwi nka Henley Passport Index rwa 2013, rwakozwe hashingiwe ku byerecyezo umuntu ufite iyo pasiporo runaka ashobora kwerecyezamo.

Kwerecyeza mu cyerekezo kimwe nta viza, Igihugu gihita kibona inota rimwe kuri pasiporo, hakaba kandi n’uburyo ahabwa Visa ayiherewe ku kibuga cy’Indege cyangwa ahandi ashyikiye muri icyo cyerekezo yerekejemo.

Iyo umuntu asabwa Visa mbere yuko yerecyeza mu cyerekezo runaka, iyo pasiporo ituma Igihugu cyayo kibona 0.

U Buyapandi buza ku mwanya wa mbere kuri uru rutone aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu byerekezo 192, bugakurikirwa na Korea y’Epfo na Singapore, byombi biri ku mwanya wa kabiri.

Ku mwanya wa gatatu haza Ibihugu nk’u Budage na Espagne, aho abafite pasiporo zabyo bashobora kwerekeza mu bice 190. Ku mwanya wa kane hari Finland, u Butaliyani na Luxambourd; bifite amanota 189.

U Bwongereza bwo buza ku mwanya wa gatandatu n’amanota 187 mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yo iza ku mwanya wa karindwi n’amanota 186.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 83, aho ufite pasiporo yarwo ashobora kwerecyeza mu byerecyezo 61, birimo 27 umuntu ashobora kujyayo adakeneye Visa ndtese na 34 bashobora kwakira Visa ku bibuga by’indege cyangwa aho binjiriye muri icyo cyerezo.

Mu isesengura twakoze kuri iyi raporo, ku Mugabane wa Afurika, u Rwanda ruza ku mwanya wa 18 aho ruri kumwe na Benin na yo iri ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange.

Ku Mugabane wa Afurika, Ibirwa bya Seychelles biza ku mwanya wa hafi, aho biri ku wa 29 ndetse umuntu ufite pasiporo y’ibi Birwa ashobora kujya mu byerecyezo 153.

Ibirwa bya Mauritius biza ku mwanya wa kabiri ku Mugabane wa Afurika, biri ku wa 34 ku rutonde rusange, ufite Pasiporo yayo abasha kujya mu byerecyezo 146, naho Afurika y’Epfo ikaza ku mwanya wa 53 ku rutonde rusange n’ibyerecyezo 106.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ruri ku mwanya wa kane, kuko biyobowe na Kenya iri ku mwanya wa 73 ku rutonde rusange igakurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 74 ku rutonde rusange, hagakurikiraho Uganda iri ku mwanya wa 78 ku rutonde rusange.

Mu myanya ya nyuma, ku rutonde rusange hari Afghanistan iri ku mwanya wa nyuma w’ 109, aho pasiporo yayo yerecyeza mu byerecyezo 27, ikabanzirizwa na Iraq iri ku mwanya w’ 108 aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu Bihugu 29, mu gihe Syria iri ku mwanya w’ 106 aho ufite pasiporo yayo yajya mu Bihugu 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

Next Post

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.