Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze urutonde rw’uko pasiporo z’Ibihugu zikomeye, ruriho n’iy’u Rwanda iri mu myanya 100 ya mbere, mu gihe uru rutonde ruyobowe n’u Buyapani.

Uru rutonde ruzwi nka Henley Passport Index rwa 2013, rwakozwe hashingiwe ku byerecyezo umuntu ufite iyo pasiporo runaka ashobora kwerecyezamo.

Kwerecyeza mu cyerekezo kimwe nta viza, Igihugu gihita kibona inota rimwe kuri pasiporo, hakaba kandi n’uburyo ahabwa Visa ayiherewe ku kibuga cy’Indege cyangwa ahandi ashyikiye muri icyo cyerekezo yerekejemo.

Iyo umuntu asabwa Visa mbere yuko yerecyeza mu cyerekezo runaka, iyo pasiporo ituma Igihugu cyayo kibona 0.

U Buyapandi buza ku mwanya wa mbere kuri uru rutone aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu byerekezo 192, bugakurikirwa na Korea y’Epfo na Singapore, byombi biri ku mwanya wa kabiri.

Ku mwanya wa gatatu haza Ibihugu nk’u Budage na Espagne, aho abafite pasiporo zabyo bashobora kwerekeza mu bice 190. Ku mwanya wa kane hari Finland, u Butaliyani na Luxambourd; bifite amanota 189.

U Bwongereza bwo buza ku mwanya wa gatandatu n’amanota 187 mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yo iza ku mwanya wa karindwi n’amanota 186.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 83, aho ufite pasiporo yarwo ashobora kwerecyeza mu byerecyezo 61, birimo 27 umuntu ashobora kujyayo adakeneye Visa ndtese na 34 bashobora kwakira Visa ku bibuga by’indege cyangwa aho binjiriye muri icyo cyerezo.

Mu isesengura twakoze kuri iyi raporo, ku Mugabane wa Afurika, u Rwanda ruza ku mwanya wa 18 aho ruri kumwe na Benin na yo iri ku mwanya wa 83 ku rutonde rusange.

Ku Mugabane wa Afurika, Ibirwa bya Seychelles biza ku mwanya wa hafi, aho biri ku wa 29 ndetse umuntu ufite pasiporo y’ibi Birwa ashobora kujya mu byerecyezo 153.

Ibirwa bya Mauritius biza ku mwanya wa kabiri ku Mugabane wa Afurika, biri ku wa 34 ku rutonde rusange, ufite Pasiporo yayo abasha kujya mu byerecyezo 146, naho Afurika y’Epfo ikaza ku mwanya wa 53 ku rutonde rusange n’ibyerecyezo 106.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ruri ku mwanya wa kane, kuko biyobowe na Kenya iri ku mwanya wa 73 ku rutonde rusange igakurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 74 ku rutonde rusange, hagakurikiraho Uganda iri ku mwanya wa 78 ku rutonde rusange.

Mu myanya ya nyuma, ku rutonde rusange hari Afghanistan iri ku mwanya wa nyuma w’ 109, aho pasiporo yayo yerecyeza mu byerecyezo 27, ikabanzirizwa na Iraq iri ku mwanya w’ 108 aho ufite pasiporo y’iki Gihugu ashobora kwerecyeza mu Bihugu 29, mu gihe Syria iri ku mwanya w’ 106 aho ufite pasiporo yayo yajya mu Bihugu 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

Next Post

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Igihugu cy’i Burayi cyagize icyo kivuga ku mvugo rutwitsi zibasira abavuga Ikinyarwanda muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.