Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu w’imyitozo ya ‘Yoga’ igera no ku mitekerereze ya muntu yahishuye byinshi bitayizwiho

radiotv10by radiotv10
29/04/2023
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umwarimu w’imyitozo ya ‘Yoga’ igera no ku mitekerereze ya muntu yahishuye byinshi bitayizwiho
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu barimu bacye b’imyitozo ya Yoga&Qi Gong itaramenyerwa cyane mu Rwanda, avuga ko yafasha abantu bose kugira ubuzima buzira umuze, kuko ikuza imbaraga z’umubiri wa muntu, iz’imitekereze, ndetse ikanagura imbaraga z’amarangamutima; agashishikariza buri wese kuyiyoboka.

Dushimimana Joseph Desideratus amaze igihe mu mwuga wo kwigisha iyi myitozo ya Yoga&Qi Gong, kuko yabyinjiyemo kuva muri 2014, akaba abimazemo imyaka umunani (8).

Avuga ko yatangiye gukora iyi myitoza nk’uyiga muri 2011 ubwo yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda, aho yari asanzwe anakina umukino wa Karate akaza no kuhamenyera ibyiza by’imyitozo ya Yoga&Qi Gong.

Ni na ho yahuriye n’umwarimu w’iyi myitozo akamuhishurira ibanga rya Yoga&Qi Gong, ari na bwo na we yatangiraga kuyiga akayikunda, ndetse nyuma y’umwaka umwe na we akaza gutangira gutoza abandi ubwo umwarimu wabigishaga iyi myitozo yasubiraga iwabo hanze y’u Rwanda.

Muri 2012, yatangiye kwitabira amahugurwa yo kuba na we yaba umwarimu w’iyi myitozo ya Yoga&Qi Gong mu buryo bw’umwuga, akitabira amahugurwa i Nairobi, yakoze mu gihe cy’imyaka itatu muri mu ishuri rya ‘Africa Yoga Project Academy’.

Nyuma y’aya mahugurwa y’i Nairobi ndetse n’andi yahawe n’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ayo yahawe n’indi miryango ikomeye ku Isi, yaje kuba umwarimu wa Yoga wabigize umwuga muri 2014.

Muri aya mahugurwa, harimo ayo yatojwemo gukoresha umwuka n’impumeko mu kugabanya ihungabana ryo mu mutwe, ubu na we akaba abyigisha abandi.

Ati “Kuva muri 2011 kugeza muri 2013 cyari igihe nigishaga abantu ariko ntumva ko ndi umwarimu wifitiye icyizere, ariko kuva muri 2014 byabaye ubuzima bwanjye kuko nigishaga amasaha yose, nkuko umuntu ajya muri ofisi [mu kazi] amasaha umunani nanjye nabaga ndimo nigisha Yoga.”

 

Uwakoze Yoga ahorana ubuzima buzira umuze

Dushimimana Joseph Desideratus umaze kugira ubuzobere mu kwigisha iyi myitozo ya Yoga&Qi Gong, avuga ko akamaro kayo ari ntagereranywa ku buryo buri wese yari akwiye kuyitabira.

Ati “Ni imyitozo ifasha umuntu kuba muzima cyangwa kurushaho kuba afite ubuzima buryoshye, ku rwego rw’umubiri (Phyisical), ku rwego rw’amarangamutima (emotional) cyangwa ku rwego rw’ibitekerezo (mental) kuko ibyo bice bitatu ni byo bisa nk’aho bigize umuntu.”

Avuga ko nubwo umubare w’Abanyarwanda babyitabira utaragera ku rwego rushimishije, ariko wiyongereye agereranyije n’uko byari bimeze mu myaka 10 ishize.

We ubwo yatangiraga iyi myitozo muri 2011 mu Rwanda hari umwarimu umwe, ubu hakaba hari abarimu barenga 20 barimo 10 b’Abanyarwanda n’abandi icumi b’abanyamahanga.

Ati “Benshi bagiye bafungura ibigo bafite ahantu henshi bigishiriza ku buryo mu cyumweru nka hamwe mu ho nigishiriza nibuze babona nk’abantu 200 mu cyumweru.”

Benshi mu bitabira iyi myitozo bwa mbere baragenda bagakora ku nshuti zabo na zo zikayiyoboka kuko buri wese uyitabiriye igira icyo imuhinduraho.

Ati “Umuntu araza, yamara gukora niba yari afite ikibazo cyo kudasinzira, akagenda nka nyuma y’icyumweru agahita abwira abandi uko byagenze, na bo bakazana abandi. Niba hari uwari ufite ikibazo cyo kurirwa mu mubiri, yakora imyitozo bwa buribwe bwagabanuka akabwira abandi.”

Akomeza avuga ko hari n’ababa bafite ibibazo by’indwara zitandura nk’umuvuduko w’amaraso, akaba asanzwe ari no ku miti, yakongeraho imyiyozo ya Yoga&Qi Gong, bikamufasha kurushaho, ku buryo n’umuvuduko ushobora kugabanuka cyangwa ukaguma aho wari uri.

Avuga kandi ko iyi myitozo ifasha umuntu kugira imbaraga z’umubiri, ndetse no kwagura imitekerereze y’ubwonko no guturisha ibitekerezo [meditation], ku buryo abakora imyitozo ya Yoga&Qi Gong bahorana ubuzima bwiza, kuko ikora ku nkingi zose zituma umubiri w’umuntu ukora neza.

Ati “Iyo ukoze imyitozo ya Yoga ugahumeka, ugakora igororangingo, meditation ukayikora, banakwibutsa ko ugomba kuza kureba ibyo urya ukanaruhuka. Za mbaraga enye zose aho zituruka baba bahakubwiye, impinduka nziza rero zihita ziza mu mubiri.”

Yoga ni imyitozo yagirira akamaro buri wese

 

Buri wese yakora Yoga igihe cyose

Dushimimana Joseph avuga ko iyi myitozo ya Yoga yakorwa na buri wese ariko bakaba batandukanira ku miterere y’imibiri yabo cyangwa intego zatumye bayitabira.

Ati “Ufashe umuntu utwite ntabwo yakora kimwe n’umuntu udatwite. Ikindi biterwa n’intego, nk’umuntu ubikora kugira ngo aruhuke abashe gusinzira neza cyangwa ngo umunaniro wari umurimo ugabanuke, ntabwo yakora kimwe n’umuntu uri gukora kugira ngo umubiri we ukomere.”

Avuga ko muri iyi myitozo ya Yoga&Qi Gong, haba hongerwa imbaraga mu byitwa ibigega by’imbaraga, birimo igice cyegereye ku mukondo hakorerwa imbaraga z’umubiri, hakaba ikigega cya kabiri cyo kongerera imbaraga z’amarangamutima, kiba mu gituza, naho ikigega cya gatatu, kikaba ari icy’imbaraga z’ubuhanga, cyo kiba mu mutwe.

Ati “Ibyo bice rero nta na rimwe byuzura ngo umuntu avuge ngo imbaraga zanjye z’imitekerere zaruzuye, ngo uvuge ngo imbaraga zanjye z’amarangamutima nk’urukundo ngo rwageze aho rwuzuye.”

Bamwe mu batozwa na Dushimimana Joseph Desideratus, bavuga ko kuva batangira gukora iyi myitozo, hari byinshi byahindutse yaba mu mubiri wabo ndetse no mu mitekerereze.

Uyu mwarimu wa Yoga&Qi Gong, Dushimimana Joseph ukorera i Kibagabaga hafi y’ahari Radio Maria Rwanda, akaba anaboneka kuri telefone ya 0787675370 no kuri E-mail ya josedushy@gmail.com.

Avuga kandi ko abarimu ba Yoga, bahora bihugura ku buryo mu Rwanda haherutse no kubera amahugurwa y’iminsi 10 yahawe abarimu ba Yoga baturutse mu Bihugu binyuranye ku Isi, yatanzwe n’umuryango witwa Immortal Arts Academy, yabereye i Kibuye kuva tariki 26 Werurwe 2023.

Dushimimana Joseph agaragaza aya mahugurwa nk’azagira uruhare mu kongera umubare w’abarimu ndetse no gukomeza guteza imbere iyi myitozo mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 19 =

Previous Post

Itsinda ry’abagore b’uburanga ‘KigaliBossBabes’ ryatumiwe n’igitangazamakuru bajyayo mu modoka z’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.