Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro w’Umufaransa, Raphaël Varane w’imyaka 31, yatangaje ko asezeye burundu umupira w’amaguru, icyemezo cyatunguye benshi, dore ko yatangaje iki cyemezo nyuma y’amezi abiri gusa yerecyeje mu ikipe nshya.

Uyu myugariro wakiniye ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yari amaze amezi abiri yerecyeje mu ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A”.

Raphaël Varane, ufite uburebure bwa 1,91m, ni Umufaransa wabonye izuba ku ya 25 Mata mu 1993, avukira mu mujyi wa Lille, uherereye mu majyaruguru y’Igihugu cy’u Bufaransa, akaba akina nka Myugariro.

Uyu myugariro wakuriye mu ikipe ya Lens, yamaze imyaka 10 muri Real Madrid, hagati ya 2011 na 2021, atwarana na yo ibikombe 18, birimo bitatu (3) bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bine bya UEFA Champions League, bine bya FIFA Club World Cup, bitatu bya Supercopa de España, bitatu bya UEFA Super Cup, na kimwe cya Copa del Rey.

Yavuye muri iyi kioe yerecyeza muri Manchester United ku ya 14 Kanama 2021, yo akaba yarayimazemo imyaka hafi 3, atwarana na yo ibikombe 2 gusa, ari byo kimwe cya Carabao Cup n’ikindi kimwe cya FA Cup.

Ku ya 28 Nyakanga 2024, ni bwo byatangajwe ko ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani isinyishije Raphaël Varane, amasezerano y’imyaka 2, ishobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gusa nyuma y’ibyumweru 2, ku ya 11 Kanama 2024, yaje guhura n’imvune yo mu ivi, mu gice cya mbere cy’umukino wa Coppa Italia, ikipe ye ya Como yahuragamo na Sampdoria, ndetse mu mpera z’uko kwezi, bituma adashyirwa ku rutonde ikipe ye yagombaga gukoresha muri Shampiyona, iyi mvune ikaba ari yo yatumye Raphaël Varane, ku myaka 31, asezera umupira w’amaguru.

Mu butumwa bwe busezera burundu kuri ruhago, yagize ati “bavuga ko ibintu byiza byose bigira iherezo, njye sinicuza na gato, dore ko ntacyo nahindura. Negukanye ibikombe byinshi cyane birenze ibyo nakabaye nararose kuzatwara, gusa ikirenze imidali n’ibikombe natwaye, nejejwe no kuba narashimangiye amahame yanjye yo kwitwara neza, ndetse nkagerageza kuva ahantu hose neza cyane kurusha uko nahasanze. Ubu rero ubuzima bushya butangiriye hanze y’ikibuga, nzagumana n’iyi kipe ya Como, ariko ntari umukinnyi.”

Raphaël Varane, watwaranye n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ibikombe bibiri, ari byo igikombe cy’Isi cya 2018 n’igikombe cya UEFA Nations League cya 2020-2021, akaza kuyisezera ku ya 02 Gashyantare 2023.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Hagaragajwe imibare yerekana uburyo inguzanyo zitangwa n’amabanki mu Rwanda zatumbagiye

Next Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.