Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro w’Umufaransa, Raphaël Varane w’imyaka 31, yatangaje ko asezeye burundu umupira w’amaguru, icyemezo cyatunguye benshi, dore ko yatangaje iki cyemezo nyuma y’amezi abiri gusa yerecyeje mu ikipe nshya.

Uyu myugariro wakiniye ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yari amaze amezi abiri yerecyeje mu ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A”.

Raphaël Varane, ufite uburebure bwa 1,91m, ni Umufaransa wabonye izuba ku ya 25 Mata mu 1993, avukira mu mujyi wa Lille, uherereye mu majyaruguru y’Igihugu cy’u Bufaransa, akaba akina nka Myugariro.

Uyu myugariro wakuriye mu ikipe ya Lens, yamaze imyaka 10 muri Real Madrid, hagati ya 2011 na 2021, atwarana na yo ibikombe 18, birimo bitatu (3) bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bine bya UEFA Champions League, bine bya FIFA Club World Cup, bitatu bya Supercopa de España, bitatu bya UEFA Super Cup, na kimwe cya Copa del Rey.

Yavuye muri iyi kioe yerecyeza muri Manchester United ku ya 14 Kanama 2021, yo akaba yarayimazemo imyaka hafi 3, atwarana na yo ibikombe 2 gusa, ari byo kimwe cya Carabao Cup n’ikindi kimwe cya FA Cup.

Ku ya 28 Nyakanga 2024, ni bwo byatangajwe ko ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani isinyishije Raphaël Varane, amasezerano y’imyaka 2, ishobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gusa nyuma y’ibyumweru 2, ku ya 11 Kanama 2024, yaje guhura n’imvune yo mu ivi, mu gice cya mbere cy’umukino wa Coppa Italia, ikipe ye ya Como yahuragamo na Sampdoria, ndetse mu mpera z’uko kwezi, bituma adashyirwa ku rutonde ikipe ye yagombaga gukoresha muri Shampiyona, iyi mvune ikaba ari yo yatumye Raphaël Varane, ku myaka 31, asezera umupira w’amaguru.

Mu butumwa bwe busezera burundu kuri ruhago, yagize ati “bavuga ko ibintu byiza byose bigira iherezo, njye sinicuza na gato, dore ko ntacyo nahindura. Negukanye ibikombe byinshi cyane birenze ibyo nakabaye nararose kuzatwara, gusa ikirenze imidali n’ibikombe natwaye, nejejwe no kuba narashimangiye amahame yanjye yo kwitwara neza, ndetse nkagerageza kuva ahantu hose neza cyane kurusha uko nahasanze. Ubu rero ubuzima bushya butangiriye hanze y’ikibuga, nzagumana n’iyi kipe ya Como, ariko ntari umukinnyi.”

Raphaël Varane, watwaranye n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ibikombe bibiri, ari byo igikombe cy’Isi cya 2018 n’igikombe cya UEFA Nations League cya 2020-2021, akaza kuyisezera ku ya 02 Gashyantare 2023.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + ten =

Previous Post

Hagaragajwe imibare yerekana uburyo inguzanyo zitangwa n’amabanki mu Rwanda zatumbagiye

Next Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.