Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro w’Umufaransa, Raphaël Varane w’imyaka 31, yatangaje ko asezeye burundu umupira w’amaguru, icyemezo cyatunguye benshi, dore ko yatangaje iki cyemezo nyuma y’amezi abiri gusa yerecyeje mu ikipe nshya.

Uyu myugariro wakiniye ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yari amaze amezi abiri yerecyeje mu ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A”.

Raphaël Varane, ufite uburebure bwa 1,91m, ni Umufaransa wabonye izuba ku ya 25 Mata mu 1993, avukira mu mujyi wa Lille, uherereye mu majyaruguru y’Igihugu cy’u Bufaransa, akaba akina nka Myugariro.

Uyu myugariro wakuriye mu ikipe ya Lens, yamaze imyaka 10 muri Real Madrid, hagati ya 2011 na 2021, atwarana na yo ibikombe 18, birimo bitatu (3) bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bine bya UEFA Champions League, bine bya FIFA Club World Cup, bitatu bya Supercopa de España, bitatu bya UEFA Super Cup, na kimwe cya Copa del Rey.

Yavuye muri iyi kioe yerecyeza muri Manchester United ku ya 14 Kanama 2021, yo akaba yarayimazemo imyaka hafi 3, atwarana na yo ibikombe 2 gusa, ari byo kimwe cya Carabao Cup n’ikindi kimwe cya FA Cup.

Ku ya 28 Nyakanga 2024, ni bwo byatangajwe ko ikipe ya Como yo muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani isinyishije Raphaël Varane, amasezerano y’imyaka 2, ishobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gusa nyuma y’ibyumweru 2, ku ya 11 Kanama 2024, yaje guhura n’imvune yo mu ivi, mu gice cya mbere cy’umukino wa Coppa Italia, ikipe ye ya Como yahuragamo na Sampdoria, ndetse mu mpera z’uko kwezi, bituma adashyirwa ku rutonde ikipe ye yagombaga gukoresha muri Shampiyona, iyi mvune ikaba ari yo yatumye Raphaël Varane, ku myaka 31, asezera umupira w’amaguru.

Mu butumwa bwe busezera burundu kuri ruhago, yagize ati “bavuga ko ibintu byiza byose bigira iherezo, njye sinicuza na gato, dore ko ntacyo nahindura. Negukanye ibikombe byinshi cyane birenze ibyo nakabaye nararose kuzatwara, gusa ikirenze imidali n’ibikombe natwaye, nejejwe no kuba narashimangiye amahame yanjye yo kwitwara neza, ndetse nkagerageza kuva ahantu hose neza cyane kurusha uko nahasanze. Ubu rero ubuzima bushya butangiriye hanze y’ikibuga, nzagumana n’iyi kipe ya Como, ariko ntari umukinnyi.”

Raphaël Varane, watwaranye n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ibikombe bibiri, ari byo igikombe cy’Isi cya 2018 n’igikombe cya UEFA Nations League cya 2020-2021, akaza kuyisezera ku ya 02 Gashyantare 2023.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + six =

Previous Post

Hagaragajwe imibare yerekana uburyo inguzanyo zitangwa n’amabanki mu Rwanda zatumbagiye

Next Post

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Hatangajwe icyo Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zaganiriye zihuriye i Karagwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.