Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in MU RWANDA
0
UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda wa Karongi-Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, ukunze kunyurwamo n’ibinyabiziga byerecyeza muri iyi Ntara, wari wabaye ufunzwe by’agateganyo kubera inkangu yabereye mu Murenge wa Gishyita, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amasaha macye uri gutunganywa.

Ifungwa ry’uyu muhanda ryatangajwe na Polisi y’u Rwanda kuri Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa bumenyesha abantu bakunze gukoresha uyu muhanda wa Karongi-Nyamasheke, Polisi y’u Rwanda yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi yateye inkangu mu Murenge wa Gishyita, ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke wabaye ufunze by’agateganyo.”

Uru rwego kandi rwatangaje ko imirimo yo gutunganya uyu muhanda yahise itangira kugira ngo wongere kuba nyabagendwa nk’uko bisanzwe.

Muri ubu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda, yasoje igira iti “Turabamenyesha umuhanda nuba nyabagendwa.”

14: 45′- UPADATE: Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Nyuma y’amasaha atatu, Polisi y’u Rwanda itangaje ko uyu muhanda Karongi- Nyamasheke wabaye ufunzwe by’agateganyo, ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko wongeye kuba nyabagendwa.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bwagiye hanze ku isaha ya saa munani na mirongo ine n’itanu (14:45′) bugira buti “Turabamenyesha ko ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke ari nyabagendwa.”

Muri ibi bice byo mu Ntara y’Iburengerazuba, hakunze kumvikana inkangu ziba mu bihe by’imvura, ndetse zikangiza imihanda, rimwe na rimwe igafungwa by’igihe gito kuko ibinyabiziga biba bitabasha kuhanyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Next Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.