Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in MU RWANDA
0
UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda wa Karongi-Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, ukunze kunyurwamo n’ibinyabiziga byerecyeza muri iyi Ntara, wari wabaye ufunzwe by’agateganyo kubera inkangu yabereye mu Murenge wa Gishyita, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amasaha macye uri gutunganywa.

Ifungwa ry’uyu muhanda ryatangajwe na Polisi y’u Rwanda kuri Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa bumenyesha abantu bakunze gukoresha uyu muhanda wa Karongi-Nyamasheke, Polisi y’u Rwanda yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi yateye inkangu mu Murenge wa Gishyita, ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke wabaye ufunze by’agateganyo.”

Uru rwego kandi rwatangaje ko imirimo yo gutunganya uyu muhanda yahise itangira kugira ngo wongere kuba nyabagendwa nk’uko bisanzwe.

Muri ubu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda, yasoje igira iti “Turabamenyesha umuhanda nuba nyabagendwa.”

14: 45′- UPADATE: Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Nyuma y’amasaha atatu, Polisi y’u Rwanda itangaje ko uyu muhanda Karongi- Nyamasheke wabaye ufunzwe by’agateganyo, ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko wongeye kuba nyabagendwa.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bwagiye hanze ku isaha ya saa munani na mirongo ine n’itanu (14:45′) bugira buti “Turabamenyesha ko ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke ari nyabagendwa.”

Muri ibi bice byo mu Ntara y’Iburengerazuba, hakunze kumvikana inkangu ziba mu bihe by’imvura, ndetse zikangiza imihanda, rimwe na rimwe igafungwa by’igihe gito kuko ibinyabiziga biba bitabasha kuhanyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Next Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.