Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in MU RWANDA
0
UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda wa Karongi-Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, ukunze kunyurwamo n’ibinyabiziga byerecyeza muri iyi Ntara, wari wabaye ufunzwe by’agateganyo kubera inkangu yabereye mu Murenge wa Gishyita, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amasaha macye uri gutunganywa.

Ifungwa ry’uyu muhanda ryatangajwe na Polisi y’u Rwanda kuri Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa bumenyesha abantu bakunze gukoresha uyu muhanda wa Karongi-Nyamasheke, Polisi y’u Rwanda yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi yateye inkangu mu Murenge wa Gishyita, ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke wabaye ufunze by’agateganyo.”

Uru rwego kandi rwatangaje ko imirimo yo gutunganya uyu muhanda yahise itangira kugira ngo wongere kuba nyabagendwa nk’uko bisanzwe.

Muri ubu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda, yasoje igira iti “Turabamenyesha umuhanda nuba nyabagendwa.”

14: 45′- UPADATE: Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Nyuma y’amasaha atatu, Polisi y’u Rwanda itangaje ko uyu muhanda Karongi- Nyamasheke wabaye ufunzwe by’agateganyo, ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, yatangaje ko wongeye kuba nyabagendwa.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bwagiye hanze ku isaha ya saa munani na mirongo ine n’itanu (14:45′) bugira buti “Turabamenyesha ko ubu umuhanda Karongi-Nyamasheke ari nyabagendwa.”

Muri ibi bice byo mu Ntara y’Iburengerazuba, hakunze kumvikana inkangu ziba mu bihe by’imvura, ndetse zikangiza imihanda, rimwe na rimwe igafungwa by’igihe gito kuko ibinyabiziga biba bitabasha kuhanyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

Next Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.