Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in MU RWANDA
0
Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Kigali wagaragaje ishusho y’ihuriro ry’imihanda rizaba riri Kicukiro Centre mu mushinga wo kwagura Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera, aho muri kariya gace hazaba hari umuhanda uca hejuru y’undi bikaba byarakozwe mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga wakundaga kuhagaragara.

Abakunze kunyura Kicukiro Centre bazi ibikorwa remezo biri gukorwa ahahoze amasangano y’umuhanda aho bamwe bahagera bakibaza niba hari kubakwa isangano ry’imihanda (Rond-Point) cyangwa ari imihanza izaba inyuranamo.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakuyeho uru rujijo bwerekana ishusho y’uko ririya sangano rizaba risa nirimara kuzura.

Uutumwa Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwanyujije kuri Twitter, bugira buti “Nk’uko biteganywa mu gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera uri kwagurwa ku bufatanye bw’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwikorezi RTDA n’Umujyi wa Kigali.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Muri uyu mushinga ihuriro ry’imihanda rya Kicukiro Centre riri kuvugururwa ku buryo ibinyabiziga bimwe bizajya binyura hejuru ibindi bigaca hasi mu rwego rwo kuhagabanya umuvundo kandi hitabwa ku bakoresha umuhanda bose, biteganyijwe ko imirimo izasoza mu mpera za Kamena 2022.”

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bagaragaje ko bashimishijwe n’imiterere y’iri huriro ry’imihanda ritari rimenyerewe mu Mujyi wa Kigali.

Munyakazi Sadate ukunze gukoresha Twitter, yashyize amafato agaragaza imiterere y’iriya mihanda, ayaherekesha ubutumwa bugira buti “Mutangire mwitoze uko muzajya mugendera muri iyi mihanda ya Kicukiro Centre.”

Munyakazi Sadate yakomeje ashima agira ati “Umujyi wa Kigali mukomereze aho muturi Imbere tubari inyuma. Ariko ngo na Roads Yamaha – Kinamba – Utexrwa – Kwa Ndengeye – Gacuriro – Nyarutarama – Poid lourd ngo umusibo n’ejo ejo bundi nkakabya inzozi?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Kigali: Umuyobozi wa Restaurant yafatiwemo abana 10 banyoye inzoga yatawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.