Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganiye kure imbwirwaruhame z’urwango zikomeje kumvikana mu bikorwa byo kwimamaza, avuga ko anahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibikorwa bihonyora uburenganizira bwa muntu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri DRC, Bintou Keita, yagaragaje ko ibiri kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biteye inkeke.

Yagize ati “Mpangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibikorwa by’ihohoterwa, ibyo kubangamira kwiyamamaza ndetse n’imbwirwaruhame z’urwango zivugirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza.”

Yakomeje avuga ko hamaze kugaragara ibikorwa byinshi bihonyora uburenganzira bwa muntu muri iki Gihugu cyitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Bintou Keita atangaje ibi nyuma y’iminsi micye Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi uri gushaka manda ya kabiri, yumvikanye yibasira u Rwanda n’Umukuru warwo Perezida Paul Kagame, amuvugaho amagambo yamaganiwe kure, kuko yumvikanamo urwango afite iki Gihugu cy’igituranyi n’umukuru wacyo.

Bintou Keita, muri ubu butumwa bwe, yakomeje asaba ko inzego z’ubucamaza gukurikirana abantu bakomeje kugira uruhare muri uru ruhuri rw’ibibazo bikomeje kugaragara muri Congo.

Akomeza agira ati “Ndahamagarira kandi abakandida n’ababashyigikiye kwirinda kwijandika mu bikorwa by’ihohoterwa no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro mu bikorwa byo kwiyamamaza.”

Yasoje ubutumwa bwe asaba abayobozi ba kiriya Gihugu, gushyiraho ingamba zo kwirinda icyahungabanya amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri iki cyumweru.

Iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigiye kwinjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu kimaze igihe kiri mu mvururu z’urudaca z’intambaga imaze igihe ihanganishije FARDC na M23.

Ni intambara yarushijeho gukara uko iminsi yagiye ishira, mu gihe hafashwe ingamba zigamije kuyihosha, ariko ubutegetsi bw’iki Gihugu bukaba bwaraziteye umugongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eleven =

Previous Post

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Next Post

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.