Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi Munyamakuru wari ukomeye mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Undi Munyamakuru wari ukomeye mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe Umunyamakuru Herman Ndayisaba wakoreraga RBA yitabye Imana, undi munyamakuru Celestin Ntawuyirushamaboko wakorega BTN TV na we yitabye Imana azize uburwayi.

Urupfu rwa Celetstin Ntawuyirushamaboko rwamenyekanye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022 nk’uko byagarutsweho na bamwe mu Banyamakuru bagenzi be.

Ntawuyirushamaboko yitabye Imana azize uburwayi aho yari arwariye mu Bitaro bya Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali.

Umwe mu banyamakuru bari gukurikira amakuru y’uyu mugenzi we witabye Imana, yabwiye RADIOTV10 ko yari amaze iminsi avuye mu bitaro nyuma yo koroherwa indwara yari amaranye igihe.

Ati “Nanjye numvise inkuru y’urupfu rwe birantungura kuko nari nzi ko yari aherutse kuva mu bitaro kandi yarorohewe.”

Ntawuyirushamaboko kandi kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022, yari yakoze inkuru ye ndetse ngo yanatambutse ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 14 Mata yongeye kuremba ari na bwo yahitaga ajyanwa mu bitaro bya Kibagabaga ari na ho yaguye.

Ubuyobozi bwa BTN TV bwababajwe n’urupfu rw’uyu munyamakuru wakoreraga iki Gitangazamakuru.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter y’iki Gitangazamakuru, ubuyobozi bwa BTN TV bugira buti “Turi mu mubabaro mwinshi wo kubamenyesha ko Umunyamakuru wacu Célestin Ntawuyirushamaboko yitabye Imana azize uburwayi mu ijoro ryo kuri uyu wa 14 Mata 2022 aguye mu Bitaro bya Kibagabaga. Imana imuhe iruhuko ridashira kandi ikomeze abasigaye!”

😭INKURU Y’AKABABARO😭
Turi n'umubabaro mwinshi wo kubamenyesha ko Umunyamakuru wacu Célestin Ntawuyirushamaboko yitabye Imana azize uburwayi mu ijoro ryo kuri uyu wa 14 Mata 2022 aguye mu Bitaro bya Kibagabaga.
Imana imuhe iruhuko ridashira kandi ikomeze abasigaye! pic.twitter.com/00OWKB4b11

— BTN TV RWANDA (@btntvrwanda) April 15, 2022

Celestin Ntawuyirushamaboko, ni umwe mu banyamakuru bari barambye muri uyu mwuga akaba yarakoreye ibitangazamakuru binyuranye birimo City Radio, Radio 1 na BTN TV yakoreraga ubu.

Yitabye Imana nyuma y’icyumweru kimwe undi Munyamakuru wari umaze igihe muri uyu mwuga yitabye Imana ari we Herman Ndayisaba wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, aho yitabye Imana tariki 07 Mata 2022 na we azize uburwayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Rayon Sports mu gahinda ko gupfusha uwayibereye umunyezamu wa mbere

Next Post

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.