Undi Munyamakurukazi ukunzwe wa Kiss FM yambitswe impeta imuteguza kurongorwa

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne d’Arc wa Kiss FM, yambitswe impeta n’umukunzi we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo, amusaba kumubera umugore undi ntiyazuyaza ahita amubwira YEGO.

Uyu munyamakurukazi ukunzwe kubera ibiganiro akora, yahishuye ibyo kwambikwa impeta ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru ubwo yanyuzaga ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga abwira abakanzi be iby’iyi nkuru nziza.

Izindi Nkuru

Ubu butumwa kandi; Cyuzuzo aboneraho gushimira umukunzi we wamuhisemo bakaba bagiye kwibanira anamushimira uburyo yamwiretse urukundo kuva batangirana uru rugendo.

Yagize ati “Ubu turagana mu rugendo rw’ubuzima bushya!! Ndagukunda Jaanu!!!  Warakoze guha agaciro ibyiyumviro byanjye kuva ku munsi wa mbere.”

Cyuzuzo yambitswe impeta nyuma y’igihe gito mugenzi we Bagwire Keza Joannah na we ukora kuri Kiss FM yambistwe impera n’umusore ubu banamaze gusezerana kubana.

Uretse kuba akora kuri Kiss FM, asanzwe anakorana ikiganiro gikunzwe muri iyi minsi kitwa Ishya gitambuka kuri Television Rwanda.

Cyuzuzo wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Royal FM, Isango Star na Radio 10.

Yamubwiye Yego
Yamushimiye agaciro yamuhaye kuva bamenyana
Cyuzuzo yatunguwe n’ibirori byo kumwambika impeta

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru